RFL
Kigali

Ibyamamare mu gusetsa bazwi muri Filime nka Baby Police bagiye kuza gukorera ibitaramo mu Rwanda

Yanditswe na: Editor
Taliki:9/09/2014 10:49
5


Ibyamamare mu gusetsa no gukina Filime Osita Iheme na Chinedu Ikidieze bakomoka muri Nigeria, mu minsi micye bazaba bari mu Rwanda aho bazakora ibitaramo bitandukanye mu mujyi wa Kigali, bikaba byitezwe ko bazakorana n’abanyarwenya ndetse n’abahanzi bo mu Rwanda.



Aba bagabo ariko benshi babona nk’abana kubera indeshyo yabo, bazwi cyane muri Filime nka Baby Police, Sweet Money n’izindi, bakaba bamaze kuba ibyamamare mu gihugu cyabo cya Nigeria ndetse no ku isi yose kubera uburyo ari abahanga mu gusetsa no gukina filime, indeshyo yabo nayo ikaba ari kimwe mu byabafashije kwamamara byoroshye.

stars

N'ubwo bagaragara nk'abana ni abagabo ndetse bakuru

iheme

N'ubwo bagaragara nk'abana ni abagabo ndetse bakuru

Nk’uko Inyarwanda.com yabitangarijwe n’umwe mu bateguye uru rugendo n’ibitaramo bazakorera mu Rwanda, biteganyijwe ko bashobora kugera i Kigali mu cyumweru cya kabiri cy'u kwezi k'UGUSHYINGO (Kwa cumi na kumwe) hanyuma bagakora ibitaramo bitatu bitandukanye, harimo icya mbere bazakorera muri Hoteli Serena ya Kigali, bucyeye bwaho bakorere igitaramo kuri Petit Stade i Remera naho ikindi bagikorere Car Wash aho bazabasha gusangira, kwifotozanya no kwidagadurana mu buryo butandukanye n’abakunzi babo bo mu Rwanda.

osita

chinedu

Chinedu afite umugore umusamba cyane. Aha hari ku munsi w'ubukwe bwabo

Chinedu afite umugore umusamba cyane. Aha hari ku munsi w'ubukwe bwabo

Osita Iheme yambariye mugenzi we Chinedu mu bukwe bwe

Osita Iheme yambariye mugenzi we Chinedu mu bukwe bwe

Umugore we bamaze no kubyarana umwana w'umukobwa

Chinedu n'umugore we bamaze no kubyarana umwana w'umukobwa

Aba bakinnyi ba filimi bafatwa nk’abamwe mu banyarwenya ba mbere ku mugabane w’Afurika bazanywe ku nshuro ya mbere mu Rwanda n’umuntu ku giti cye, dore ko umunyarwandakazi Belinda Umurerwa wamenyekanye cyane mu ishami ry’amakuru y’icyongereza kuri Televiziyo y’igihugu ariwe wabasabye kuza gutaramira abanyarwanda nyuma yo guhuzwa n’umupasiteri witwa Chris Chukwuka ukomoka muri Nigeria.

amsk

Pasiteri Chris Chukwuka niwe wahuje aba bakinnyi na Belinda maze bemeranya kuza gususurutsa abanyarwanda

sndk

Belinda Umurerwa

Mu kiganiro inyarwanda.com yagiranye na Belinda Umurerwa yadutangarije ko hari umubano wihariye agenda yubaka hagati ye n’aba bakinnyi b’ibihangange muri cinema ya Nigeria dore ko akunze kugenderera iki gihugu, ku buryo uko iminsi izagenda iza yizeza abanyarwanda kuzagenda akora ibishoboka byose akabazanira ibi byamamare baba basanzwe bakurikira kuri za televiziyo zabo gusa kuri ubu akaba arimo ashaka ibigo n'amakompanyi y'abaterankunga kugirango ibi bizage biba igikorwa ngarukamwaka.

Kugeza ubu ntiharatangazwa ibiciro byo kuzinjira muri ibi bitaramo byose ndetse n’abahanzi b’abanyarwanda kimwe n’abanyarwenya bazakorana n’aba bo muri Nigeria ntibaramenyekana, tukaba tuzakomeza kubibakurikiranira kugeza ku munsi nyirizina ubwo bazaba bamaze kugera mu Rwanda.

Chinedu w'imyaka 36 y'amavuko, aha yari kumwe n'umukinnyi wa Filime ukomoka muri Ghana

Chinedu w'imyaka 36 y'amavuko, aha yari kumwe n'umukinnyi wa Filime ukomoka muri Ghana

 N'ubwo Osita Iheme agaragara nk'umwana muto, afite imyaka 32 y'amavuko

N'ubwo Osita Iheme agaragara nk'umwana muto, afite imyaka 32 y'amavuko

Manirakiza Théogène






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Claire9 years ago
    Wowwwwwwwwwwwwwwwwwww
  • 9 years ago
    welcome guyz
  • Katab9 years ago
    Kuki abantu bamwe bajyaga batubeshya ko ngo umwe muri ba banyarwenya atakiriho?
  • TWAHIRWA GILBERT9 years ago
    KUKI AKON WUMUNYAMERIKA ATAHAGAZE KIGALI
  • iradukunda diane8 years ago
    nabagabo. ariko. bacyina neza cyane





Inyarwanda BACKGROUND