RFL
Kigali

‘Kubita utababarira’, indirimbo nshya ya Theo Bosebabireba wakomoje ku bukene, inyatsi na karande-YUMVE

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:14/04/2017 17:04
3


Umuhanzi Theo Bosebabireba ukunzwe n’abatari bacye mu Rwanda no mu karere, yamaze gushyira hanze indirimbo nshya yise ‘Kubita utababarira’ ikaba yagiye hanze kuri uyu wa Gatanu tariki 14 Mata 2017.



Mu kiganiro na Inyarwanda.com Theo Bosebabireba yadutangarije ko iyi ndirimbo ye nshya irimo ubutumwa bwo gutabaza Imana kugira ngo yigaragarize abantu bugarijwe n'ibibazo bitandukanye birimo inyatsi, karande, ubukene, akarengane n’ibindi byugarije isi birimo indwara z’ibyorezo. Theo Bosebabireba yumvikana muri iyi ndirimbo aririmba aya magambo:

Kubita utababarira, yewe Mana ngwino urwane inkundura, ibigeragezo biri mu isi, akarengane kari mu isi, kuburara ukabwirirwa, ugashakisha ugashoberwa abandi barya bagasigaza, birababaje Mana we, kubita utababarira. Ibyo ngerageje gukora binca mu myanya y’intoki, nabona amafaranga akanca mu myanya y’intoki, nabaza ababibonye bakambwira ko ari inyatsi, nabaza aho zaturutse bati ni karande zo mu miryango. Nkubitira inyatsi na karande, izo zaranzengereje.

Image result for Umuhanzi Theo Bosebabireba

Umuhanzi Theo Bosebabireba yatabarije abari mu bibazo bitandukanye

UMVA HANO 'KUBITA UTABABARIRA' INDIRIMBO NSHYA YA THEO BOSEBABIREBA






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Ngabonziza6 years ago
    Ndashaka indirimbo zatewobosebabireba kuko ndamukucyanepeee!!!
  • 5 years ago
    UMEZUTE
  • Stephen nsenga1 year ago
    Ncaka idimbo za Theo bosebabireba.





Inyarwanda BACKGROUND