RFL
Kigali

Yayeli wa Kingdom of God, gukumira hip hop, umukobwa wambaye ubusa imbere y’abantu: tumwe mu dushya twaranze ‘I Am The Future’

Yanditswe na: UDAHOGORA Vanessa Peace
Taliki:9/12/2018 3:19
9


I am the Future ni urushanwa rigamije kuzamura impano zo kuririmba ndetse kuri uyu wa 6 tariki 08/12/2018 habaye amarushanwa yahuriwemo n’abaririmbyi bagera kuri 25. Iri rushanwa rizahemba umuntu uzaryegukana miliyoni 15 z’amanyarwanda ndetse uzakurikiraho azahembwa miliyoni 7. Tugiye kugaruka mu dushya twaranze aya marushanwa.



Iki gitaramo cyo guhitamo 18 muri 25 bagomba gukomeza mu irushanwa I Am The Future cyabereye mu mujyi wa Kigali muri Hotel des Milles Collines, cyitabiriwe na benshi mu byamamare mu muziki wo mu Rwanda ndetse abandi bitabiriye iki gitaramo bari benshi ku buryo aho cyari cyateganijwe kubera habaye hato cyane ugereranyije n’abantu bari bacyitabiriye.

Uretse kuba abantu bari benshi, hari n’abahisemo gutaha kuko bari bangiwe kwinjira ku mpamvu z’uko nta hantu bari kubona bajya mu nzu yabereyemo igitaramo. Inyota yo kureba iri rushanwa rero ntiyari iy’ubusa, dore ko cyarimo udushya twinshi dutandukanye twatumye abari aho bataha baganira ku bintu bitandukanye byabaye.

Yayeli Niyitegeka, umuramyi wo muri Kingdom of God Ministries ari muri iri rushanwa

Abakurikiranira hafi ibijyanye n’umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana bazi Yayeli Niyitegeka nk’umwe mu bahanga baririmba muri Kingdom of God Ministries. Uyu mukobwa yaje ku rubyiniro ubona nta gihunga afite, ndetse n’uburyo yitwaraga wabonaga ko ibyo kuririmba imbere y’abantu atari bishya kuri we.

I am the future

Yayeli wo muri Kingdom of God Ministries yatunguye benshi mu ijwi ryiza ry'umwihariko

Yaririmbye indirimbo n’ubundi yo kuramya Imana ndetse yishimirwa na benshi agaragaza ubuhanga mu ijwi rye. Abakemurampaka nabo bishimiye cyane uburyo Yayeli yitwaye mu miririmbire ye, bamuha amahirwe yo gukomeza mu irushanwa.

Ngo irushanwa rigamije kuririmba, hip hop yabuze aho ibarizwa

Ubwo hatangiraga gahunda yo kugenda batangaza abakomeza n’abagomba kuva mu irushanwa, Producer Nicholas wari mu bakemurampaka yasobanuye ko ubwo irushanwa ryatangiraga bajya mu turere dutandukanye gushakisha impano hari aho bageraga bakabura umuntu ushoboye kandi bakeneye kuhavana abantu 2. Ibi ngo nibyo byatumye bamwe mu baraperi barabonye amahirwe yo kwinjira mu irushanwa, gusa mu irushanwa ryo kuri uyu wa 08/12/2018 basezerewe bose babwirwa ko wenda hari igihe hategurwa amarushanwa yabo.

I am the future

I am the future

I am the future

I am the future

I am the future

Abaraperi bose bitabiriye iri rushanwa basezerewe

Ibi Nicholas yavuze byaje bisanga amagambo y’umukemurampaka Ian Mbugua wavuze ko bimugora cyane guca urubanza ku baraperi. Yagize ati “Birangora cyane guca urubanza iyo umuraperi ahatanye n’umuririmbyi kuko buri gihe nisanga umuririmbyi yaje imbere y’umuraperi. Uwo ni njye.” Nyuma y’ibi abaraperi bagera kuri 5 bari bitabiriye iri rushanwa bahise basezererwa.

Uwingabire Rebecca yikaraze ubusa bujya hanze imbaga irumirwa

Nta wamenya niba ibi Rebecca yabikoze ku bushake ngo arangaze abantu cyangwa se ari impanuka yagize, gusa yatungutse ku rubyiniro abyina ndetse anaririmba. Yari yambaye umwenda usanzwe, ikanzu imeze nk’ishati ifite umushumi mu nda. Iyi kanzu ntiyari ngufi cyane agitunguka, gusa uko yakomezaga kubyina yagendaga izamuka gahoro gahoro. Kuko atari ikanzu yegereye umubiri cyane, ibi byatumye Rebecca yikaraga aceza umuziki nuko aba yambaye ubusa abantu barumirwa.

 I am the future

Rebecca yatumye abantu bifata ku munwa 

I am the future

Ikanzu yari isatuye cyane mu mpande, yizengurukije yambara ubusa imbere y'abantu

Abakemurampaka bamushimiye uburyo yagerageje kubyina no gushyushya igitaramo gusa Ian we yavuze ko uyu mukobwa yitaye cyane ku kubyina akibagirwa ko bigomba kujyana no kuririmba neza. Rebecca yagize amahirwe yo gukomeza muri 18 basigaye muri iri rushanwa nyuma y’uko abandi 7 basezerewe.

Umwana w'umukobwa yaturitse ararira ubwo yasezererwaga mu irushanwa

Umwana muto w’umukobwa Irakarama Laura Goodness ntiyabashije kwakira igisubizo yahawe abwirwa ko atabashije guhabwa amahirwe yo gukomeza mu irushanwa. Uyu mwana ukiri muto cyane w’umukobwa yaririmbye imwe mu ndirimbo zikomeye ku isi, iyo ni ‘I Will Always Love You’ ya Whitney Houston. Akimara kubwirwa ko atazakomeza yahise aturika ararira cyane mugenzi we bari begeranye agerageza kumuhoza ariko biranga Friday James ahita aza kumufata aramuherekeza.

I am the future

Laura yabwiwe ko indirimbo yahisemo imuruta cyane

I am the future

Yarize cyane akimara kubwirwa ko nta mahirwe yo gukomeza ahawe

Amafoto: UDAHOGORA Vanessa Peace/INYARWANDA






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Wicliff5 years ago
    Mvugishije ukuri uko nabibonye Yayeli arayoboye basaza ntanubo imiririmbire ye ariyahafi aha.
  • Kiiza5 years ago
    ntago narinzi ko urwanda rufite impano ziihishe zingana kuriya Ndashimira abateguye I’m the future byatunejeje twizere ko bizakorwa mumucyo .. yayeli uko nabibonye nukomereza hariya bizaba byiza sorry kuba hip hop batashye nikigaragara ko hakenewe namarushanwa ya hip hop kuko abana barashoboye
  • TI5 years ago
    Kuk HipHop Ikandamizwa Inyarwanda.Com
  • TI5 years ago
    Kuk HipHop Ikandamizwa Inyarwanda.Com
  • TI5 years ago
    Kuk HipHop Ikandamizwa Inyarwanda.Com
  • Martin5 years ago
    Ariko babanze bashake ahantu hanini kuko hariya byabereye nihato kandi amarushwanwa yabo biragaragara ko ari kurwego rwo hejuru akunzwe cyane bitewe nabantu nahabonye. ikindi iriya systeme yabo yo gutora online rwose ntibazayiteho kuko ntago wamenya koko ko ariamajwi yabantu batoye bose hari nigihe umuntu umwe ya hacking agatora amajwi menshi. kuko twabibonye kuwa 6 ushize. hari abantu bari inyuma mumunota umwe tubona biyongereyeho amajwi agera kuri 500, hari nuwo twatoye turi benshi icyarimwe tukabona ntago biva hamwe.. munyihanganire niko nabibonye. ikindi ndizera Tonzi na Nicolas ko bazakoresha ukuri kuko ubundi ninyangamugayo judge Ian we simuzi neza. Amahirwe kuri YAYERI Wa Kingdom of God Ministries Yaradushimishije bamufata batamufata biragaragara ko azagera kure
  • Toshido5 years ago
    Nari mpari ariko aya Mafranga ni aya Yayeli kuko nta mu judge numwe wabonye Comment ku miririmbire ye uriya mukobwa azi kuririmba nubwo n'abandi harimo ababizi arko arabarusha maitrise ya stage cyaaane...
  • Toshido5 years ago
    Nari mpari ariko aya Mafranga ni aya Yayeli kuko nta mu judge numwe wabonye Comment ku miririmbire ye uriya mukobwa azi kuririmba nubwo n'abandi harimo ababizi arko arabarusha maitrise ya stage cyaaane...
  • Jacques5 years ago
    @martin kuvuga ko mwatunguwe no kubona umuntu azamuka byihuse ntagitangaza kirimo pe!!ese mwumva ko mwatoraga abandi bicaye??nkuko wumva mwatoraga muri hamwe niba mwari 5 cg 10 why not abandi batari buhurire hamwe ari 100 bagashyigikira umuntu wabo?? Mureke abashinzwe irushanwa bakore akazi kbo natwe tuzakomeze dufane uzarusha abandi azatsinde ark system tube turetse kuyitwaza!!





Inyarwanda BACKGROUND