RFL
Kigali

Benshi mu bakinnyi ba filime nyarwanda bahuriye muri filime ‘Urugamba’ – Incamake zayo

Yanditswe na: Mutiganda wa Nkunda
Taliki:28/04/2016 16:03
7


Filime ‘Urugamba’ ni filime yahuriyemo benshi mu bakinnyi ba filime nyarwanda, barimo Kamanzi Didier, Uwamwezi Nadege, Kirenga Saphine, Uwamahoro Antoinette, Rukundo Arnold, Iyamuremye Hawa, Damour Selemani, Nkota Eugene, Habiyakare Muniru ari nawe wayiyoboye, n’abandi.



Iyi filime yakozwe mu nkuru ivuga ku rukundo  ndetse n’ubuzima busanzwe yanditswe, iyoborwa ndetse ikinwamo n’umukinnyi  Habiyakare Muniru umenyerewe ho kugaragara mu ma filime akoranye ubuhanga; dore ko bimaze kugararagara ko ari umwe mu bantu bamaze kwegukana ibihembo byinshi bitangirwa hano mu Rwanda nko kuri filime Catherine yayoboye akanakinamo, Butorwa, Bibaho,…

Ubwo inyarwanda.com yaganiraga na Muniru yadutangarije ko ari filime yamutwaye amafaranga menshi, mu rwego rwo kugira ngo azagaruze igishoro yatanze yamaze gushyiraho uburyo bushya bwo gucuruza iyi filime bitanyuze kuri CD gusa, ahubwo binyuze no mu buryo bwo gushishikariza abanyarwanda no kubakundisha kureba filime yasanze agiye kujya azibegereza mu ntara no mu turere twinshi tugize igihugu aho azahazenguruka ari kumwe n’aba bakinnyi bayikinnyemo bagenda berekana iyi filime.

Yakomeje adutangariza ko uretse ubu buryo bushya azanye, iyi filime izacuruzwa no mu buryo busanzwe aho izacururizwa ku isoko rya filime rya hano mur wanda aho bita muri African Movie Market dore ko iyi kampani yemeza ko ariyo yashoye imari mu gikorwa cy’itunganywa ry’iyi filime.

Akomeza adutangariza ko iyi filime izagira ibice bigera kuri bitatu, aho igice cya mbere kizagera ku isoko  mu kwezi kwa gatanu ku uyu mwaka.

Asoza yemeza ko iyi filime yamuvunnye cyane mu rwego rwo kugira ngo ashimishe abakunzi ba filime nyarwanda anabasaba kujya bashyigikira ibihangano nyarwanda kugira ngo bikomeze gutera imbere kuko asanga nibitera imbere bizaba ari ishema rya buri munyarwanda.

REBA INCAMAKE ZA FILIME URUGAMBA

Ben Claude






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Ibrahim7 years ago
    Courage courage kabisa tubari inyuma
  • bufa7 years ago
    Film itarimo rwasa feke muzayirebera
  • iradukunda7 years ago
    ndifuza ko umuntu yajyazibona no kuri you tube nibabishoboka
  • ramadh7 years ago
    rwasa c ni cd ngo atahari ntitwareba ahibwo woe feck! uvuze ubusa
  • Helene7 years ago
    Ibyo bi film byanyu bya fake gusa film.itarimo ngenzi cg rwasa ni film nyabaki
  • Alex 7 years ago
    hahaaaa Ariko nkuwo uvuga Rwasa ni iyihe film ukimubonamo umuntu uheruka gukina muri 2011 koko?byaramucanze arabireka ngo yabuze Igikombe na kimwe, uzarebe za Film nka Catherine ubuhanga ikinanye urebe Rwasibo,urebe nizindi sha umbwire ko Rwasa arimo?hanyuma nurangiza umurate uko?ahubwo se azagaruka mukibuga niba utegereje kuzamubona muyindi film urambabaje.
  • 7 years ago
    Mbanje kubasuhuza munyihanganire ntago nivuga amazina ndabona cinema nyarwanda irkugana aheza ark nkatwe turihanze harigihe twifuza kureba film nyarwanda tukabura ahotwazishakira none umuti nuwuhe kubakeneye film nyarwanda





Inyarwanda BACKGROUND