RFL
Kigali

Igice cya 3 cya filime IGIKOMERE kirerekanwa kuri iki cyumweru, kijye ku isoko kuwa mbere

Yanditswe na: Mutiganda wa Nkunda
Taliki:11/09/2015 18:04
7


Filime “Igikomere” ubu igeze ku gice cya 3 ari nacyo cya nyuma, kuri iki cyumweru tariki 13 Nzeli nibwo yerekanwa ku mugaragaro mu cyumba cy’inyubako y’umujyi wa Kigali maze kuwa mbere ihite ijya ku isoko aho ushobora kuyigurira mu Rwanda hose.



Iyi filime ivuga inkuru ya Angelo uhura n’ibibazo byinshi nyuma yo kwangwa n’ababyeyi be ariko akaza kubona umuryango umurera, maze nyuma akazasanga aribo babyeyi be ba nyabo, yakozwe na Emmanuel Hitimana nyuma y’uko indi filime Intare y’ingore yari amaze gukora yakunzwe cyane irangiye.

Kwinjira kureba iyi filime ni ubuntu mukaba mushobora kuzagura filime ku mafaranga 1000 y’u Rwanda, muri iki gikorwa kizaba kitabiriwe n’abakinnyi bakinnye muri iyi filime ndetse n’ibindi byamamare bya sinema nyarwanda, hakaba ari uguhera ku isaha ya saa kumi n’imwe z’umugoroba.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Nadia Umuhorakeye8 years ago
    Ok Nishimiye Ayamakurumbonye Ariko Nkanabonerahonokubasaba Ndumukobwa Wiyumvamo Impano kandi Nkanayibonaho Mwamfashije Mukazamura Igitecyerezocyajye Mwabamukoze Kand Murakozekutwumva Nishimiye Igisubizo Cyanyu Murakoze
  • Ndekezi gedeon8 years ago
    Ndishimye kuko izi film nukuri zigenda ziryoha arko bage bagira iterambere mumikinire .
  • jacky 8 years ago
    byiza tuzayireba kd
  • DUSENGE Davis7 years ago
    Turashimishwa nivyo mutugezaho kuko bihuy nivyo natw tubayemwo mubuzima bwa misi yose
  • Masengesho daniel4 years ago
    Firme nyarwanda ziratwubaka KYANEgusa twe abari hanze ntitubona amahirwe yokuzireba nkabari mugihugu kandi turazikunda tugakunda numuco wacu nyabanyarwanda ntasabaga mudushirireho uburyo dushobora kuzibona muri bike tubasha kubona murwanda tubiratira abanyamahanga murakoze gusa mubakinnyi nkunda kyane ASSIA nabakinye igikomere
  • CYASINE ELIE3 years ago
    HANO M'UMURENGE WA KAYENZI, ITUGERAHO ITINZE.
  • Nteziryayo jean baptista1 year ago
    Iyifirime ntago umuntu yayibona kuri fruche.





Inyarwanda BACKGROUND