RFL
Kigali

Filime 'Intore' y’umunyarwanda Eric Kabera irerekanwa ku biro bikuru bya Loni

Yanditswe na: UDAHOGORA Vanessa Peace
Taliki:28/06/2016 12:22
2


Filime yakozwe n’umunyarwanda Eric Kabera afatanije na Shirley Neal yitwa “Intore” cyangwa “The Chosen” mu cyongereza iraza kwerekanwa I New York ku biro bikuru by’umuryango w’abibumbye, guhera I saa kumi n’ebyiri n’igice (06:30pm) z’umugoroba kugera saa mbiri n’igice (08:30pm).



Nk’uko tubikesha urubuga rw’umuryango w’abibumbye, iyi filime igaragaza muri make uburyo u Rwanda rumaze kwiyubaka nyuma ya Genocide yakorewe abatutsi yo muri 1994 binyuze mu muziki, imbyino no kwiyubaka kw’ababyiruka ubu. Iyi filime igaragaramo imbyino ndetse n’ibiganiro n’abacitse ku icumu rya Genocide, abayikoze, abayobozi n’abandi bantu b’ibyamamare.

intore

Iyi filime yakozwe na Rwanda Cinema Center na Park Hill Entertainment bafatanije na Kwetu Film Institute na Rwanda Media Project. Muri uyu mugoroba, gahunda zirabanzirizwa n’amagambo y’ikaze,hanyuma hakerekanwa iyi filime,nyuma yaho umuhanzi Alpha Rwirangira akaririmba hagahita hakurikiraho umwanya w’ibibazo aho hari bube habazwa Eric Kabera na Shirley Neal batunganyije iyi filime. Iyi filime imaze imyaka ibiri hanze kuko yasohotse muri 2014.

eric kabera

Eric Kabera wakoze filime Intore






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • hope7 years ago
    Wawooooo courage kuri Eric na Frida nimukomeze muheshe igihugu cyacu I shema
  • SABUKUNZE Pacifique7 years ago
    iciyumvir canje nik ndabo nkabant tutaratera imbere ngo dukoreshe watsp biratugora kugirango tubone izo film kandi natwe tuzikund mukwiy kuzirungik n kumbuga ntonto nk facebook murakoz pacifique i bujumbura





Inyarwanda BACKGROUND