RFL
Kigali

Abahanzi nyarwanda bamaze gushyirirwaho inama nkuru y’igihugu ibashinzwe

Yanditswe na: Mutiganda wa Nkunda
Taliki:29/04/2016 18:08
4


Nyuma yo kumara igihe kinini basa n’abatazwi kuri ubu abahanzi nyarwanda mu ngeri zinyuranye bamaze gushyirirwaho inama nkuru y’igihugu y’ abahanzi ibashinzwe (National Arts Council).



Kuri uyu wa Gatanu taliki ya 29 Mata 2016 ku bufatanye bwa MINISPOC n’Inteko nyarwanda y’ururimi n’umuco (RALC) bashyizeho inama y’igihugu y’abahanzi. Afungura iyi nama,Dr James Vuningoma, umuyobozi wa RALC yatangaje ko nyuma y’igihe kinini abahanzi nyarwanda batagira aho babarizwa  bafashe umwanzuro wo gushiraho iki kigo kizaba gihuriyemo abahanzi bose muri rusange.

Iki kigo kikaba kije mu rwego rwo kugira ngo kibashe kubahuza no kuba bakorera hamwe nk’abakora umwuga umwe muri rusange ndetse no kubavuganira hanashakirwa hamwe icyabafasha gutera imbere binyuze muri icyo kigo kuko noneho bazaba bazwi nk’abahanzi bafite aho babarizwa.

Nyuma yo gusobanurira abari mu nama itangiza iryo iki kigo akamaro kizabagirira, babyishimiye ndetse bahita banatangira gukora,  aho ku ikubitiro abari aho bashyizeho komite ibahagarariye by’agateganyo nyuma y’igihe gito bakazahamagara inama rusange y’ abahanzi bose dore ko kuri ubu hari hari abahagarariye Federasiyo zitandukanye zihagarariye abahanzi uko ari esheshatu (6).

National Arts Council

Abahanzi b'ingeri zose bari bitabiriye iki gikorwa cyo gutangiza iyi nama y'igihugu y'aahanzi

Urutonde rw’abatorewe kuyobora inama nkuru y’igihugu y’abahanzi  nyarwanda by’agateganyo:

Umuyobozi mukuru (Perezida): Ntihabose Ismael. Ismael niwe usanzwe ayobora urugaga rwa sinema nyarwanda.

Vice perezida: Kibibi Jean de Dieu, waturutse mu rugaga rw’abanyabugeni.

Umunyamabanga: Nyirishema Celestin, wo mu rugaga rw’abanditsi b’ibitabo.

Umubitsi: Dukuzumuremyi Marie Chantal, usanzwe uhagarariye urugaga rw’abanyamideli.

National Arts Council

Ismael Ntihabose wari usanzwe ayobora urugaga nyarwanda rwa sinema niwe watorewe kuyobora iyi nama

Uretse aba batorewe iyi myanya mu buyobozi bukuru bw’iyi nama, muri rusange buri rugaga rwatoye umujyanama wo kuruhagararira mu nama y’igihugu y’abahanzi.

Mu rugagaya rw’abanditsi b’ibitabo hatowe Basengo Louis

Mu rugaga rw’Ubugeni hatowe Birasa Bernard

Mu rugaga rwa Muzika hatowe Mucyo Nicolas

Mu rugaga rw’ikinamico hatowe Jerome Ndamage Migisha

Mu rugaga rw’Imideli hatowe Komezusenge Josette

Mu rugaga rwa sinema hatorwa Harerimana Ahmed

Nyuma y’uko hashyizweho aba bayobozi, bahise bahabwa inshingano bagiye gukora arizo zo gutegura amategeko iyi nama izagenderaho no gushaka  ibyangombwa byayo.

Ben Claude






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • The love7 years ago
    Okay......wenda naruswa igaragara muri talent promo yacirwa ingufi...impantozishoboye zika byazwa umusaruro.......gwose iyi committee ifite akzi katoroshye go ahead
  • jonny7 years ago
    ibi ni byiza. ni intambwe y'ingenzi mu guteza imbere abahanzi
  • ramadh7 years ago
    thx ben
  • Israel Irankunda6 years ago
    Nitwa Israel Irankunda, nkaba ndi umwanditsi w'ibitabo. Nanditse ibitabo by'imibare by'umwaka wa kane mu mashuri yisumbuye mu Rwanda. Ibyo bitabo bijyanye n'integanyanyigisho nshyashya. Nashakaga kubaza niba haba hari urugaga ruhuza abanditsi b'ibitabo. Turifuza guhura tukungurana ibitekerezo no kugaragaza imbogamizi bityo tukareba uko dukemura ibibazo duhura nabyo. Kimwe mu bibazo mfite ni uko mu by'ukuri mfite byinshi nifuzaga kugeza ku basomyi ariko naje kubura aba publishers kuko abo twakoranaga twasoje amasezerano twari twagiranye. Murakoze!





Inyarwanda BACKGROUND