RFL
Kigali

Rutabayiro Eric uhagarariye abakinnyi ba Filime akaba n’umutoza w’igihugu ya Kungufu yerekeje mu Bushinwa

Yanditswe na: Ndayisaba Ben Claude
Taliki:12/08/2016 15:43
3


Ubusanzwe Rutabayiro Eric ni umukinnyi wa filime nyarwanda wagiye akina muri filime nyishi zitandukanye ariko akaba yaramenyekanye cyane muri filime Pablo aho yakinnye nk’ umukinnyi wayo w’imena. Uretse kuba umukinnyi ni nawe muyobozi w’iri huriro ry’abakinnyi ba filime akaba n’umutoza mu kuru w’Ikipe y’igihugu ya Kungufu.



Rutabayiro Eric werekeje muri iki gihugu cy’ u Bushinwa, kongera ubumenyi mu bijyanye n’umikino wa Kungufu, aho asanga hari na byinshi azungukira muri iki gihugu bijyanye n’umwuga wa Sinema. Mu kiganiro yagiranye na Inyarwanda.com yadutangarije ko kuri ubu yamaze kugera muri iki gihugu aho agiye kwiga mu ishuri ryitwa 'Tianjin Huo Yuanjia Civil and Military School', aho azahamara amezi agera kuri atatu akazagaruka mu kwezi kwa 11 k’uyu mwaka wa 2016.

Tumubajije  niba nta mpungenge afite zo kuba asize inshingano ze mu bijyanye no kuyobora ihuriro ry’abakinnyi ba filime, akaba agiye kumara  aya mezi yose atabakurikitrana yavuze ko nta mpungenge afite kuko abo bayoborana asize bazahamubera kandi akaba yizeye ko nta cyuho kizahaba. Yagize ati,

Nta mpungenge mfite bitewe n’uko nsize abantu bakomeye n’ubundi dusanzwe dufashanya mu kuyobora iri huriro, ubundi twe abayobozi b’iri huriro dusanzwe dufatanya muri byose iyo havutse ikibazo cyangwa icyaricyo cyose kigomba gukorwaho nkuko bisanzwe tujya inama tukigira hamwe ,tukareba icyo dukora twese dufatanyije rero ntakibazo nakimwe kirimo tuzakomeza dufashanye nkuko bisanzwe kandi bizakomeza kugenda neza.”

Rutabayiro mbere yo kwinjira mu ishuri yabanje gukuraho umusatsi 

Rutabayiro asanga iri shuri agiye kwigamo rifite byinshi rizongera k’ ubumenyi yari afite aho asanga hari ikiziyongera ku rwego rwo hejuru mu bijyanye n’ubutoza no mu rwego rwo kuzamura igihugu ku bijyanye n’uyu mukino mu ruhando mpuzamahanga.

Rutabayiro asanga ari umwanya mwiza wo kumenya byinshi kuri Sinema

Ikindi asanga hari inyungu nyinshi mu bijyanye n’umwuga wa Sinema, aho ateganya kuzakora ingendoshuri muri iki gihugu cyateye imbere cyane muri Sinema, akaba ateganya kuzahakura ubumenyi bundi azasangiza bagenzi be mu bijyanye n’uyu mwuga.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Doyen7 years ago
    Kwifoto ndabona ari umusore mwiza, Kung Fu ariko ni sport kurusha ikangabantu; tatoos nkenya, more humble! Abashinwa 98% ubasabye gutera igipfunsi bagitera nabi cyane munsi yicyo umugore wo mu Rda yatera! Nyamara bahereye(past) kubantu bake babyiyumvamo bubaka izina none Africa yose iziko bose ari abahanga muri Kung Fu nibigendana nayo... Ngako akamaro ko kwamamaza igihugu aho kwibona cg kwiya/kwa mamaza nk/'umuntu. Igihugu gihoraho, abantu bacaho nkumuyanga. (Q: Who lives more than 70 years in Rda?)
  • kaliza6 years ago
    wawooooo nguyu umusore nkunda nishimira ntamuzi tera imbere muhungu mwiza wicisha bugufi ndaigukundira naho abacantege muvuge rwoseeee ntukabyiteho benshi beza bazakuba inyuma
  • Naila5 years ago
    Eric congs... Ahubwo dutegereje a new movie





Inyarwanda BACKGROUND