RFL
Kigali

Wabyemera utabyemera, njye na Denis (Rwasa) na Gaga (Ngenzi) nitwe twarebeye izuba abandi bakinnyi ba filime mu Rwanda – Willy Ndahiro

Yanditswe na: Mutiganda wa Nkunda
Taliki:24/06/2015 11:37
14


Willy Ndahiro, umukinnyi wa filime nyarwanda wamenyekanye cyane nka Paul muri filime Ikigeragezo cy’ubuzima, yemeza ko kugeza ubu we, Denis Nsanzamahoro (Rwasa), na Danny Gaga (Ngenzi) aribo barebeye izuba (babimburiye abandi) bakinnyi ba filime ba filime mu Rwanda.



Duhereye ku ifoto yashyize kuri Facebook irimo we, Denis Nsanzamahoro ndetse na Danny Gaga iherekejwe n’amagambo agira ati: “meet Rwanda’s pro actors” bishatse kuvuga ngo “hura n’abakinnyi ba filime b’abanyamwuga mu Rwanda” twamwegereye maze tumubaza icyo yashatse kuvuga, maze tumubaza niba aribo ba mbere koko bari mu Rwanda.

N’ubwo yatinze kutubwira ukuri kumurimo, aho yabanje guca hirya no hino avuga ko ari ifoto gusa yishyiriye kuri Facebook nta kindi ivuze, yaje kugeraho arerura avuga ko:

“Ubireba wese yabyanga yabyemera, abongabo nibo barebeye izuba abandi.”

N’ubwo avuga ko aribo babimburiye abandi, Willy yemeza ko kuri ubu umukinnyi yemera ari umukinnyi uba uzi ibyo ari gukora iyo ari imbere ya camera. Akaba avuga ko we, Denis na Gaga ntawe yabasha kuvuga ko ari imbere y’abandi kuko: “buri wese afite umwanya we, kuko  muri acting for film (gukina filime) hari hari antagonist (ukina ari umugome) na protagonist (ukina ari mwiza), ni ibintu 2 bitandukanye. Ushobora kubifatanya byombi, ni umuhanga ni na bake ku isi. Naguha urugero nka Ngenzi bamuziho kuba umugome, nanjye casting director hari uburyo anziho, urumva rero Ngenzi kuba njye byamugora, nanjye kuba Ngenzi byangora na audience byayigora kugira ngo ibyakire. Urumva rero ntabwo nakubwira ngo uyu niwe wa mbere, uyu ni uwa 2, you know.”

Muri iyi foto irimo Willy Ndahiro, Denis Nsanzamahoro, na Danny Gaga, Willy wayishyize kuri Facebook yemeza ko aribo baboneye abandi izuba

Tumubajije niba koko abona aribo ba mbere nk’uko yabivuze, Willy yagize ati: “Ntabwo navuze ko turi aba mbere, being a professionl actor (kuba umunyamwuga) ntabwo bivuze ko uri uwa mbere. Ntabwo ari wowe ushobora kwijudginga (kwishyira mu myanya), hari abakubona. Kuba professional actor bivuga ko hari urugendo wakoze, hakaba n’amasomo wafashe kugira ngo uhinduke umuprofessionel. Ntimubifate nk’aho navuze ko turi aba mbere, dushobora kuba turi aba mbere cyangwa se ntitube aba mbere, ariko ubireba wese yabyanga yabyemera, abongabo nibo barebeye izuba abandi. Bivuge ngo igihe bamaze hari ibyo bize, hari na experience bafite, yaba njyewe, yaba Denis yaba Gaga, “

Twababwira ko kuri ubu nyuma yo kumara imyaka igera kuri 2 atagaragara muri filime, Willy Ndahiro agiye kongera kugaragara muri filime Ikiguzi cy’amaraso izagera hanze mu minsi ya vuba.

Ese wowe ubona ari abahe bakinnyi ba filime ba mbere mu Rwanda?

Mutiganda Janvier






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • masaka8 years ago
    asyiiiiiiii mwaramaze
  • numviyabagabo yussuf8 years ago
    nabo ngabo gusa ushobora kongeramo ukina ari SEKAGANDA,KANYOMBYA...mba i rusizi
  • josephine8 years ago
    self confidence!murabambere kd urugendo ruracyari rurerure.gusa mubuzima hagomba kuba umwanzu n'umukunzi.gusa nababwira ngo *caurage*
  • 8 years ago
    Rwasa we, nturimo kuko uzi gushishura gusaaa!abazi film yitwa el diablo niyo mwiganye gusa cyakora mwakoze resume yayo da!paul nangenzi bo ni sawa kabisa
  • 8 years ago
    Hui
  • willy.Niyongabo8 years ago
    Yewe,nta n impamvu yo kubitindaho abo ngabo nyine n abambere bubatse izina muri film nyarwanda,abandi mbafata nk aba comediens gusa.
  • Kevin8 years ago
    Ibyo yavuze ni byo kuko ni bo babimburiye abandi bakinnyi bagerageza muri filimi nyarwanda ariko kugeza ubu mbona: 1. Fabiola 2. Manzi Bari gukataza mu kuzobera gukina filimi pe!
  • MARTHENS8 years ago
    GAGA rwose we ararenze nutemera urukwavu ajye yemera ko ruzi kunyaruka. chapeau bas.
  • Vestine8 years ago
    Ariko baba nabambere bazigukina film pe
  • rwandan in india8 years ago
    Rwose ntakabuza mwabaye abambere gukina ark ntabbuhanga mufite kuko urebye rwasa ni ntakigenda wowe willy ureba ukuntu wishe Anita kandi yari nnziza. Director wanyu ni umuswa cyane yakagombye kukwereka uko barira byibbuze GAGA we ni ummuhannga
  • crispin8 years ago
    ngenzi ni we mukinnyi wa 1 muri film nyarwanda
  • Spine8 years ago
    Sha,very good!!muri aba Professional,abahakana ngo Rwasa ntabizi bakwiye kongera gushishoza neza. Ni umu Professionnel cyaneee,ahubwo we na Ngenzi barabanza bakanikurikira kabisa. Na mugenzi wabo agakurikiraho. N'abakinnyi bakinnye muri Zirara zishya bose cyane cyane Gasega,Kanyamanza,Sekaganda,Samusure ndabemera. Ahubwo yarangiriye hariya???kuki nta kindi gice?????
  • UWIMBABAZI M.GRACE8 years ago
    Good!!!! none mbabaze muri muri concurrence cyangwa??? Yego muri abambere ariko kandi mwari mukwiye kwishimira ko mwabafashije gutambuka nta Film izaza iruta ikigeragezo cy'ubuzima mwakinye!iyo Gaga akina aseka aseka neza ariko Kubera amenyere gikina ari umubisha hari igihe bitamubera itegereze iyo foto washyizeho murimo gukina muri Anitha!Si non mukomereze aho turabakunda!!!!
  • 8 years ago
    paul urumuntu w'umugabo ibyo byo ni ukuri ark wibagiwe urubavu Aline





Inyarwanda BACKGROUND