RFL
Kigali

‘Yesu aryoshye kurusha igisheke, amarindazi na mugo’ Clapton Kibonge mu ndirimbo nshya isekeje yise ‘Goût’

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:17/03/2017 9:24
4


Umunyarwenya Kibonge Clapton wamamariye cyane muri Filime Seburikoko yamaze gushyira hanze indirimbo nshya yise ‘Goût’ ivuga ko muri Yesu harimo uburyohe buruta uburi mu bindi byose abantu bibwira ko biryoshye.



Clapton Kibonge yabwiye Inyarwanda.com ko iyi ndirimbo ye nshya yayanditse ashaka kwereka abantu ko ari umuhanzi w’indirimbo zihimbaza Imana kuko mbere akora ‘Fata telefone Mana’ ngo hari abantu bamwibajijeho cyane bavuga ko adakora Gospel. Yagize ati ‘Iyi ndirimbo yanjye ‘Goût’ ni Gospel, ni indirimbo y’Imana ivuga uburyo Yesu aryoshye’.

Umva hano Goût indirimbo nshya ya Clapton Kibonge

Indi mpamvu yatumye yandika iyi ndirimbo ‘Goût’ ngo yifuzaga kumenyesha abantu ko kuba muri Yesu nta gihomba kirimo ahubwo ko ari uburyohe gusa. Tumubajije impamvu yakoresheje uburyohe bw’ibintu nk’amarindazi, ibisheke n’ibindi bitaza ku isonga mu biryoshye cyane kurusha ibindi byose, Kibonge yavuze ko intego ye yari ukugira ngo abantu baseke ariko banumve ko muri Yesu ariho hari uburyohe na cyane ko hari abatajya babiha agaciro.

Clapton yakomeje avuga ko na we abizi ko ubuki buryoha cyane ariko ko kuba atarabushyize muri iyi ndirimbo ye nshya ahanini yashakaga guha ubutumwa bwihariye urubyiruko kuko benshi usanga ngo bajya mu bidafite umumaro bakishuka ko ari byo bikwiye bakirengangiza gukora no gukunda ibyabagirira akamaro.

Fata Terefone indirimbo ye yakunzwe na benshi ngo amaze kuyiririmba mu nsengero inshuro zirenga 40. Iyi nshya yise ‘Goût’ nayo ngo hari insengero yamaze kuyiririmbamo ndetse yiteguye kuyiririmba henshi na cyane ko ngo ari indirimbo ikwiye gushimisha abakristo n’abatari abakristo. Clapton yakomeje avuga ko mu mpera z’uyu mwaka wa 2017 yifuza kumurika Album ye ya mbere y’indirimbo z’urwenya.

Umva hano Goût indirimbo nshya ya Clapton Kibonge

REBA HANO FATA TELEFONE MANA YA CLAPTON






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • 7 years ago
    Uyu nayobewe ibyo aba aririmba niba ari comedy yayikinnye ariko akarekw gusebya abahanzi
  • 7 years ago
    Ariko wamwana we nibyiza kuba ukora comedy mais byaba byiza ubikoze mubundi buryo udakoreshejemo Imana cg Yesu.ntabwo wafata Umwami wa Bami Imana Yubashwe uyigereranye nigisheke cg amandazi.uko nukurengera my dear na president wigihugu ntiwamukoraho iyo ndirimbo kuko umwubaha cg se umutinya.ariko Imana Iruta byose akaba ariyo uri kugereranya gutyo.ujye utekereza kubyo ukora sinon harimo kurengera
  • 7 years ago
    uruta benshi cyane rwose ahubwo se mwe muri kuvuga hasi ahubwo mugira amatwi yo kumva fata 4ne irimo message cyane uruta gahongayire uruta tonzi uruta patient uruta papa emile ahubwo se bahu ubundi bararirimba ra???cg rata iririmbire ibyo ushoboye peee ureke abaririmba ibyo badashoboye bakagirwa naza mudasobwa
  • Themz7 years ago
    Nyamara kibonge msg atanga zirafatika gsa umuntu adakurikiye neza, sha yasanga ari comedy gsa. System ni ukumva indirimbo ukayitindaho(uyitekerezaho), Clapton congz 2 Ur real Gospelz!





Inyarwanda BACKGROUND