RFL
Kigali

Gutsindwa kw’abakora sinema n’abanyamakuru ba siporo, benshi baremeza ko ari uko bakinishije umukobwa-AMAFOTO

Yanditswe na: Mutiganda wa Nkunda
Taliki:26/03/2015 18:22
3


Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 4 tariki 26 Werurwe nibwo habaye umukino wahuje abakora sinema mu n’abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda, mu rwego rwo kwitegura itangwa ry’ibihembo bya A Thousand Hills Academy Awards.



Uyu mukino wa gicuti ubusanzwe utegurwa mu rwego rwo gutegura igikorwa cyo gutanga ibihembo bya A Thousand Hills Academy Awards, ni ku nshuro ya 2 ubaye aho n’umwaka ushize nabwo wabaga bwa mbere, icyo gihe nabwo abanyamakuru bakaba baratsinze abakora sinema.

Abanyamakuru b'imikino bahageze saa saba, babura ikipe bakina kugeza saa cyenda

Theo Bizimana yageze ku kibuga hafi saa cyenda, abwira abanyamakuru ko bagiye gushaka ikindi kibuga kuko iki cyari kigiye gukorerwaho na APR FC

Uyu mukino byari biteganyijwe ko utangira ku isaha ya saa saba, ariko abakora sinema bakaza gukererwaho amasaha agera kuri 2 byahise bituma ikibuga cya FERWAFA bari bagiye gukiniraho bakirukanwaho bitewe n’uko ikipe ya APR FC yari igiye kuhakorera imyitozo, byabaye ngombwa ko bimukira ku kindi kibuga kiri hafi aho, n’ubwo benshi batakishimiraga kuko ari ikibuga kibi kitarimo ibyatsi ndetse cyarimo ibiziba.

Ku isaha ya saa cyenda, ikipe ya APR FC yasesekaye ku kibuga biba ngombwa ko abandi bahava

Saa cyenda nibwo bamwe mu bakora sinema bari batangiye kuhagera

Iki kubuga kizwi nk'icya Tapis Rouge nicyo cyahise kimurirwaho umukino

Umukino waje gutangira

Nyuma yo gusatira cyane, abanyamakuru baje gutsinda igitego cya mbere

Umukinnyi wa filime Johnson Sungura yari yabaye umunyamakuru wogezaga uyu mukino

Abakora sinema nabo baje gusatira batsinda igitego cya mbere ariko baracyanga, nyuma batsinda ikindi

Abafana bari mbarwa

Umunyamakuru Dodos wa radio 1 yaje kuvunika, umukinnyi wa filime Mbamba Olivier amufasha kuva mu kibuga ngo adatinza umukino

Uyu mukino wagiye urangwa no kwiharira umupira ku ruhande rw’abanyamakuru, waje no kuvukamo imvururu aho abakora sinema by’umwihariko umukinnyi wa filime Didier Kamanzi uzwi nka Max batanaga mu mitwe n’abanyamakuru, ariko nyuma y’akanya gato zikaza guhosha umukino ugakomeza nta muntu n’umwe uhanwe.

Baje gushwana mu buryo bukomeye ndetse bararwana

Kuba mu ikipe y’abanyamakuru haje kwinjiramo umukobwa, n’ubwo yageze mu kibuga mu minota ya nyuma bamaze gutsinda ibitego 2 byabonetse mu mukino, kuri 1 cy’abakora sinema, benshi mu bafana n’abakinnyi bari bagize ikipe y’abakora sinema bemezaga ko n’ubundi batari gutsinda mu gihe ikipe bari bahanganye hajemo igitsinagore kandi bakinaga n’abagabo, ibintu bise ko ari “umwaku”.

Ukwinjira k'umukobwa mu ikipe y'abanyamakuru, benshi mu bakora sinema bavuze ko aribyo byabateye umwaku bituma batsindwa n'ubwo yagiyemo barangije gutsindwa 2-1

Biteganyijwe ko kuri uyu wa 5 aribwo igikorwa nyirizina cyo gutanga ibihembo bya A 1000 Hills Academy Awards bizatangwa, mu muhango uzabera kuri Petit Stade i Remera guhera ku isaha ya saa kumi, uyu muhango ukaba uzanatambutswa imbonankubone kuri televiziyo y'u Rwanda.

Mutiganda Janvier






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • huumm9 years ago
    Babicishije amazi ngo kwinjira ni ubuntu!!!muzamenya ryari guha agaciro ibikorwa byanyu koko? mugire kubitwara muri stade, nimunarangiza ngo ni ubuntu koko?! Nzaba mbarirwa!!!
  • 9 years ago
    that's just so disgusting those people are just a bunch of sexists
  • dadi9 years ago
    nonese abagore batera umwaku? ariko mudushyira hasi mugakabya...thats not fair! u should be ashamed of urself...





Inyarwanda BACKGROUND