RFL
Kigali

Umukinnyi wa filime Saphine Kirenga yatunguwe bikomeye n'abakozi bakorana ku isabukuru ye y'amavuko - AMAFOTO

Yanditswe na: Mutiganda wa Nkunda
Taliki:26/09/2014 10:07
11


Ku mugoroba wo kuri uyu wa 4 kuwa 25 Nzeli, umunsi umukinnyi wa filime Saphine Kirenga yizihizagaho isabukuru y’amavuko, bagenzi be b’abaganga bakorana ku bitaro bya Kibagabaga bamutunguye bikomeye maze bifatanya nawe mu kwizihiza uyu munsi ukomeye mu buzima.



Remy, umwe muri aba bagenzi be niwe wateguye iki gikorwa maze amubeshya ko ashaka ko basangira Fanta, ariko akaba yari afite umugambi wo kumusanga mu rugo maze akaba ariho bamutungurira.

Saphine Birthday

Ahagana ku isaha ya saa moya nibwo Remy na bagenzi be bageze mu rugo kwa Saphine Kirenga Kicukiro, ariko mbere Remy akaba yari yamubwiye ko yamusanga Kicukiro Centre maze bagasangira dore ko ari na hafi y’aho atuye.

Mu gihe Saphine yari agiye koga ngo ajye kunywa iyo Fanta, Nathalie yamubeshye ko ataye telefoni ye mu musarane n’amarira menshi maze Saphine nawe agira ngo nibyo agiye kureba yakirizwa ibase yuzuye amazi n’indirimbo zimwifuriza isabukuru nziza.

Saphine Birthday

Aha yageragezaga gukwepa amazi ariko aranga aramufata

Saphine Birthday

Saphine Birthday

Yatunguwe bikomeye mu bintu atigeze atekereza ko byamubaho

Ntiyigeze yiyumvisha ibyamubayeho

Umutsima w'isabukuru yari yateguriwe n'inshuti ze wari wanditseho "Happy Birthday Kirenga"

Buri wese yamusigaga umutsima mu maso

Afashijwe na Nathalie Mukarugira bakaze umutsima

Yafashe umwanya asangira umutsima n'abari baje kwifatanya nawe

Mu ijambo rye, Saphine yashimiye bagenzi be batekereje kwifatanya nawe kuri uyu munsi, dore ko we nta gahunda yo kuwizihiza yari afite dore ko yari ari kwitegura kujya kunywa iyo Fanta Remy yari agiye kumugurira maze agahita ajya kurara izamu kwa muganga.

Mubo yasangiye nabo uyu munsi mukuru harimo n'abana bato

Yagize ati: “murakoze cyane, ndabashimiye mbikuye ku mutima kuko munyeretse ko muri inshuti zanjye kandi ndabakunda. Dukorana byinshi, tubana buri munsi ku kazi ariko siko abantu mubana bose batekereza kugukorera ibintu nk’ibi. Ndabakunda cyane pe!”

Mu kiganiro n’inyarwanda.com, Remy ari nawe wapanze iyi gahunda yadutangarije ko ibi ari ibintu basanzwe bakora mu ikipe yabo aho iyo mugenzi wabo yagize ibirori nk’ibi bamutungura bakifatanya nawe mu kubyizihiza.

Remy wateguye iki gikorwa ari kumwe na Nathalie wafashije cyane kugira ngo kigerweho

Remy ati: “Ibi ni ibintu dusanzwe dukora mu ikipe dukorana, kuko burya akazi dukora ni akazi kagoye, rero iyo tubonye umwanya nk’uyu turawishimira. Gusanga umuntu mu rugo tukamutungurirayo, ni ukugira ngo tumwereke ko turi kumwe nk’inshuti, kandi tumuzirikana nk’abavandimwe.”

Nyuma yo gusangira umunsi mukuru w'isabukuru ye y'amavuko, bafashe agafoto k'urwibutso

Mutiganda Janvier






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • O9 years ago
    Ngo ubasi yuzuye amazi,?!ibyo rwose harimo ubuturage.
  • bosco 9 years ago
    Murabantu babagabo pe mwarakoze kuhatubera murinshuti nziza
  • bosco 9 years ago
    Murabantu babagabo pe mwarakoze kuhatubera murinshuti nziza
  • Rukeramihigo amur9 years ago
    nibyizap!!!!!
  • 9 years ago
    nukuri.nibyizape!!!
  • 9 years ago
    Nibyiza cyane.
  • odotte9 years ago
    woawwww!Happy late b day Kirenga,ariko janvier ndakwemeye cyane kabisa nkubu ababantu wabafatishije ute?inyarwanda turabemera kunkuru ziba zishyushye nkizi
  • Jean Paul 9 years ago
    Ese ni wamukobwa?umva waranye muri Rwasibo film urakina birenze,naragukunze muri SAKABAKA ariko bigeze muri RWASIBO numva naguha igihembo nubwo ukina uri umucuyi ariko ukina neza, ngahi kura uge juru mama,natwe turagukunda
  • Gakunzi Luck9 years ago
    mubakobwa bo muri cinema uyu mukobwa niwe ndeba iyo ndi kureba Film arimo nkumva nagumya kumureba,afite ijwi Mana yange ririya jwi rizatuma bamwe twifuza nukuri,cyokora Ndamukunda peee kdi azi no gukina neza cyane
  • Davide 9 years ago
    nshingiye kubyo mbonye ndumva Ibya Saphine na Dr Remy nabyo birimo tena, inyarwanda mudushakire amakuru neza muyatohoze ko aha hantu ntakibyihishe inyuma.
  • Gakunzi Luck9 years ago
    mubakobwa bo muri cinema uyu mukobwa niwe ndeba iyo ndi kureba Film arimo nkumva nagumya kumureba,afite ijwi Mana yange ririya jwi rizatuma bamwe twifuza nukuri,cyokora Ndamukunda peee kdi azi no gukina neza cyane





Inyarwanda BACKGROUND