RFL
Kigali

Daniel Gaga (Ngenzi, Ryangombe,..) ubugome agaragaza muri filime buracyamukurikirana no mu buzima busanzwe

Yanditswe na: Mutiganda wa Nkunda
Taliki:26/07/2014 10:42
10


Kuva kuri filime Ikigeragezo cy’ubuzima mu mwaka wa 2008 aho yamenyekanye yitwa Ngenzi, abantu bagiye batangira kumutinya bitewe n’ubugome yayigaragajemo, kuza muri filime zaje nyuma yayo nka Ryangombe n’izindi, n’ubundi ntakigeze gihinduka kuko abantu bakomeje kugenda bamutinya cyane.



Daniel “Danny” Gaga, ni umwe mu bakinnyi ba filime mu Rwanda bakomeye cyane, akaba azwi cyane ku mazina menshi yagiye yitirirwa kubera filime yagiye akina nka Ngenzi mu Kigeragezo cy’ubuzima, Ryangombe muri filime Ryangombe,…

Danny Gaga

Danny Gaga ari kumwe na Willy Ndahiro bamenyekaniye hamwe muri filime Ikigeragezo cy'ubuzima (Ngenzi na Paul), bongera no guhurira muri filime Anita

Uburyo agaragara cyane akina muri izi filime, akina agaragaza ubugome, bikarenga filime bikinjira no mu buzma busanzwe aho abantu bamwe bamutinya. Mu biganiro binyuranye yagiye agirana n’itangazamakuru mu minsi yashize, Danny Gaga yagiye agaragaza uburyo ibyo akina muri filime bimugiraho ingaruka hanze mu buzima busanzwe, dore ko yagiye yemeza ko yahuriye n’umugore utwite mu isoko, kumubona gusa bikamugiraho ingaruka zikomeye kubera kumutinya, bigatuma adakunda kwisanzura ngo ajye ahagaragara nk’abandi bantu basanzwe.

Kuri ubu, Inyarwanda.com yamwegereye ngo twumve niba hari icyahindutse ku buryo yafatwaga, ariko icya mbere yadutangarije ni uko n’ubundi bikiri kwa kundi ntakintu cyahindutse.

Ubwo twamubazana niba uburyo akina muri filime ari umugome bitakimugiraho ingaruka nk’izo yahuraga nazo mbere zo gutinywa n’abantu yadusubije ati: “usanga bikimeze nka kwa kundi n’ubundi. Kubera ko iyo ugenda n’ubwo aba atakubwiye ko agutinya n’ubundi aba abigaragaza. Bigaragara cyane iyo muganira, usanga aba avuga atisanzuye. Naguha nk’urugero, ndi kumwe n’umukinnyi wundi wenda navuga nka Willy Ndahiro (uzwi nka Paul bakinanye mu Kigeragezo cy’ubuzima), iyo duhuye n’umuntu uba usanga ariwe afitiye ubwuzu ariwe avugisha mbere yanjye, bikaba bigaragaza ko akintinya cyane.”

Danny Gaga

Tumubajije niba atashobora gukina ari umuntu mwiza muri filime, dore ko ahenshi akunda gukina ari umuntu mubi yadusubije ati: “nabishobora. Hari filime nakinnye ndi mwiza, nka Ay’urukundo, Rwanda After Genocide,… ariko si nyinshi. Gukina ndi mwiza nabishobora, ariko abankinisha mbona banshyize hariya nyine.”

Danny Gaga kuri ubu uri gukina muri filime Rwasibo akaba ari nawe witiriwe filime aho akina yitwa Rwasibo, ubwo twamubazaga niba muri iyi filime azahindura ishusho agakina ari umuntu mwiza, yadusubije ati: “yewe, sha ho bizaba ari bibi kurenza noneho. Ni ubugome gusa!”

Danny Gaga, mu mikinire ye, hari abakinnyi yagiye yigiraho kugira ngo abe ari aho ari ubu, ariko akaba abagabanyamo ibice 2, icya mbere kikaba ari igice cy’abakina ari babi ikindi kikaba ari icy’abakina ari beza.

Billy Drago

Billy Drago wamenyekanye cyane nka Mugwaneza (muri filime zisobanuye) ari mu bakinnyi Daniel Gaga afata nk'ikitegererezo

Mu gice cy’abakinnyi bakina ari abagome, yagiye yigira kuri Bill Drago wamenyekanye muri filime zisobanuye nka Mugwaneza cyangwa Ramon Cota, Tagawa, ndetse na T-Bag (Robert Knepper) muri filime Prison Break; naho mu bakina ari beza bakaba ari Arnold Schwarzenegger (Komando), Dolph Lundgren ndetse na Jean Claude Vandamme.

Ubwo twamubazaga niba ateganya guhagarika gukina ari umuntu mubi kugira ngo yongere agarure isura nziza mu bantu, be gukomeza kumutinya, aseka cyane yagize ati: “hahah, oya rwose! Ikizima ni uko ibyo mba nkora hariya nta hantu bihuriye n’uwo ndiwe. Birambangamira pe! Kuko ntabwo bituma nisanzura ngo ngere hanze nk’abandi, ariko ntabwo nabihagarika. Nonese mbihagaritse, kandi ko ari ngombwa byakorwa nande? Umuntu mubi agomba kubaho muri filime kugira ngo agire ubutumwa atanga. Ahubwo aho kugira ngo mbihagarike, ntegereje ko igihe kigera abanyarwanda bakamenya gutandukanya uko babona umuntu muri filime n’uko ateye mu buzima busanzwe.”

Mutiganda Janvier






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • 9 years ago
    indangagaciro nyarwanda muri filme nyarwanda zirakenewe muhe urugero rwiza barumuna banyu ( indangagaciro zabazungu nooooo)
  • UMUTESI KEZA9 years ago
    Njye ndumva kuba Nkaka akina ari umugome atariko amez mu buzima busanzwe kand ntacyo bitwaye kuba akin ari umugome kuri njye mbona ariyo style imubereye muri firime
  • tuyishimd9 years ago
    ese nubwambere babonye fil ziteye ubwoba
  • tuyishimd9 years ago
    ese nubwambere babonye fil ziteye ubwoba
  • Indatwa Keitha Devotha9 years ago
    Danier Komereza aho ndagushyigikiye ahubwo abantu bamenyeko ababi n.abeza bagomba kubaho kd barebe message ntibarebe ibikorwa
  • tutuba yannick noah9 years ago
    njye mbona iyo yakinnye kuriya film iryoha ahubwo nakomereze aho ngaho!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!
  • abdil blue ivy carter 9 years ago
    just watch wrong turn or saw it is a job of actors
  • abdil blue ivy carter 9 years ago
    just watch wrong turn or saw it is a job of actors
  • TUYISHIME innocent9 years ago
    big up komereza aho ndabizi abanyarwanda bazageraho bamenye gutandukanya role umuntu akina muri film na realite
  • MUHOZA GEOVANIE8 years ago
    NI BYIZA KUBONA UMUNTU UFATA ROLE AKAYIDRAMATIZA NEZA! ICYA NGOMBWA NI UKO UBUTUMWA BUTANGWA. NI AKOMEREZE AHO





Inyarwanda BACKGROUND