RFL
Kigali

Isozwa rya Mashariki ni ikihe cyizere risize mu bakora umwuga wa sinema?-AMAFOTO

Yanditswe na: Ndayisaba Ben Claude
Taliki:1/04/2017 19:17
0


Mashariki Africa film festival ni iserukiramuco nyafurika rya filime ribereye mu Rwanda ku nshuro yaryo ya gatatu. Hari byinshi risize mu mitima ya benshi. Ku mugoroba wo kuri uyu wa gatanu tariki ya 31 Werurwe 2017 ni bwo ryasojwe ku mugaragaro. Ese ni ikihe cyizere ryaba risigiye abakora filime nyarwanda?



Iri serukiramuco ryari rimaze icyumweru riba, ku musozo waryo ryitabiriwe n’abantu benshi kandi ubona ugereranyije n’andi maserukiramuco abera hano mu Rwanda. Bitandukanye n'andi maserukiramuco ya filime yagize abera mu Rwanda, abateguye iri serukiramuco babashije kugenda bakora ibikorwa bitandukanye harimo, kwerekana filime mu bice bitandukanye by’umujyi wa Kigali, amahugurwa atandukanye yerekeranye n’uyu mwuga, ibiganiro mpaka kuri uyu mwuga n’ibindi. Ikindi umuntu yavuga kuri iri serukiramuco ni ubwitabire bw’abanyafurika bagiye bakora ibikorwa bitandukanye muri uyu mwuga ku buryo umuntu atanabura kwemeza ko koko iri ari iserukiramuco ari nyafurika.

Azwi nka Rurinda muri Seburikoko yanyuranye ku itapi na Diane wo muri filime City Maid

Uretse ibi bikorwa umuntu ntiyabura no kwemeza ko iri ari ryo serukiramuco ryitabiriwe cyane n’abayobozi batandukanye kandi ari nabyo byagiye bisigira icyizere abakora uyu mwuga. Benshi bemeza ko noneho bibaha icyizere ko Leta yatangiye kwiyumvamo uyu mwuga cyane ko kugira ngo batangire kuvuga ibi bashimishijwe cyane kandi banashima ko Minisitiri w’Umuco na Siporo Uwacu Julienne yitabiriye ibi birori.

Mussa Toure, Ministiri Uwacu Julienne na Senga Tresor washinze akanayobora Mashariki

Si Ministiri Uwacu Julienne gusa wagaragaye muri ibi birori, ahubwo abo muri sinema banashimye ko byitabiriwe n’umunyamabanga nshingwa bikorwa w’Inteko nyarwanda y’Ururimi n’umuco Dr Vuningoma James, abambasadeli batandukanye n’abandi.

Itorero ryasususurukije abantu mu mbyino

Ibi birori kandi byaranzwe n’ubusabane aho ababyitabiriye basangiye icyo kunywa, nyuma yaho hakurikiyeho kwerekana abanyamahanga bagiye bitabira iri serukiramuco ndetse n'ababafashije banyuzwa ku itapi itukura. Nyuma hakurikiweho kwerekana abakora n’abakinnyi ba filime mu Rwanda nabo banyuzwa kuri iyi tapi, nyuma yaho hakurikiyeho guha impamyabumenyi abari bitabiriye amahugurwa yagiye ategurwa n’iri Serukiramuco, nyuma yaho hahembwa amwe mu mafilime yabaye meza haba mu Rwanda, muri Afurika y’uburasirazuba ndetse no muri Afurika yose.

Filime ngufi mu Rwanda hahembwe Munezero Emmanuel, Filime Mbarankuru hahembwa Habibu Kanobana, muri Afurika y'uburasirazuba hahembwe abaturutse mu gihugu cya Kenya, naho muri Afurika hahembwa filime ngufi yo muri Niger, naho filime ndende yahembwe yari iyo muri Uganda ya Arnold yitwa N G O

Sebu na Siperansiya bamwe mu bakuruye abari muri ibi birori dore ko bishimiwe ku rwego rwo hejuru

Nyuma y'ibi bikorwa hagiye havugwa amagambo yo gushimira abafashije n’abakoze muri iri serukiramuco nyafurika ryasozwaga kuri uyu wa gatanu, aho ibi byose byasojwe no kureba amafilime atandukanye.

Kibonke, Colin ni bamwe mu bakinnyi banyuze ku itapi

Nyuma y'igihe atagaragara Iyamuremye Hawa nawe yagaragaye muri ibi birori

Kirenga Saphine nawe ni umwe mu banyuze kuri iyi tapi

Iri ni rimwe mu maserukiramuco byibuze atanga igikombe n'amafaranga agiherekeje n'ubwo akiri iyanga

Eric Kabera atanga igikombe

Dr Vuningoma James  na Moussa Toure batanga impamyabumenyi ku bahuguwe

Ishusho y'ibikombe byatanzwe

Abahuguwe bahabwa impamyabumenyi

Young nawe yari yitabiriye ibi birori

Ibi birori byitabiriwe kandi n'abakobwa bari muri Miss Rwanda 2017

Kaneza Floriane uyobora iri serukiramuco ashimira abarifashije bose

AMAFOTO: Iradukunda Desanjo Inyarwanda






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND