RFL
Kigali

Ihere ijisho urugendo rw’abakinnyi ba filime muri Rwanda Movie Week mu majyaruguru - Amafoto

Yanditswe na: Mutiganda wa Nkunda
Taliki:21/03/2016 7:52
13


Kuri iki cyumweru tariki 20 Werurwe nibwo mu gikorwa cyiswe Rwanda Movie Week abakinnyi ba filime bahatanira igihembo cy’umukinnyi wa filime ukunzwe na rubanda bagiriye urugendo mu ntara y’amajyaruguru mu karere ka Musanze, aho bateraniye I Busogo.



Mu gikorwa cyahuruje imbaga y’abaturage bari baje kureba ibyamamare bya sinema bari basanzwe babona kuri televiziyo babibonera imbonankubone, kuri benshi bari bateraniye kuri station iri mu marembo ya Kminuza y’u Rwanda ishami rya Busogo bari biganjemo abana, abanyonzi n’abamotari, kuri benshi byari nk’inzozi.

Mu mafoto dore uko byari byifashe:

Mbere yo guhaguruka mu mujyi wa Kigali babanje gufata Selfie

Bamwe bamwitaga Siperansiya abandi Intare y'ingore, iyi ni imodoka yari igeze kuri Nyirangarama babonye Antoinette ntibihanganira gukomeza atabasuhuje

Manzi n'abafana be babaye nk'ababonekewe bakimubona

Uyu mugore yateze umunyonzi kugira ngo akurikire imodoka yari irimo aba bakinnyi

Abamotari n'abanyonzi biruka imbere y'imodoka yari itwaye aba bakinnyi ubwo yazengurukaga mu muhanda wo mu Byangabo.

 

Uyu yitendetse ku modoka yari itwaye abakinnyi agenda avuza Vuvuzella

Abantu b'ingeri zose bari batunguwe no kubona ibi byamamare iwabo

Nyuma yo kuzenguruka hirya no hino mu modoka biyereka abakunzi babo mu muhanda wa Byangabo werekeza Gisenyi, bagarutse kuri station iri imbere y'amarembo ya Kaminuza y'u Rwanda ishami rya Busogo maze batangira kwiyamamaza basaba abafana kubatora.

Imbaga y'abafana bari biganjemo abana bari baje kureba ibi byamamare

Uyu mugabo wambaye ikoti ry'ubururu yitwa Martin, ni umwe mu bavuga rikijyana mu murenge wa Busogo akaba afite uruganda rwenga ibinyobwa bizwi nka Romatym niwe wakiriye aba bakinnyi

Uyu mugabo wambaye ikoti ry'ubururu yitwa Martin, ni umwe mu bavuga rikijyana mu murenge wa Busogo akaba afite uruganda rwenga ibinyobwa bizwi nka Romatym niwe wakiriye aba bakinnyi

Jackson Mucyo, umuyobozi wa Ishusho Arts asobanurira abaturage icyo iki gikorwa kigamije

Aba bari bafite ibyapa byamamaza Kirenga Saphine, bati "Kantengwa in Seburikoko"

Abakinnyi bagiye bahabwa umwanya bakaganiriza abafana babo, ari nako babasaba kubatora

Abanyonzi n'abamotari bari baparitse ibinyabiziga byabo baje kureba ibi byamamare

Bafashe n'umwanya wo kubyinira abafana babo babereka ko uretse gukina filime no kubyina babibasha

Ubusanzwe bivugwa ko amanota ava muri ibi bikorwa byo kuzenguruka biyereka abafana afite agaciro kanini (45%) ku manota yose azahesha umukinnyi ukunzwe igihembo, gusa nk'uko byagaragaye muri iki gikorwa cya mbere ni uko bigoye kumenya ukunzwe kurusha undi kuko umukinnyi wese yabazaga abantu niba bamukunda ugasanga ababivuze kuri umwe nibo bongeye kubivuga ku wundi, gutyo gutyo... kandi nta bundi buryo bwagaragaye bwo kubara uku gukundwa.

Aha, Jackson Mucyo yabwiye umunyamakuru wa Inyarwanda.com ko n'ubwoo bose bai bishimiwe ariko batanganyije. Aha yagize ati, "Nibyo bose bishimiwe ariko ntabwo bingana ku buryo ababigenzuraga bitabagora kumenya uwishimiwe kurusha abandi."

N'ubwo iki gikorwa kitwa Rwanda Movie Week, nta wundi munsi uteganyijwe muri iki cyumweru ukorwamo igikorwa nk'iki cyabaye ejo, gusa Jackson akaba yabwiye umunyamakuru ko kuwa 4 cyangwa kuwa 5 hazaba igikorwa cyo guhuza ibi byammare n'abandi bantu basanzwe muri sinema nabo bagatoramo abo babona bakwiye iki gihembo. Biteganyijwe ko umuhango wo gutanga ibi bihembo uzaba kuri uyu wa 6 tariki 26 Werurwe kuri Serena Hotel.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • kamari8 years ago
    mwiriwe nibyiza baratwiyeretse ariko niba ibyo nabonye uriya mugabo wamakote yu bururu yakoze byemewe mwaba murimo kwisubiza inyuma nigute umutera nkunga wanyu afata abanyonzi naba motari akababwira ngo mufane uyu simvuze uwo ya yamamaje ariko nshatse namuvuga ariko reka mbe muretse nzarebe amaherezo yanyu kuko mfite ibimenyetso 100% arimo gutanga amafaranga arino kuvuga ijambo ryuko babikora rero muzarebe kure mutaziyicira izina
  • diane 8 years ago
    wawwww byiza ariko rwose iyo kirenga arayikwiye kuko yarakoze cyaneeeeeeee ndabona nabana bo mucyaro bamuzi nibyiza pe
  • Ramadan8 years ago
    Jackson Mucyo igikorwa ukora nikiza ariko utiya mutera nkunga wawe nabonye utanga amafaranga ngo bampamaze umukinnyi umwe akabikora tunareba abaturajye sibyiza nabonye baje ndahaguma ngo mbarebe ariko uriya mugabo ibyo yakoranga nabonaga bidakwiye ni Ramadan ndi rubavu
  • Serindwi Laurent8 years ago
    njye nagiha KIRENGA SOPHIE
  • Serindwi Laurent8 years ago
    njye nagiha KIRENGA SOPHIE
  • Danatha8 years ago
    ubundi ibi nibyo bitwereka umukinnyi ukunzwe aho ajya imbere yabo tukakubona mureke biriya byo gutira kuri internet assia arara yicaye muri hotel yacu arimo guterekaho amajwi ngo arakuzwe wabona kandi muyimuhaye ngo afite AMAjwi menshi arara yicaye ayaterekaho ngo arakuzwe muzarebe ukuzwe apana uterekaho amajwi
  • kamanzi 8 years ago
    hahhh rata assia nawe ni feke araterura agaterakaho nu mubare mu Rwanda tudafite ngo yaratowe buriya niba yari yabonye kata akoresha yashyira amajwi make nawe yariraburije kabsa ubwose yakoze iki gituma ariwe utorwa bigana kuriya hhhhaaaa assia urumwana kabsa abakugiriye inama baragushutse
  • maman diane 8 years ago
    ubundi tuvanyeho za kata tutanyuze kure uyu mwaka kirenga yarakoze pe ariko nhaza kata nkizabereye mu byangabo uwo mukobwa ngo ni assia bazayimuha
  • ufitimana 8 years ago
    nitwa ufitimana ndabaza ko twabonye abakinnyi nibyiza ese biremewe ko umuntu witwa umutera nkunga atanga amafaranga ngo bafashe umukinnyi ?
  • saro 8 years ago
    ikipe itsinda iragaragara kirenga ariranga peeee kdi aragikwiye
  • Kayiranga Egide8 years ago
    kabs turabemera
  • Muhire 8 years ago
    ariko noneho ndumiwe,Niko ninde wakunzwe cg abaturage bishimiye kuruta MANZI NA FABIOLA? abo Bose bo hepho muvuga ngo ba Kirenga ngo ba ASSIA ni amarangamutima yanyu kdi ntitwababuza kubafana gusa iyi Award idahawe MANZI NA FABIOLA bizaba induru ntago twabyemera,naho koko Niba hari uwafashe abanyonzi naba MOTAL akabaha amafranga ngo bafane umuntu byaba binateye isoni uretse no kuba bisecyeje,ndacyeka niba abafana barabibonye ababishinzwe kubitegura batarabibonye byaba ari ukwigiza nkana ubwo nabo baba bamushyigikiye kdi sibyaba ari intsinzi ye yaba ari impano bamwihereye atarabikoreye,Ahaaaaa nyamara muge mwirinda amarangamutima cyane cyane kubategura igikorwa
  • Wisebanya8 years ago
    Mwirinde gusebanya ninde uyobewe ko abamotzri nabanyonzi bifashishwa muburyo bw'irarika .iki gikorwa bagiherewe amafaranga kgo bararike urubyiruko uwavuga ibindi yaba afite ibindi ararikiye kko gutora bikorwa kumatelefoni cyangwa kuri internet .ikindi njye wari uhari mbere yuko bakora urugendo uwo muterankunga yabanje kumvikana nabanyonzi nabamotari igihembo bahabwa kugirango bararike abaza kureba abahanzi ba movie art.





Inyarwanda BACKGROUND