RFL
Kigali

Urutonde rw'abahanzi nyarwanda 10 bafitanye amasezerano yo kwamamaza n'ibigo bikomeye by'ubucuruzi

Yanditswe na: Robert Musafiri
Taliki:28/10/2014 15:22
17


Mu myaka ishize benshi bavugaga ko gukora muzika mu Rwanda ari ukwishimisha gusa ku buryo nta nyungu ifatika umuhanzi yakuraga mu buhanzi bwe.Ubu ariko siko bikimeze kuko urwego muzika nyarwanda igezeho itunga uyikora ndetse ku rwego rushimishije.



Hari abahanzi nyarwanda benshi bagiye bagirana amasezerano y’ubufatanye n’ibigo bikomeye by’ubucuruzi bikorera ku butaka bw’u Rwanda aho kubera uburyo bamaze gukundwa, ibi bigo bibitabaza cyane cyane mu rwego rwo kwamamaza ibikorwa byabyo mu gihugu.

Muri iyi nkuru turagaruka ku rutonde rw’abahanzi nyarwanda 10 bafitanye amasezerano yo kwamamaza n’ibigo bikomeye bya hano mu Rwanda.

1.King James-Airtel

james

Ubwo sosiyete y’itumanaho ya Airtel yatangiraga ibikorwa byayo ku butaka bw’u Rwanda,tariki 3 ukwakira 2012 King James yasinyanye nayo amasezerano y’ubufatanye no kuyibera amabasaderi wayo mu bikorwa bitandukanye byo kwamamaza ibikorwa byayo mu gihugu.Ubu King James agaragara ndetse akanumvikana mu bikorwa byamama iyi sosiyete.

2.Knowless-MTN

knowless

Nyuma y’igihe kinini yari amaze yigaragaza mu ruhando rwa muzika nyarwanda,mu bahanzi sosiyete ya MTN yahisemo gukorana nabo harimo Knowless.Hakunze kugaragara ubufatanye hagati ya Knowless na MTN ku buryo no mu gitaramo cyo kumurika album ye yise “Butera”iyi sosiyete yamubaye hafi.

3.Jay Polly-MTN

jay

Mu mwaka w’2012 nibwo umuraperi Jay Polly yasinyanye amasezerano y’ubufatanye na sosiyete y’itumanaho ya MTN Rwanda aho kugeza ubu akigaragara ndetse akanumvikana mu bikorwa bitandukanye byo kwamamaza gahunda zitandukanye z’iyi sosiyete.

4.Dream Boys-Tigo

db

Nyuma yo kubona ko itsinda rya Dream Boys rimaze gukataza muri muzika ndetse no gukundwa cyane mu gihugu,sosiyete y’itumanaho ya Tigo yahisemo kwegera aba basore babiri basinyana amasezerano yo gufatanya mu bikorwa bitandukanye byo kwamamaza muri iyi sosiyete.Kugeza ubu Dream Boys bagaragara mu bikorwa bitandukanye byo kwamamaza ibikorwa bya Tigo.

5.Bruce Melody-Tigo

bruce

Nyuma yo y’uko asohoye album ye ya mbere yise “Ndumiwe”sosiyete y’itumanaho ya Tigo yahise imutera imboni maze basinyana amasezerano yo kwamamaza ibikorwa byayo bitandukanye ndetse no kuyibera ambasaderi.

7.Christopher-Tigo

christopher

Nyuma yo kuzamuka mu buryo budashidikanywaho muri muzika ye,Christopher nawe yasinye amasezerano na Sosiyete ya Tigo mu ntangiriro z’uyu mwaka,amasezerano yasinyiye igihe kimwe na Bruce Melody mu gihe itsinda rya Urban Boys ritongeye gukorana n’iyi sosiyete.

8.Amag The Black-Airtel

amag

Nyuma y’uko umuhanzi ukora injyana ya Hip Hop AmaG The Black yigaragaje cyane muri muzika,sosiyete y’itumanaho ya Airtel yamuteye imboni maze agirana amasezerano nayo yo kuyifasha mu bikorwa byo kwamamaza ndetse no kuyibera ambasaderi.

9.Senderi International Hit-Airtel

senderi

Nyuma y’igihe kinini amaze muri muzika nyarwanda umuhanzi Senderi International Hit nawe ari mu bahanzi basinyanye amasezerano na sosiyete ya Airtel yo kuyibera ambasaderi.Iyi sosiyete kandi yafashije Senderi mu gitaramo cyo kumurika albumu ye ya mbere "Nsomyaho"cyabereye mu ntara y'uburasirazuba.Icyo gihe abantu bose bitabiriye iki gitaramo baragaburiwe.Senderi ati:"Kuko u Rwanda rukwiye ibyiza."

10.Ciney-Airtel

Ciney

Hashize igihe kitari gito umuhanzikazi Ciney agaragara mu bikorwa bitandukanye byo kwamamaza sosiyete y’itumanaho ya Airtel.Ciney avuga ko ari gukorana n’iyi sosiyete mu bikorwa byayo bishya igenda izana ku isoko.

Nitwabashije kumenya ibikubiye mu masezerano aba bahanzi  bagiranye n’ibi bigo haba mu buryo bw’amafaranga ndetse no mu buryo bw’imikoranire.Gusa ariko bigaragara ko ibigo by’itumanaho aribyo bimaze kumenya akamaro k’umuhanzi mu bikorwa byo kwamamaza.

Ni uwuhe muhanzi utavuzwe muri iyi nkuru ubona ibigo by’ubucuruzi ndetse na sosiyete zitandukanye zikwiye kwifashisha mu bikorwa byo kwamamaza?

Robert N Musafiri






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • kabera epimaque9 years ago
    Riderman riderzo arihe koko?
  • 9 years ago
    Where is Dany Nanone? Is a gud rapper that everbody can respect
  • Bngi9 years ago
    Ababishoboye nemera ni King j.Butera know.Senderi hit.Jay polly .Drim.boy.
  • hakiza9 years ago
    Muzatugarurire senderi hano karongi turamukundaaa cyaneee Airtel sawa
  • gyu9 years ago
    hhhhh sendri hit bose arabarenzee nomubafana arabarushaaaa
  • gyu9 years ago
    hhhhh sendri hit bose arabarenzee nomubafana arabarushaaaa
  • gyu9 years ago
    hhhhh sendri hit bose arabarenzee nomubafana arabarushaaaa
  • JIMMY ERIK9 years ago
    NIBYIZA
  • aimable9 years ago
    urban boyz barihe? nyamara bashase bababyaza umusaruro Niko mbibona sinzi izo company uko zibibona
  • Theoneste9 years ago
    Dream Boyz Nikomereze Aho Turabemera Imana Ikomeze Ibongerere Imigisha
  • dusabe9 years ago
    mwagiye mushyiramo nabakinyi ba film reba nka Alicia na manzi nibeza kdi nabastar
  • lilidoss9 years ago
    Christopher kbisa arashoboye ntawumuhiga. Courage kbisa!
  • Ndomboro9 years ago
    Hit ni Hit Yaduhaye iminekeee kabisa
  • 9 years ago
    King james Oyeeeeeeeeee
  • Turayisenga Marc9 years ago
    Umuhanzi numva uburamo ntawundi ni Tomclose (Muyombo Tomas)
  • 9 years ago
    hello guyz
  • habarurema aimable 9 years ago
    numva umuhanzikazi Oda Paccy nawe vanishingly.





Inyarwanda BACKGROUND