RFL
Kigali

Marie France Niragire nawe yeguye ku buyobozi bw’ihuriro ry’abakinnyi ba filime mu Rwanda (RAU)

Yanditswe na: Mutiganda wa Nkunda
Taliki:8/05/2016 16:01
4


Nyuma y’uko ihuriro ry’abakinnyi ba filime mu Rwanda rigiriyeho, Marie France Niragire wari umuyobozi wa 3 uyoboye iri huriro nyuma yo gushyirwaho n’inama rusange y’abanyamuryango yo kuwa 17 Ukuboza umwaka ushize, nawe yamaze kwegura kuri iyi mirimo.



Marie France Niragire wamenyakenya nka Sonia muri filime Inzozi yatorewe kuyobora iri huriro asimbuye Ngizwenayo Parfait nawe wari umaze kwegura, aho Parfait nawe yari asimbuye Willy Ndahiro wayoboye uyu muryango ugitangira witwa Hillywood Actors Coalition. Iri simburana mu mirimo rikaba ritamaze imyaka 2, mu gihe manda y’umuyobozi umwe imara imyaka 5.

Ni mu ibaruwa yashyikirije Komite nyobozi y’iri huriro dufitiye Kopi (nk’uko igaragara muri iyi nkuru), Marie France avugamo ko yeguye ku mpamvu ze.

Marie France yeguye

Ibaruwa Marie France Niragire yandikiye Komite nyobozi ya RAU asaba kwegura

Umunyamakuru wa Inyarwanda.com yagerageje kubaza Marie France impamvu nyamukuru yaba itumye yegura nyuma y’igihe kitageze no ku mezi atorewe iyi mirimo ariko ntiyabasha kumubona.

Ubwo yatorerwaga kuyobora iri huriro, mu migabo n’imigambi yatangarije umunyamakuru wa Inyarwanda.com baganiriye icyo gihe yamubwiye ati, “2016 ni umwaka twahariye amahugurwa ndetse no kwiga, kugira ngo gukina filime bibe umwuga ariko tuzi neza. Tukamenya ngo umukinnyi ni iki asabwa, ese agomba kwitwara gute? Ndetse no mu buryo bwo kumwamamaza, kugira ngo amenyekane ku rwego mpuzamahanga, ndetse no kumenya indimi mpuzamahanga kuko nazo ziri mu bibazo dufite kugeza ubu abakinnyi ba filime bo mu Rwanda. Ibyo nibyo byihutirwa mu myaka iri imbere ngiye guheraho nk’umuyobozi, muri uyu mwaka wa 2016.”

Ni iyihe mpamvu ikomeje gutuma ubuyobozi bwa RAU butaramba?

Ben Claude






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • NyirambarushimanaImmaculée7 years ago
    Andika igitecyerezo cyawe hano...umuntu yifuza kuba umukinnyi wa film bisaba iki niba afite ubushake bwo gukina murakoze
  • komera7 years ago
    Reba ukuntu asinya byonyine!
  • Mporanyi ernest7 years ago
    Abakora cinema nyarwanda barahuzagurika cyane kandi ni abaswa nta kintu bashobora kuzapfa bagezeho aho kugirango bakore bateze cinema nyarwanda imbere birirwa mu matiku guhangana na abaswa gusa
  • Ziiro gashayija7 years ago
    Film making nisaba kubikora ubikunze . Bitaribyo no success in. Bakwiye kwiga icyitwa team work . Buriwese mu industry akaba umuntamwuga bitaribyo no sustainability .





Inyarwanda BACKGROUND