Umukinnyi wa filime w’Umunyamerikakazi,Angelina Jolie yasuye igihugu cya Kenya nk’intumwa yihariye y’Umuryango mpuzamahanga wita ku mpunzi mu rwego rwo guhumuriza abakobwa b’abangavu baba mu nkambi y’impunzi iri muri iki gihugu.
Angelina Jolie yasuye abakobwa basaga makumyabiri bakomoka mu bihugu bitandukanye baba mu nzu icungiwe umutekano yitwa ‘HESHIMA’. Mu ruzinduko rwe aganira n’itangazamakuru,Angelina Jolie Pit yagize ati “Ihohoterwa rishingiye ku gitsina rifata indi ntera iyo abakari ku miriye ari bo barikora” Yongeraho ko igihe kigeze kugira ngo abayobozi bafate iya mbere bisubireho,babe intanagarugero kandi bafate ingamba nshya.
AMAFOTO
Ubwo yagezaga ijambo rye kuri abo bakobwa
Yari acungiwe umutekano mu buryo bukomeye
TANGA IGITECYEREZO