RFL
Kigali

Gasasira (Feredariko) yakinnye muri Filme arapfa none arasaba ko azuka

Yanditswe na: Ndayisaba Ben Claude
Taliki:7/09/2016 18:19
8


Umukinnyi wa Filime Gasasira Jean Pierre wakinnye muri filime nyinshi zitandukanye zirimo 'Kigali si Kigoma', 'Ndamahe Ndiyaminiya', 'Umwana w'undi' n’izindi, nyuma y'igihe kinini yari amaze agaragara muri filime y’uruhererekane SEBURIKOKO aho yakinaga yitwa Feredariko kuri ubu ashavujwe no kuba yarapfuye.



Ibi yabitangaje mu kiganiro yagiranye na Inyarwanda.com aho yemezako muri filime zose yakinnyemo yashimiye cyane gukina muri filime y’uruhererekane SEBURIKOKO ariko aza kongera kubabazwa no kuba yaraje kuyivamo apfuye ku buryo ubu nta cyizere asanga afite cyo kuzagaruka muri iyi filime kereka byibuze bamugize umuzimu cyangwa bakamuzura nkuko abyifuza.

 

 

 

Gasasira Jean Pierre amenyereweho gukina Filime zisekeje

Ubwo yavugaga ku kababaro yatewe no gukina muri Seburikoko nyuma akaza gupfa, yavuze ko gupfa kwe bimutera kugendana ipfunwe akumva atisanzuye. Mu byifuzo bye arasaba ko niba bishoboka bamuzura akongera gukina muri SEBURIKOKO, ibyo bikaba byanamufasha gusubirana icyubahiro mu bantu kuko kuri ubu iyo bamubonye ngo hari abamufata nk'umuzimu. Yagize ati: 

Nakinnye muri SEBURIKOKO nishimye kandi nabonaga ari filime izanteza imbere ndetse navugako yagize n’uruhare rukomeye mu iterambere ryanjye ariko nababajwe no kuba barampaye role zirangira vuba nkibikunze kandi zikarangira n’ubundi mpfuye, ndetse kubera uko byari byanditse  bavuga ko nazize impanuka  ndi mu Kabuga ka Musha byahuriranye n’impanuka yahabereye. Abantu rero bahise bumva ko koko napfuye n'ubu iyo ngeze ahantu hari abantu batanzi bagira ubwoba bazi ko umuzimu wanjye yabateye. Icyifuzo nagira nk’ ubu banzuye ni cyo mbona cyankuraho ikibazo njya ngira.

Gasasira wakinnye muri iyi filime ari umuyobozi wa Gatoto aho yari afite umugore witwa Nyiramana kuri ubu yemezako ari umwe mu bakinnyi bafite intego zikomeye mu rugendo rwo kwiteza imbere aho ubu yatangiye umwuga wo korora amatungo magufi. Naho mu mwuga wa Filime akomeje ibikorwa bye byo gukina filime,ubu akaba arimo gukina muri filime Mukadata ya Nyandwi Jean Paul, yanatangiye gufatirwa amashusho. Uretse iyi Filime, arangije n'indi filime ye ateganya gushyira ku isoko vuba aha yitwa Bazimaziki.

Twabibutsa ko Filme y'uruhererekane SEBURIKOKO inyura kuri Televizyo y'u Rwanda (RTV) kuwa Mbere no kuwa Kane ku isaha ya saa kumi n'ebyiri na mirongo ine n'itanu z'umugoroba ( 18h45') ndetse na buri wa Gatandatu saa sita z'amanywa ( 12h00').

REBA HANO FILIME GASASIRA YAKINNYEMO AKAZA GUPFA






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Koko7 years ago
    Hahahahwhhhhhh!!!! nabyo birasekeje ati banzure cg ngaruke ndi umuzimu!!!! Hahahshahhhh ko ubanza umuzimu wiwe waba uteye ubwoba raaa!!!! reka reka nagumye yibere maiti!!!!!
  • 7 years ago
    Ikigoryi gusa
  • 7 years ago
    rata nibakuzure kuko uzi gukina
  • samysky17 years ago
    Mutzing izarikora kandi !!!!!
  • Rwema7 years ago
    Ikibazo afite nagisobanure neza, ndabona ikibazo ari uko yavuyemo akaba atakibona agafaranga!
  • Freddy7 years ago
    Yayayaaa, ni byenda gusetsa byo, narinifitiye ibibazo none atumye nsekamo. Iyaba twajyaga tubona utuntu tudusentsa ubuzima bukoroha. Ubu se sinarinibereye muri shida za dunia none akaba anyibagijemo. Uyu mugabo nkuda ukuntu asetsa muma filime yose akina. Akinana n'uwobita nyina (Kankwere, uba no mw'ikinamico) w'umugome umwangira umugore, baranasa kusura koko wagirango niwe umubyara. Uzikomereze utyo rata biradushimisha, kandi abandi banabigize umwuga bibagira aba stars bibaha inoti zitubutsi. Cyakoze urakozi naka kabyendagusetsa uduhaye ni sawa da. Burya turakwemera pe.
  • 7 years ago
    Yabyimbye mumaso kubera inzoga , muzumva ahubwo umwijima washwanyutse! Igisinzi gusa
  • remmy5 years ago
    Uyu mugabo nkunda ukuntu akina ariko ndashaka kimenya aamateka ye akara iki?





Inyarwanda BACKGROUND