RFL
Kigali

Urban Boys yasezeye mu marushanwa ya Primus Guma Guma Superstar 5- IMPAMVU

Yanditswe na: Robert Musafiri
Taliki:26/02/2015 8:00
30


Nyuma y’uko itsinda rya Urban Boys rije mu bahanzi 15 bagomba kutoranywamo 10 bazakomeza, ubu iri tsinda ryamaze gutangaza ko risezeye muri aya marushanwa ndetse ritanga n’impamvu.



Mu ibaruwa iri tsinda ryandikiye uruganda rwa Bralirwa ari narwo rutegura aya marushanwa ku bufatanye na EAP, Urban Boys yavuze ko yishimiye kuza mu rutonde rw’abahanzi 15 bagomba gutoranywamo 10, ariko ikaba ihisemo gusezera muri aya marushanwa.

Muri iyi baruwa, Urban Boys ivuga ko ahanini isezeye kubera ibihembo bihabwa umuhanzi uri muri aya marushanwa buri kwezi hatitawe ko umuhanzi ari umwe cyangwa ari itsinda. Bityo ngo ariya mafaranga bahabwa(Miliyoni 1 buri kwezi) ntiyavamo ibisabwa ngo batange umusaruro baba bategerejweho muri aya marushanwa.

Uraban

Iyi niyo baruwa Urban Boys yandikiye ubuyobozi bwa Bralirwa

Urban Boys itangaje ko isezeye muri aya marushanwa mu gihe biteganyijwe ko tariki 7/03/2015 aribwo hazaba igitaramo gihuza abahanzi 15 batoranyijwe mu cyiciro cya mbere mu rwego rwo gutoranyamo 10 nyir'izina bazakomeza muri aya marushanwa.

Reba hano indirimbo Till i die Urban Boys yakoranye na Riderman


Robert Musafiri






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • 9 years ago
    kbsa groupe nkiriya ntikwiye kurwanira uducah nka turiya wapi kbsa
  • 9 years ago
    ibi nibyo rwose nibongere ibihembo bareke buriya buhendabana
  • kk9 years ago
    Icyakora urabona ko iyi mpamvu ariyo koko. Ubundi mu marushanwa hakwiye gutandukanywa amatsinda n'abantu ku giti cyabo. Urugero nk'ubu Orchestre Impala iramutse yitabiriye iri rushanwa, ese nayo yajya ihabwa 1,000,000 frw ku kwezi mu gihe igizwe n'abantu basaga 20? Byaba ari igitangaza. Bralirwa n'abo bafatanya bakwiye gukemura iki kibazo , naho ubundi bazasanga gahunda bashakaga kugeraho yo kuzamura umuziki nyarwanda iburijwemo no kuzaba yitabirwa n'abantu badafite imbaraga.
  • dad9 years ago
    Ishobora kuba imwe mumpamvu ariko simpamya ko ariyo nyamukuru! umwaka ushize babimye amahirwe ntekereza ko ubu nabo bihagazeho!
  • alain bernard mukuralinda9 years ago
    Mu kinyarwanda baca umugani ngo amategeko arusha amabuye kuremera! Niba babona ko batabasha kwubahiriza amabwiriza abandi bahanzi bose bakurikiza, inzira banyuzemo niyo nibigendere mu mucyo ariko, nta mpamvu n'imwe amabwiriza yahindurwa kubera bo kuko, niba bumva kuba wahembwa miriyoni 3 cyangwa 4 ari make batanagaragaza aho bahembwa arenze ayo ngo bavuge ko baba bitesheje agaciro bayemeye, hari abandi bahanzi rwose baba ari abari mu matsinda baba ari abari bonyine bakeneye iyo nkunga kugira ngo bakomeze batere imbere. Kandi n'ubundi, Urban Boys idahari ntibyabuza irushanwa kugenda neza kuko niba mwibuka n'umwaka ushize ntibari bahari kandi byaratunganye.
  • joe9 years ago
    nimwiviremo hakiri kare nubundi mwarikuzaseba kuva Dream boyz irimo cyakoze nkomuri batanu bambere mwarikuzazamo ariko kuyitwara ntayo mwatwara kuko ibintu muririmba ntareme ntanyigisho niukwishimisha gusa ntamusanzu muha ababumva ntako mumeze mwarikuzajya mutorwa naza mayibobo!
  • emmy9 years ago
    erega nubundi pggss yagakwiye kuba iyabahanzi bakizamuka kugirango nabo batere imbere naho abagezeyo mukanareka thx dushyigikiye umuhungu wacu social mula arabikwiye kuba mwicumi
  • Bagga9 years ago
    N'ubundi ni abaswa, nta cyo duhombye.
  • emery9 years ago
    Umuntu witwa Joe wanditse hano, aramutse atsetsa rwose. ubu se ibikorwa Dream Boyz yakoze birusha ibyo Urban Boyz yakoze nibihe koko mutarinze gukabya!!? niba se babonye iryo rushanwa ari ugutesha igihe umuntu ayo mafaranga bayakuba iyo batarimo niki cyatuma badasezera!?? hubwo ndabemeye rwose...
  • jimmy9 years ago
    Basore banjye nubwo mudutengushye gusa mwakurikije ibyunguka naho uvuga ko mudashoboye we mumureke azahora kd uruvugo ruvuna uruvuga uvugwa yigaramiye nubund million imwe murayirenza mukwezi kd mutavunitse Super level 4eva n ever!!
  • kadogo9 years ago
    mufashe icyemezo cya kigabo bigaragara ko mumaze kuba mature ntimuri ku rwego rwo guhembwa miliyoni mu bitaramo 4 byo. nanjye nimuyemera nkanabajyana kuri radio mukanyamamariza nkuko nabonye babikora muzambwire mbafate kabisa nakunguka. atari nirushanwa
  • Kay 9 years ago
    joe imwe munjiji nabonye kwisi uragereranya ibitagererankwa nabahanga turabazi bo bayakorera muri show imwe reka bagiye kwikorera ingoma Nigeria bave mumanjwa ya guma guma.urban boys forever
  • KT9 years ago
    urban boys oyeeeeee. nkunda ko muzi ubwenge. murandyohera sana. ndabakunda , murabizi kbsa. ntanuwabonye turiya dufaranga nabonye wagize icyo ageraho gihambaye. ibyanyu muba mubizi. uuuuuuhmmm
  • 9 years ago
    sha mwateye imbere nubundi ntibibabuze amahirwe yanyu mubindi kdi nkunze ko mwanditsse mururimi rwanyu kubujyo buriwese abasha kubisoma
  • gaelle batamuriza9 years ago
    kuberiki mwafashe icyo kemezo,?,sha gs ndabakund
  • Theoneste 9 years ago
    Sha ndabemeye rwose kuko urwego mugezeho ntanumwe mwari mukwiye kurushanwa nawe hano MU Rwanda kuko muri Africa dufite amansinda atatu gusa mwakabaye murushanwa ariyo 1,p.quare,good life na urban boys yacu kdi dukunda tukanayishimira cyaneeeee!!!! So redo buriya bu fuckin money bwa bralirwa nimu bwihorere ahubwo mudutegurire ibitaramo twibyinire maze murebeko tutayakuba x10
  • Theoneste 9 years ago
    Sha ndabemeye rwose kuko urwego mugezeho ntanumwe mwari mukwiye kurushanwa nawe hano MU Rwanda kuko muri Africa dufite amansinda atatu gusa mwakabaye murushanwa ariyo 1,p.quare,good life na urban boys yacu kdi dukunda tukanayishimira cyaneeeee!!!! So redo buriya bu fuckin money bwa bralirwa nimu bwihorere ahubwo mudutegurire ibitaramo twibyinire maze murebeko tutayakuba x10
  • nyagahene9 years ago
    Mwagize neza kuko ntaho mwari kuzagera, none se live yanyu ko tuyizi yarikuzabageza he? indirimbo se yanyu igikunzwe ni iyihe koko, ni ubuhe butumwa mutanga harya. Yaweee!!! Rata ndabashimye mwari kuzaseba kabisa nka sendiri umwaka washize.
  • Nyabunyana9 years ago
    batainye ko batazatorwa
  • Aphrodis9 years ago
    Banze kwongera gukema ahumbwo bahame hamwe indatwa zibigaragarize nubundi baje bazisanga mugakino gusa umurerwe usiga inzara kndi umwijuto wikinonko nimvura murumva basha





Inyarwanda BACKGROUND