RFL
Kigali

Urugaga rwa sinema nyarwanda rurasaba inkunga y’ibitekerezo

Yanditswe na: Mutiganda wa Nkunda
Taliki:2/09/2015 12:51
6


Urugaga nyarwanda rwa sinema ruri gukusanya ibitekerezo by’abakora sinema mu rwego rwo gushyira hamwe ibyo abantu bifuza byazagenderwaho mu biganiro uru rugaga ruteganya kugirana n’inzego za Leta zifite aho zihuriye n’iterambere rya sinema.



Ni mu rwego rwo kwitegura ibiganiro mu minsi iri imbere bigiye kujya bihuza uru rugaga n’ibigo ndetse na za minisiteri zifite aho zihurira n’iterambere rya sinema nyarwanda, mu rwego rwo kurebera hamwe icyayiteza imbere biturutse kuri buri rwego.

Ese izi nzego zirebana n’iterambere rya sinema ni izihe? Ni iki cy’umwihariko buri rwego ruzamarira uru ruganda?

Nk’uko uru rugaga rubitangaza, muri izi nzego harimo Minisiteri y’ubucuruzi (MINICOM), ikaba yitezweho korohereza abakora filime mu Rwanda mu bijyanye n’ubucuruzi, mu kubashakira no kubahuza n'abashoramari barimo na za Banki.

Minisiteri ya Siporo n’umuco, yitezweho gushyiraho amategeko agenga ibikorwa bya sinema nyarwanda naho Polisi y’igihugu ikaba yitezweho gufasha mu kuyarengera no kuyashyira mu bikorwa, by’umwihariko mu kurengera umutekano w'ibihangano no mu kurwanya piratage, mu gihe ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro cyo cyitezweho mu gushyiraho amategeko anoze agenga imisoro muri sinema, ikigo cy’igihugu cy’imirimo ifitiye igihugu akamaro (RURA) cyo kigashyiraho ibirango by'ubuziranenge bya sinema mu Rwanda, naho urugaga rw’abikorera (PSF) rugafasha sinema mu gushaka amasoko n'amahugurwa mu rwego rwa ba rwiyemezamirimo.

Bwana Ismael Ntihabose, niwe muyobozi w'urugaga nyarwanda rwa sinema

Ibi bitekerezo byifuzwa n’urugaga byaturuka mu bakora sinema ndetse n’abanyarwanda bayikurikirana bafite uko bifuza iterambere ryayo, harimo kumenya icyasabwa buri rwego cyateza imbere sinema nyarwanda, igihe bibaye ngombwa ko haboneka inguzanyo cyangwa imfashanyo igenewe sinema uwo yahabwa, uburyo yatangwa ndetse n’igihe yakwishyurwa n’inyungu yashyirirwaho (ku nguzanyo), n’ibindi.

Ushaka gutanga igitekerezo kuri izi ngingo ndetse n’izindi wifuza, ushobora kukigeza ku biro by’urugaga rwa sinema aho rukorera kuri rond point nini  mu mujyi wa Kigali, cyangwa ukandika igitekerezo cyawe kuri email: rwandafilmfederation@gmail.com

Bwana Ismael Ntihabose, akaba umuyobozi w’uru rugaga yatangarije umunyamakuru wa Inyarwanda.com ko ibi babikoze mu rwego rwo guha umwanya buri muntu wese ufite igitekerezo yumva cyateza imbere sinema nyarwanda kugitanga, bikaba aribyo bizajya bishyirwa imbere muri ibi biganiro.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Nati8 years ago
    Uko mubivuga abe ari nako mubishyira mubikorwa.nibikurikizwa ntacyizatuma Cinema yacu idatera imbere.
  • 8 years ago
    niba film zisobanuye zikunzwe mureke arizo zirebwa ubwo ntimuzi ibyo mukora cg mushyire ingufu mubyo mukora muhindure quality ya products zanyu kuko nta quality ntana standards ibiri muri cinema ni ibyo tuba twumvise muri theatre kuwa 2 nimugoroba , my view improve your quality murebe ukuntu abantu bazigura, naho guca izisobanuye hari izibitse nyinshi cyane mutamara kandi mutasiba , abazikunda bakomeza kuzireba kuko zigihari mwizamura conflict n abazisobanura kuko ndakeka zitunze benshi kurusha ibyo cinema nyarwanda zitunze , mutekereze kure mureke kwikunda
  • kalisa8 years ago
    ibyo byo nibyiza pe naho ubundi ibyo guhagarika agasobanuye byo byaribyatubabaje cyane
  • BATAMULIZA8 years ago
    NONEHO BABERA BAVUZE NEZA MUBISHYIRE MUBIKORWA MUTUREKERE YANGA WACU NAGASOBANUYE KABO
  • Student USA 8 years ago
    Yes! this is a good start! rwose baguhe ibitekerezo , ndakwibuka muri America kuri my university ubwira abanyushri na stuff muri hall ko cinema y' u RWANDA IRIKWIYUBAKA kdi IGIHE SI KININI CYANE MUZABONA SINEMA NZIZA ZIVUYE MURI 1000 HILLS COUNTRY ''films with an identity'' ariya magambo yaduhaye ishema twe abanyeshyuri b' anyarwanda including of other African diaspora's! bumvise dukoma amashyi! well and good baguhe ibitekerezo natwe dutegereze! gusa nabonye ufite sharp mind! uzanafashe institutions za Islam mu rwanda kwiyubaka as they really seems to.....they need people like u! so ntuzagarukire muri Cinema industry. our government ikunda kujya Inama and hopefull ko twe tuzataha byarabaye byiza! then tukaza tumaze kwigaho no gukora Films then tuzawugire umwuga natwe why not!
  • roger8 years ago
    izo sinema zanyu ntaho zihuriye nagasobanuye, ahubwo mureke gutesha umutwe abishingiye umwuga wabo wo kutunezeza mu kinyarwanda. ahubwo muvugurure ayo matiyatere yanyu maze muge ku isoko muhangane nkabacuruzi apana gufunga bimwe ngo ibindi birebwe kungufu





Inyarwanda BACKGROUND