RFL
Kigali

U Rwanda rugiye kwitabira inama nyafurika ku iterambere rya sinema

Yanditswe na: Mutiganda wa Nkunda
Taliki:9/11/2015 8:44
3


Kuri uyu wa kabiri yariki 10 Ugushyingo mu mujyi wa Lagos muri Nigeriya harateranira inama nyafurika ku iterambere rya sinema, ikaba yarateguwe n’ishyirahamwe nyafurika rya sinema ku (Africa Film Consortium.)



Iyi nama ifite insanganyamatsiko igira iti, “Towards Sustainable Business Framework for African Cinema” tugenekereje mu Kinyarwanda bikaba ari , “Kugana ku bucuruzi burambye bwa Sinema nyafurika.”

Iyi nama izabera mu iserukiramuco rya filime rya Africa International Film Festival, izitabirwa n’abantu banyuranye bafite aho bahuriye n’iterambere rya filime mu bihugu byabo, u Rwanda rukaba ruhagarariwe na Ismael Ntihabose, umuyobozi w’urugaga nyarwanda rwa sinema.

Ismael Ntihabose niwe uhagarariye u Rwanda muri iyi nama

Ubwo yajyaga guhaguruka I Kigali yerekeza I Lagos ku gicamunsi w’iki cyumweru, Ismael yabwiye umunyamakuru wa Inyarwanda.com ko bishimiye gutumirwa muri iyi nama nk’u Rwanda, kuko iyi nama ari inama y’ingenzi izageza byinshi kuri sinema nyarwanda.

Ismael yagize ati, “ni ibintu byo kwishimirwa, kubona federation aribwo ikijyaho igatangira kwemerwa no gutumirwa mu nama z’ingenzi ku mugabane wa Afurika ni ibintu byo kwishimirwa cyane.”

Ese u Rwanda rwiteze iki muri iyi nama?

Ismael ati, “Icyo twiteze muri iyi nama ni uko nshaka ko ibyo tuza kuganira n’abaraba bahari, ariko uko twareba uburyo dushyiraho isoko rya filime ku mugabane wa Afurika wose. Rikagira amashami mu bice bitandukanye bitewe n’uturere, niba twe turi muri Afurika y’ubuasirazuba tukagira isoko ryacu riduhuza, abo muri Afurika y’amajyepfo, iburengerazuba, abo muri Afurika y’abarabu, bikaba uko. Ibyo bice byose rero bikagira aho bihurizwa mu isoko rigari rya sinema ku mugabane wose. Ibyo bizatuma dukorana byoroshye n’isoko ryo muri Aziya, mu Burayi, ndetse no muri Amerika dore ko ayo masoko yo yateye imbere. Ibyo bizagira inyungu zikomeye kuri sinema nyarwanda.”

AFC

Iyi nama y’umunsi umwe, izasozwa hafashwe imyanzuro yo guteza imbere isoko rya sinema nyafurika, abazatangamo ibiganiro hakaba harimo Hon. Ama Tutu Muna wahoze ari minisitiri w’ubuhanzi,ubugeni n’umuco muri Kameruni na Prof. Hygenius Ekwuanzi, bazunganirwa na Ismael Ntihabose uhagarariye u Rwanda, Terrence Khumalo uhagarariye Afurika y’epfo, Hope Nyongo akaba umushoramari wa banki Nexim, Kunle Afolayan akaba akora sinema muri Nigeriya, n’abandi.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Yves Iyaremye8 years ago
    iyi nama ije ikenewe,cyane gusa abanyarwanda dukwiye kubanza kubaka isoko ryacu kuko biragoye kubaka international market utarashobora national market.cyakora dutegereje ibizavamo
  • gasabo district8 years ago
    Courage rwose twemera imikorere yawe yo gusa bugufi! wenda ntabyo uzi! iyi cinema yacu imaze imyaka myinshi yitirirwa bamwe haba iwacu no hanze y'u Rwanda! guhera muri 1991 njye nakoraga uyu mwuga ariko sinakubeshya ibi byo gukora Federation ntago nigeze mbitekerezaho ko byakunda kuko numvaga bitoroshye! guhuriza hamwe abakora sinema Dore ko na ministere indushimzwe tutabeshyanye byarikuba byarayinaniye! wowe uvutse ejo ubundi uraje ngo dushyireho Federation!! n'uwo mbajije niko abimbwira! njye nabagenzi banjye duftanyije na ministere ya sport twabigeregeje inshuro nyinshi byanga ari Mininster bayigamba arabizi na Amb Joe twabivuganyeho kenshi bukuntu twabishatse bikanga! none ubu ngo ugiye kureba uko hajyaho isoko rya cibeams k urwego rwa Africa??? cyakora wa sha untera kukwibazaho cyane! ntago Society uturukamwo tuyiziho ubunararibonye (umbabarire kubivuga gutyo kuko akenshi abantu benshi tubaziho gucuruza no gufata ka kacyayi gusa) cyakora ndabona wowe rwose ufite ubu nararibonye! komerazaho pe! uzirinde ibyo abandi musingiye Society bakora kuko Society yanyu akenshi ikunze kugira ikibazo cy imyumvire yo hasi pe! kdi rwose uzabagire Inama doreko twumva ko bamwe muribo batangiye kugira imyumvire mibi kdi isenya! Imana ikurinde! uzagire ibihe byiza! nugaruka.
  • gasabo district8 years ago
    Courage rwose twemera imikorere yawe yo gusa bugufi! wenda ntabyo uzi! iyi cinema yacu imaze imyaka myinshi yitirirwa bamwe haba iwacu no hanze y'u Rwanda! guhera muri 1991 njye nakoraga uyu mwuga ariko sinakubeshya ibi byo gukora Federation ntago nigeze mbitekerezaho ko byakunda kuko numvaga bitoroshye! guhuriza hamwe abakora sinema Dore ko na ministere indushimzwe tutabeshyanye byarikuba byarayinaniye! wowe uvutse ejo ubundi uraje ngo dushyireho Federation!! n'uwo mbajije niko abimbwira! njye nabagenzi banjye duftanyije na ministere ya sport twabigeregeje inshuro nyinshi byanga ari Mininster bayigamba arabizi na Amb Joe twabivuganyeho kenshi bukuntu twabishatse bikanga! none ubu ngo ugiye kureba uko hajyaho isoko rya cibeams k urwego rwa Africa??? cyakora wa sha untera kukwibazaho cyane! ntago Society uturukamwo tuyiziho ubunararibonye (umbabarire kubivuga gutyo kuko akenshi abantu benshi tubaziho gucuruza no gufata ka kacyayi gusa) cyakora ndabona wowe rwose ufite ubu nararibonye! komerazaho pe! uzirinde ibyo abandi musingiye Society bakora kuko Society yanyu akenshi ikunze kugira ikibazo cy imyumvire yo hasi pe! kdi rwose uzabagire Inama doreko twumva ko bamwe muribo batangiye kugira imyumvire mibi kdi isenya! Imana ikurinde! uzagire ibihe byiza! nugaruka.





Inyarwanda BACKGROUND