RFL
Kigali

ADEPR: Polisi yataye muri yombi abayobozi 3 bashinjwa gucunga nabi umutungo w’itorero

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:3/05/2017 13:41
4


Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yataye muri yombi abayobozi batatu bo mu itorero rya ADEPR. Aba bayobozi barashinjywa gukoresha nabi umutungo w’itorero rya ADEPR.



Amakuru agera ku Inyarwanda.com avuga ko Madamu Mutuyemariya Christine ifite imari ya ADEPR mu nshingano ze ashinjwa kuterekana neza imikoreshereze y’umutungo w’itorero rya ADEPR,mu gihe bivugwa ko uyu mutungo unyerezwa n’abayobozi bakuru ba ADEPR ndetse hakaba hari abapasiteri bavuye muri ADEPR kubera kutemeranya n'uburyo umutungo w'iri torero ukoreshwa.

Amakuru atugeraho avuga ko nyuma y’itabwa muri yombi ry’aba bayobozi ba ADEPR, Bishop Tom Rwagasana umuvugizi wungirije wa ADEPR, wari uri hanze y’u Rwanda, yahise aza mu Rwanda kugira ngo agire ibyo abazwa ku mikoreshereze y’umutungo wa ADEPR. Ibibazo by'umutungo wa ADEPR byakunzwe kuvugwa kera aho abakristo bashinjaga Bishop Sibomana Jean na Bishop Tom Rwagasana kunyereza umutungo w'itorero, gusa byongeye kuvugwa cyane mu iyubakwa rya Dove Hotel.

Mu bayobozi ba ADEPR bari mu maboko ya polisi y’u Rwanda harimo na madamu Mutuyemariya Christine ushinzwe ubutegetsi n’Imari ndetse akaba n’umwe mu bayobozi batanu bakomeye muri ADEPR. Abayobozi ba ADEPR bari mu maboko ya Polisi nk’uko umuvugizi wa polisi y’igihugu , ACP Theos Badege yabitagarije itangazamakuru, harimo : Hari Eng. Sindayigaya Theophile;Umuyobozi Mukuru ushinzwe Imari, Gasana Valens n’uwitwa Mutuyemariya Christine ushinzwe ubutegetsi n’Imari muri ADEPR.

Mutuyemariya

Madamu Christine Mutuyemariya ni umwe mu bayobozi 5 bakuru muri ADEPR






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • emmy6 years ago
    twahereye kera twumva ko baturya nugerageje kuvuga akabizira .ubutabera nibukore akazi kabwo ukuri kumenyekane.
  • WaP6 years ago
    Ark ibya nabo nubujura gusaaa kdi bitwa KO bajya mumwuka ra!!
  • nzeyimana bahatishaban6 years ago
    birababaje cyane. gusa reka twumve icyo amategeko ateganya Nukuri kwabyo.Imana niyo nyiritorero.
  • emy6 years ago
    mwitonde mwese ngirango bigaragaye kuri bariya kuko babafiteho ubushobozi nonese abadepite ko bataka burigihe bikaburizwamo yewe murwanda abaryi nibenshi





Inyarwanda BACKGROUND