RFL
Kigali

Urutonde rw'abanyarwanda 15 bazitabira amahugurwa ya Maisha Film Lab

Yanditswe na: Mutiganda wa Nkunda
Taliki:1/07/2014 10:46
0


Ku nshuro ya 4 amahugurwa yo kwandika filime ategurwa n’umuryango wa Maisha Film Lab agiye kuba mu Rwanda, akaba azaba mu gihecy’ iserukiramuco rya filime mu Rwanda rizaba riba ku nshuro ya 10, urutonde rw’abanyarwanda 15 bazaryitabira rukaba rwashyizwe ahagaragara.



Nk’uko tubikesha ikinyamakuru cy’uyu muryango, abanyarwanda 15 ba mbere batowe mu banyarwanda benshi bohereje ubusabe bwabo ni aba bakurikira:

1.Alexander Nyirinkwaya

2.Fabrice NIZEYIMANA

3.Israel DUSABIMANA

4.Jean Baptiste Nyabenda

5.Anis Ndayisaba

6.Sibomana Jules

7.Nicolas Impano Blaise

8.Yves AMULI

9.Safari Mugwaneza Placide

10.Roger Niyoyita

11.Ella Mutuyimana

12.Ishimwe Samuel

13.Frank Izere Mugarura

14.Ndimbira Claudine

15.BENKO Habimana Pluvier

Mu gihe cy’iminsi 8, hagati ya tariki 6 na 13 Nyakanga, aba banyarwanda bazaba bahabwa amasomo yo kwandika no kuyobora filime, maze ku musozo w’amasomo, umwe ufite inkuru ya filime nziza kurusha izindi azahabwe amadolari 2000 yo gutunganya iyi filime.

Abarimu bazatanga amasomo muri aya mahugurwa harimo, abanyamerikakazi Amy Boghani na Matthew Bell, abanyarwanda Joel Karekezi na Kivu Ruhorahoza, ndetse n’umunyakenya  Cajetan Boy.

Mutiganda Janvier






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND