RFL
Kigali

Amerika- Adrien Misigaro waririmbanye na Meddy na The Ben yatangaje byinshi ahishiye abakunzi be

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:5/02/2016 19:58
7


Umuhanzi nyarwanda Adrien Misigaro uri kubarizwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA), wamenyekanye cyane kubw’indirimbo yakoranye na Meddy yitwa “Ntacyo nzaba” ndetse na “Nkwite nde” yakoranye na The Ben, kuri ubu yatangaje byinshi ahishiye abakunzi b’ibihangano bye.



Mu kiganiro na Inyarwanda.com Adrien Misigaro wari umaze iminsi ari mu ivugabutumwa mu gihugu cya Canada, yadutangarije ko uyu mwaka wa 2016 hari byinshi ateganya gukora mu muziki we. Mu byo yifuza gukora Imana imushoboje, ni ugushyira hanze alubumu ye ya mbere yitwa “Twarahuye” igizwe n’indirimbo 9.

Adrien yavuze ko mu byumweru 2 biri imbere,ateganya gushyira hanze amashusho y’indirimbo ye “Twarahuye” ari nayo izitirwa alubumu ye ya mbere. Ayo mashusho akaba yafashwe na Producer Cedru nawe ubarizwa muri Press One akaba ariwe ukora amashusho y’indirimbo z’abahanzi nyarwanda hafi ya bose baba ku mugabane wa Amerika ndetse na bamwe mu batuye i Burayi.

Ubu mfite alubumu igizwe n’indirimbo 9, ziri muri studio kwa Lick Lick, izasohoka muri aya mezi ari imbere. Muri zo hari  imaze kurangira nise twarahuye tumaze gufata amashusho na Cedru,niyo nzaba nshyize hanze in two weeks(mu byumweru bibiri) naho izindi zose zizazira hamwe. Adrien Misigaro

Adrien Misigaro

Umuhanzi Adrien Misigaro ahishiye byinshi abakunzi be muri uyu mwaka wa 2016

Kuba abahanzi nyarwanda baba muri Amerika bose baba bahanze amaso Lick Lick na Cedru, Adrien Misigaro avuga ko ari imwe mu mbogamizi bahura nazo mu muziki bakora kuko buri muhanzi wese aba afite imishinga myinshi ariko hakabaho gutinda. Ati “Inaha twagize ikibazo cya Producer, twese tuba dufite ama project twifuza kumurika ariko kugira ngo abirangize ni ikibazo,biragoye cyane.”

Adrien Misigaro ni umuhanzi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana watangiye kuririmba ahereye muri korali afite imyaka 10. Ku myaka ye 15 y’amavuko yaje kugirwa umuyobozi w’amajwi(conducteur). Kuririmba ku giti cye nk’umuhanzi, avuga ko yabitangiriye muri Amerika, kugeza ubu hashize imyaka 8.

Muri Amerika , Adrien Misigaro asengera mu rusengero rwitwa Gospel Restoration ariko akaba akunze gukorera muri Minisiteri yitwa New Song Ministry igizwe n’abaririmbyi baturuka mu matorero atandukanye.  Akibarizwa mu Rwanda, yasengeraga muri Wells Salvation Church ndetse ni naho asengera iyo yaje gusura imiryango ye. Abo mi muryango we benshi nabo niho basengera.

REBA HANO "NTACYO NZABA" YA ADRIEN MISIGARO YAKORANYE NA MEDDY






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Kabandize David 8 years ago
    Nindirimbo nziza cyane kandi ararimba neza kabisa imana imunfashe mubyateganya gukora
  • nelly8 years ago
    Woooow umugabo afite impano kabisa!! Turagushyigikiye!!
  • Ukuri8 years ago
    Ntakatubeshye si umunyadrisiarwanda ni umukongoman muwowokbwokbwa banyamulenge , ntiyigeze no murwanmurwandkuko bari barahungiye I ,ndamuzi yitwaga welcome none nta soni nbsonitngo ni umunyarwanda abantu bagiye baba proud yico ari bar cyo? Ubwo se kwiyita umunyarwanda bimumariye ik?
  • bisemmy8 years ago
    nonese wowe @Ukuri ko numva umuhamya ubweneguhugu niwowe wamubyaye? byibura iyo utubwira ko muvukana aho byarikumvikana
  • Grace ndhfhhf8 years ago
    wowe wiyisengo ukuri kuba arumu nyamulenge bigutwaye iki apfakuba arumuntu kuki mugira ivangura bigeze aho muza mureka racist bigeze aho komereza ho musore imana iguhe umugisha,
  • nelly 8 years ago
    Ariko narumiwe koko wowe kinyoma wiyita ukuri, umukongomani wo mu bwoko bwabanyamulenge?! Ufite ubwenge buke cyane uwa kunyereka ngo ndebe ko ubujiji uvuze bukugaragara ho! Gitwaza, Mbonyi, alarme, rehoboti, nabanyamulenge buzuye mwiki gihugu sabanyarwanda?! Wa njiji we nationality niki? Hari nabazungu babanyarwanda, umenya utarakandagiye mwishuri cyangwa ari ingenga bitekerezo yakurenze!!
  • nelly 8 years ago
    Ariko narumiwe koko wowe kinyoma wiyita ukuri, umukongomani wo mu bwoko bwabanyamulenge?! Ufite ubwenge buke cyane uwa kunyereka ngo ndebe ko ubujiji uvuze bukugaragara ho! Gitwaza, Mbonyi, alarme, rehoboti, nabanyamulenge buzuye mwiki gihugu sabanyarwanda?! Wa njiji we nationality niki? Hari nabazungu babanyarwanda, umenya utarakandagiye mwishuri cyangwa ari ingenga bitekerezo yakurenze!!





Inyarwanda BACKGROUND