RFL
Kigali

RUBAVU: Filime Ace of Heart yaritegerejanyijwe amatsiko na benshi kunshuro yambere iramurikirwa mu iserukiramuco S.C BBQ Beach

Yanditswe na: Ndayisaba Ben Claude
Taliki:5/07/2017 7:27
0


Filime Ace of Heart cyangwa ‘Bwana y’umutima’ ni filime yari imaze igihe yifuzwa kurebwa na benshi kubera ubuhanga bugaragara muri iyi filime njyarugamba (Action movie)iyi filime irerekanirwa muruhame bwambere mu iserukiramuco ryiswe Sweet City BBQ Beach rigiye kubera mu mugi wa Rubavu bwambere.



Sweet  City BBQ  Beach igiye kuzerekanirwamo filime Ace of Heart  n’iserukiramuco rigiye kuba bwambere rikabera mu mujyi wa Rubavu.

 Nk’uko bitangazwa  na Niyomwungeri Jules  ushinzwe  gutegura  iri serukiramuco ryateguwe n’itsinda ry’urubyiruko rizwi nka Wow Rwanda risanzwe rikora ibijyanye n’ibyubucyerarugendo no kuzamura impano mu rubyiruko.

Biteganyijwe ko iri serukiramuco rigiye kuba bwambere rizaba rigamije kumenyekanisha ibyiza bitatse u Rwanda, guhuza urubyiruko no gusabana,  guteza imbere impano z’ubuhanzi ndetse no gukomeza gukundisha abanyarwanda ibyiza bikorerwa mu Rwanda, harimo imyambaro n’ibindi.

Biteganyijwe ko iri serukiramuco rizitabirwa n’ibyamamare nyarwanda muri sinema, muzika, Imideri ndetse n’abanyamakuru batandukanye  aba bose bakazahura n’abakunzi babo bazaba bitabiriye iri serukiramuco,  rizaberamo kandi  ibikorwa bitandukanye harimo gusangira, koga mu kiyaga cya Kivu, gutwara amagare basura ibyiza nyaburanga biherereye muri aka karere ka Rubavu, hazabaho kandi kurira imisozi miremire  yo muri aka karere, ibitaramo, imikino itandukanye ndetse no kureba iyi filime izerekanirwa mu ruhame kuri uyu munsi.

Biteganyijwe ko abazitabira iri serukiramuco bazasabana kuburyo bushimishije

Iri serukiramuco kandi ryanatumiwemo abayobozi batandukanye bazaza kwifatanya n’abaturage  kwishimira ibyiza bitatse igihugu cy’u Rwanda cyane cyane banatez’imbere ibihakorerwa ( Made in Rwanda)ibi bikazakorwa binyuze mu mikino  yo mu mazi (water sport) aho biteganyijwe ko  hazanamurikirwamo ibi bikorerwa mu Rwanda (Made in Rwanda)dore ko nokwinjira  muri iri serukiramuco  bisaba  abazaryitabira kuzaza bambaye ibikorerwa mu Rwanda, ndetse n’imyambaro  yo ku mazi (amakabutura,n’ibindi.)

aha kandi hakaba harateguwe n’imurika gurisha ry’abanyabukorikokori  bazaba bamurika ibikorwa bitandukanye aho abitabiriye bashobora no kuzagura ibyo bazaba bakunze.

Biteganyijwe ko ibi bikorwa byose bizabera ku nkengero z’ikiyaga cya Kivu ku wa 15 Nyakanga 2017 bikazamara umunsi umwe gusa.

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND