RFL
Kigali

Abakinnyi b'ikinamico Umurage bakoreye umuganda i Nyaruguru banasusurutsa abaturage baho-AMAFOTO

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:28/12/2017 13:19
0


Muri gahunda abakinnyi b'ikinamico Umurage bafite yo kuzenguruka igihugu basusurutsa abaturage binyuze mu ikinamico, aba bakinnyi bakubutse mu karere ka Nyaruguru aho bakoze umuganda bagasana inzu y'umuturage utishoboye.



Ni igikorwa bakoze kuwa 28/12/2017 aho abakinnyi b'ikinamico Umurage bakoze umuganda wo gusana inzu y'umurage utishoboye, nyuma yaho bagasusurutsa abaturage bo mu murenge wa Ngoma mu karere ka Nyaruguru. Abaturage b'i Ngoma bishimiye kubona amaso ku maso abakinnyi b'ikinamico Umurage dore ko bajyaga babumva gusa kuri Radiyo.

Nkuko babikora aho bajya hose, aba bakinnyi bakanguriye abaturage b'i Ngoma kuboneza urubyaro, kurengera uburenganzira bw’abana, kwirinda imirire mibi,kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina. Ikinamico Umurage kuri ubu ikunzwe na benshi na cyane ko ifite bamwe mu bakinnyi bafite amazina akomeye muri sinema nyarwanda aho twavugamo: Niyitegeka Gratien (Seburikoko) ukina muri iyi kinamico 'Umurage' yitwa Yabesi, Ben Nganji (Inkirigito) n'abandi benshi. 

REBA AMAFOTO

Umurage

Bakoze umuganda wo gusana inzu y'umuturage utishoboye

UmurageUmugandaUmurage

Basanye inzu y'umuturage

Umurage

Umurage

Nyuma y'umuganda basusurukije abaturage

UmurageUmurage

Abaturage bishimiye kubona abakinnyi b'ikinamico Umurage






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND