RFL
Kigali

Nyuma y’imyaka 4 afatanya akazi k’ubuforomo, amasomo no gukina filime, Kirenga Saphine yasoje ikiciro cya 2 cya Kaminuza

Yanditswe na: Mutiganda wa Nkunda
Taliki:30/10/2015 11:41
10


Umukinnyi wa filime Kirenga Saphine kuri uyu wa 4 yamuritse igitabo gisoza ikiciro cya 2 cya Kaminuza (defense) yigaga muri kaminuza y’ubukerarugendo RTUC, akaba yari amaze imyaka 4 yiga muri iri shuri aho yabifatanyaga n’akazi ke k’ubuforomo ndetse n’umwuga wo gukina filime.



Benshi mu bagiye bumva ko uyu mukobwa w’imyaka 26 y’amavuko yiga muri kaminuza anakora akazi k’ubuforomo mu bitaro bya Kibagabaga akongeraho gukina filime, bagiye bibaza uburyo abikora bamwe bemeza ko bitashoboka, cyane ko byose nta na kimwe cyoroshye aho akazi k’ubuforomo ari akazi kazwi nk’agakomeye gatwara umwanya munini, kwiga bikaba ari ibintu bitoroshye, ndetse no gukina filime ukaba ari umwuga utwara igihe kinini cy’umuntu.

Kirenga Saphine, imbere y'akanama ntangamanota ubwo yamurikaga igitabo cye

Iki kibazo natwe twarakimubajije, nyuma y’uko amuritse igitabo cye gisoza amasomo ye ya kaminuza. Aha twatangiye tumubaza uburyo yafatanyaga aka kazi ke kose, maze Kirenga Saphine uzwi muri filime nka Inshuti-Friends, Sakabaka n'izindi, adusubiza muri aya magambo, “gushaka ni ugushobora. Burya ikintu cya mbere kica ni ubunebwe, ariko iyo ushaka ikintu ntugire ubunebwe ukigeraho. Nigaga ku manywa kugeza saa saba, nkakora nijoro akazi kanjye k’ubuganga, kandi byose narabibashije.”

Kirenga Saphine wigaga ibijyanye no guteza imbere ingendo n’ubukerarugendo, yakoze igitabo cye ku ngingo ivuga uburyo sinema yagira uruhare mu guteza imbere umuco n’ubukerarugendo akaba yakimurikiye akanama nkemurampaka kuri uyu wa 4, aho yatsinze ku manota 70%. Aha twamubajije impamvu yahisemo gukora kuri iyi nsanganyamatsiko, avuga ko icya mbere ari uko sinema ari umwe mu myuga akora kandi ikaba ifite aho ihuriye n’ibyo yigaga.

Byari ibyishimo bikomeye kuri Kirenga Saphine nyuma yo kumurika igitabo cye gisoza amasomo y'ikiciro cya 2 cya kaminuza

Ikindi ari nacyo avuga ko gikomeye, ari uko, “sinema ni kimwe mu bintu biranga umuco w’igihugu. Kugeza ubu hari ibintu byinshi nzi kuri Amerika, Nigeriya, Tanzaniya,… kandi ntarahagera ariko kubera ko narebye filime zabo. Turamutse dukoze filime zimurika umuco w’abanyarwanda, bizatuma umunyamahanga ashaka kumenya byinshi ku Rwanda bishingiye kubyo yarebye muri izo filime bityo bitume aza mu Rwanda, ari naho bwa bukerarugendo buzaba bukozwe byatewe na sinema.

Mbabazwa n’uko abanyarwanda benshi bari gukora filime zigana imico y’abandi, bakirengagiza gukora filime zigaragaza ubuzima bw’abanyarwanda n’umuco wabo. Erega si ngombwa ko bakina bambaye inshabure. Hari ubuzima, hari umuco ndetse n’indangagaciro dufite byacu kandi byakurura abanyamahanga binyuze muri iyi sinema yacu. Kugeza ubu mu Rwanda hari filime 2 nabonye zijyana n’ingingo yanjye, arizo filime Butorwa ndetse na filime y’uruhererekane Seburikoko.”

Zimwe mu nshuti za Kirenga Saphine zaganiriye na Inyarwanda.com, ubwo twababazaga uburyo babonye Kirenga Saphine muri iyi myaka ishize aho yigaga kaminuza anakora akazi k’ubuforomo mu bitaro bya Kibagabaga, bavuga ko nabo babonaga atazabishobora ariko baza gutangazwa n’uburyo nta na kimwe gipfa kubera ikindi.

Inshuti ze nazo zamudashije kwishimira iyi ntsinzi yari agezeho mu buzima

Dudu umaze umwaka amenyanye na Saphine bakaba banabana mu nzu yagize ati, “Maze umwaka nziranye na Kirenga, ariko nanjye nkibyumva ko ari umuganga akaba aniga muri kaminuza ndetse anakina filime, byarantunguye nkumva atazabishobora. Ariko yarabishoboye nta na kimwe gipfuye. Byaradutangaje.”

Assia Mutoni, akaba ari umukinnyi wa filime wamenyekanye cyane nka Rosine muri filime Intare y’ingore, ndetse akaba n’inshuti magara ya Kirenga, we nta kindi yavuze uretse, “Kirenga ni danger”.

Mutoni Assia na Kirenga Saphine

Ubwo twabazaga Kirenga Saphine impamvu yagiye kwiga ubukerarugendo muri kaminuza kandi yarize ubuganga ari nko kazi akora, yagize ati, “buriya ni byiza kubaho uzi ibintu byinshi. Hari aho nagera nkenewe nk’umuganga nkakora, hari n’aho nagera nkenewe nk’umuntu uzi iby’ubukerarugendo nkakora.”

Kirenga Saphine w'umuganga, umukinnyi wa filime akabaanongereyeho iby'ubukerarugendo, agiye kubifatanya gute?

Kuri iyi ngingo, yadusubije ati, “ndi umuganga, ndanabikunda cyane. Ntabwo ngiye kubireka. Ku by’ubukerarugendo, hari igihe nshobora kwikorera, nkaba nashinga nka agence ya travel (ikigo gishinzwe iby’ingendo) cyangwa se nkashinga n’ikora iby’ubukerarugendo. Ndetse nk’uko bisanzwe nkanakina na filime. Erega hari n’ubwo nanakora akazi k’ubuganga mu bukerarugendo, wenda nkajya mvura ba mukerarugendo.”

Kirenga Saphine yatuye iki gitabo umubyeyi we (mama we), umuryango we, abo bakoranye mu kazi k'ubuganga ndetse n'inshuti ze nk'uko bigaragara ku rupapuro rwandikwaho abantu batuwe igitabo (dedication). Akaba avuga ko abo ari abantu bakomeye bagize uruhare mu buzima bwe, ndetse iyo batabaho atari kuba ari aho ari kuri ubu.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • 8 years ago
    Elle est très déterminée. Umwana ni nkuyu uba uzi kurwana kubuzima bwe imbere hazaza, ureba kure apana bamwe bareba hafi batazi ko bucya bwitwa ejo. Ibi abakobwa benshi cga abahungu bagiye babikora, igihugu ndetse n'imiryango yabo yatera imbere byiyubashye kdi bishimishije. Burya iyo abatuye iGihugu bakora ibibateza imbere niho igihugu kizamukira da. Erega na ziriya mfashanyo tubona badufashisha mais par certaines conditions, nibiba biva mumbaraga z'abaturage babo. Ibyo bihugu bikabidufashisha ariko nabo bafite izindi nyungu en retour. Rubyiruko n'abandi twese, tubitekerezeho, kdi n'ubuyobozi bujye bubidufashamo butworohereza mubindi tubukeneye kuko ibintu burya no magirirane. Iyo ufashije umuturage muri service runaka akeneye mubyamufasha kwitezimbere, hari abandi benshi baba bazanabyungukiramo imbere hazaza, babona imirimo, uteye imbere afasha umukeneyeho ubufasha (nkokumurihira minerval cga se kumuvuza), kuzamura bamwe mu miryango cga inshuti, murumva ko n'inyungu z'igihugu muri rusange atariz'inshuti gusa cga imiryango cga abaza basaba ubufasha. Kdi murabizi ko mu Rda umeze neza abantu baza bamushaka ngo abafashe mu bibazo bitandukanye. Rubyiruko n'abandi bagikomeyemo, nimuhaguruke mukore, mushake uko mwiteza imbere kugirango muzagere kuribi. Uzi ukuntu bibabaza iyo ubona umuntu agukeneyeho ubufasha cga ababaye bikakubabaza kuko udafite moyens zo kumufasha. Kdi muzabirebe neza, iyo umuntu aje akuganyira ukamufasha agenda yishimye ko umukemuriye ikibazo kdi nawe biragushimisha kuba hari umuntu ufashije gukemura ikibazo cye. Courage rero ba jeunes bacu. Avant que je n'oublie, toutes mes féicitations pour cette jeune fille ambitieuse. Maze abahungu n'abagabo ntibakajye babasuzugura bababeshyeshya ubusa busa bw'inyica ntikize zabo. Kwihesha agaciro oyeee.
  • KABISA8 years ago
    NUKUVUGA YIZE IMYAKA ITANDATU YA MEDECINE YONGERAHO INE YO MURI RTC IBA 10, YONGERAHO 12 YO MURI PRIMARY IBA 22, HAKIYONGERAHO UMWE BICARA AFTER HIGH SCHOOL IBA 23, NINDI NKIBIRI YICAYE MBERE YUKO AJYA RTUC IKABA 25!!!! UBWO YATANGIYE KWIGA PRIMARY AFITE UMWAKA UMWE!!! HHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHHH
  • Museminali Beaudoin8 years ago
    Ariko se ni muganga Docteur cg ni umuforomokazi(nurse)?
  • Asssiel8 years ago
    Congs Kirenga! Uyu twabanye muri group yari yagiraga courage bya hatari yari! abikwiye kbs!
  • benimana8 years ago
    kabisa wee arundangije ubwo ngo uramubariye
  • 8 years ago
    Oya arko ntago yize medicine kuko si doctor yize 6 ya secondary bisanzwe section ya nursing ubundi yiga na university 4.abiga 6 baba ari aba doctor.kdi we ni numu infirmieur@kabisa
  • yEGO8 years ago
    Uyu mukobwa ntimumwibazeho byinshi! Ndahamya ko izo talents ni héréditaire, uwo ni mwene Kirenga wamenyekanye cyane nk'umuzamu wa National team AMAVUBI, akaba yarabaye uwambere mu ishuri ry'abatoza b'abanyarwanda. Yari umuhanga cyane!! Ndetse na bamwe mubakiriho mu muryango wabo usanga ari abantu bafungutse mu bwenge cyane! Congratulations to Safina! Umwana agira umubyazi sha! Kandi inyana ni ya mweru! Ariko ntuzishore mu biyobyabwenge no kuraguza, ntacyo bimara!
  • Caanan8 years ago
    Yes ni Muganga bien sure, Nursing ni branche ya medecine.Ntimukagire ishyari cyangwa namwe muzayige murebe ukuntu ikomera.
  • 8 years ago
    Muganga,mukinnyi,miss... Dore guturamo rero!
  • Tania8 years ago
    ngo yafatanyije umwuga w'ubuforomo,gukina film no kwiga!hhahh byaramucanze ahubwo kko nikimenyimenyi i kibagabaga ntago agikorayo yariyirukanye ntiyanasezeye bitewe namanyanga atabaho yari yakoze ngo akunde abona time yo kubasha gukora ibyo byose!yitwiyemeraho rero turamuzi cne!ngo azavura ba mukerarugendo!hahahhh aba nurse bafite za licence barahari navane izo A2 ziwe aho





Inyarwanda BACKGROUND