RFL
Kigali

Celestin Gakwaya, Didier Kamanzi, umuhanzikazi Charly (Charly&Nina), ni bamwe mu biyongereye muri filime y'uruhererekane Sakabaka-AMAFOTO

Yanditswe na: Mutiganda wa Nkunda
Taliki:28/02/2015 14:54
4


Filime y’uruhererekane Sakabaka isanzwe inyura kuri televiziyo y’u Rwanda, ikomeje kwaguka aho nyuma y’uko ku gice cyayo cya 2 (Season 2) hiyongereyemo abakinnyi Liane Mutaganzwa na Fidelite Irakoze kuri ubu ku gice cyayo cya 3 (Season 3) hiyongereyemo abandi bashya.



Aba bakinnyi bashya biyongereye muri iyi filime harimo Celestin Gakwaya wamenyekanye cyane nka Nkaka, Didier Kamanzi wamenyekanye nka Max, Jackson Mucyo usanzwe akuriye Ishusho Arts itegura Rwanda Movie Awards akaba anasanzwe akina filime aho azwi cyane nka Pablo, Jean Michael Ngabo uzwi muri filime Catheline nka Chris, umuhanzikazi Charly uririmba mu itsinda rya Charly&Nina, n’abandi.

Ikipe nshya y'abakinnyi ba Sakabaka, harimo abasanzwe bakinamo n'abandi bashya biyongereyemo

Ku mugoroba wo kuri uyu wa 5 nibwo aba bakinnyi bashya berekanwe mu birori byotwa Shooting Party, bikaba ari ibirori bihuriza hamwe abakinnyi b’iyi filime mu rwego rwo guhuza abaje ari bashya na bagenzi babo basanzwe bakina, mu gikorwa gitegura ifatwa ry’amashusho y’iyi filime cyabereye kuri Romalo Guest House.

Celestin Gakwaya ni umwe mu bakinnyi bashya biyongereye muri iyi filime aho azakina yitwa "Kiroha", akazaba ariwe mugome uhanganye n'abantu bose (Debande)

Charly, uririmba mu itsinda rya Charly&Nina (wicaye ku ruhande) nawe ari mu bakinnyi bashya ba Sakabaka

Muri ibi birori byari ibyishimo mu basanzwe bakina n'abashya. Aha harimo Didier Kamanzi (wambaye ingofero), Mugisha James usanzwe akinamo, Jean Michael Ngabo (wambaye ikoti ry'ubururu) nawe akaba ari mushya muri iyi filime

Aha harimo abakinnyi basanzwe bakina muri iyi filime hiyongereyemo Mucyo Jackson mushya

Nk’uko Denis Nsanzamahoro, akaba ariwe uyobora iyi filime akanayikinamo nk’umukinnyi w’imena yabitangaje mu kiganiro n’umunyamakuru wa inyarwanda.com, iki gikorwa cyo guhuza abakinnyi bagasabana kiba kigamije gushyira abakinnyi bose mu mwuka umwe mbere y’uko binjira mu gikorwa cyo gukina, aho biteganyijwe ko igikorwa cyo gufata amashusho y’iki gice cya 3 kizatangira kuri uyu wa mbere tariki 2 z’ukwa 3.

Mugisha James n'umunyamakuru Gisa Stevo basanzwe bakina muri iyi filime bari bishimiye kwakira bagenzi babo bashya

Gisa Stevo na Elizabeth Ibyishaka basanzwe bakina muri iyi filime

Liane Mutaganzwa na Linda nasanzwe bakina muri iyi filime. Liane yayinjiyemo kuva ku gice cya 2

Abaje muri ibi birori ntibishwe n'inzara cyangwa inyota

Louis utunganya amashusho y'iyi filime (editor)

D'Amour Selemani nyuma yo gukira ubushye yakomeje gukina muri Sakabaka, nawe akaba yari yaje kwakira bagenzi be bashya

Louis Kamanzi, akaba ariwe mushoramari w'icyubahiro (executive producer) w'iyi filime yari yitabiriye ibi birori

Nk'uko bisanzwe mu birori, ntihabura n'umuziki. Bagacinye da!

Andi makuru mashya kuri iyi filime ni uko kuri ubu igiye kujya inyuzwa no kuri TV 10 na TV 1, ikaba iteganyijwe gutangira guca kuri izi televiziyo guhera mu kwezi kwa 5 ndetse ikazanakomeza kunyura kuri televiziyo y’u Rwanda nk’ibisanzwe.

Amakuru yari yatangajwe na Denis ko iyi filime igiye guca kuri televiziyo ikomeye muri Afurika ya Africa Magic Family guhera mu kwezi kwa 2, ubwo twamubazaga uko byagenze dore ko bitigeze biba, yadutangarije ko icyatumye iyi filime idacaho nk’uko byari biteganyijwe ari uko basabwe gushyira filime mu rurimi rw’icyongereza, aho gushyiraho amagambo yiyandika hasi (subtitles), ariko bikaba ari ibintu bihenze bityo bakaba barabaye bahagaritse iyi gahunda.

Mutiganda Janvier






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • hamudu9 years ago
    gusa sakabaka bigaragara ko ababikora bazi icyo bakora nubwo tvr iduha akantu kagufi cyane igakabya pe!!
  • amina mucyo9 years ago
    sakabaka ndayemera cyane ibamo abakobwa beza kandi basobanutse kandi bazi no gukina mukomeze mutere imbere Rwasa ni bintu bye cyane
  • butera9 years ago
    wish you all the best sakabaka team mukomeze mutere imbere murabizi
  • 9 years ago
    birakaze





Inyarwanda BACKGROUND