RFL
Kigali

Umukinnyi wa Filime Kayumba Vianney (Manzi) Nyuma y’igihe ataboneka yamaze kwinjira mu muziki

Yanditswe na: Ndayisaba Ben Claude
Taliki:17/08/2016 16:31
3


Umukinnyi wa Filime Kayumba Vianney wamenyekanye cyane ku izina rya Manzi nyuma y’igihe ataboneka yamaze kwinjira mu muziki aho kuri ubu amaze kurangiza zimwe mundirimbo yahimbye akaba anakomeje gukora n’izindi nyinshi.



Kayumba Vianney ni umwe mu bakinnyi ba filime nyarwanda wamenyekanye cyane muri filime Amarira y’urukundo aho akina muri iyi filime nk’umwe mu bakinnyi b’imena b’iyi filime, uretse Filime Amarira y’urukundo yakinnyemo yakinnye no muzindi  filime nyinshi zitandukanye aho twavuga nka Filime yitwa Ruganzu, Sofia, Urukiko , Intare y’ingore n’izindi.

Nyuma y’igihe kinini benshi bibaza aho aherereye doreko hashize igihe nta filime n’imwe agaragaramo, yatangarije Inyarwanda.com ko ntaho yagiye ahari n’ubwo atagaragara muri filime ariko n’ubundi ari mu bikorwa bifite aho bihuriye na Sinema, aho yagize ati,”Ntaho nigeze njya ndahari yego n’ubwo badaheruka kumbona muri filime ariko kugeza ubu ndahari kandi ndi muri Sinema cyane ubu ndimo kwigisha ibijyanye na Sinema muri Kigali Film and Television School aho nigisha ibijyanye n’ikorwa rya Filime, urumva rero ko Sinema ntayitaye ahubwo nyirimo cyane”

Kayumba wamaze kwinjira no mu muziki aha yararimo gufatwa amajwi y'indirimbo

Tumubajije ibijyanye no kuba yinjiye mu muziki yagize ati,” Nibyo hari indirimbo ndangije gukora zanjye niyandikiye ndetse na n’ubu harizo nkirimo gutunganya, ariko zose uko naziririmbye n’izihimbaza Imana rero ntabwo ndimo gukora izindirimbo murwego rw’ akazi ahubwo ndimo kubikora kuko mbikunze.”

Kayumba yemeza ko izi ndirimbo arimo gukora ziri bugere ku bakunzi be vuba cyane, naho kubijyanye na filime azagaragaramo yadutangarije ko bitarenze mu kwezi kwa 10 hazaba hasohotse Filime nziza kandi yakinnyemo.

Kayumba Vianney na Mutoni Assia bagiye kongera guhurira muri Filime imwe

Kuri ubu iyi filime irimo gutegurwa nk’uko yabitangaje, akaba azakinanamo na Ndayizeye Emmanuel  yise mukeba we kubera ku mutwara igikombe muri Rwanda Movie Award, Iyi filime izagaramo aba basore bahanganye Manzi akazayigaragaramo yitwa Matayo.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • duncan7 years ago
    wooww!! vrmnt manzi uri mabakinnyi bâ filme nyarwanda bafise impano!! ngukundirako usa na Drogba!!!!!!
  • 7 years ago
    Aba bana rwose baraberanye. Ariko ndabona bizarangira bikundaniye by'ukuri bikava murukundo bakina narwo muri film maze bigasobanuka neza mu rukundo nyarwo. Twazabutaha nkabwabukwe bwa Knowless na Clément da, n'abatatumiwe twaza kuko turabakunda cyaaaane.
  • Uwiragiye Charlotte7 years ago
    Shimwa mana Manzi wakoze byiza cyane.





Inyarwanda BACKGROUND