RFL
Kigali

Urban Boys bakomeje kugirira ibihe byiza i Burayi, mu Busuwisi bakiriwe na Ambasaderi - AMAFOTO

Yanditswe na: Editor
Taliki:12/09/2014 8:18
16


Abasore batatu bagize itsinda rya Urban Boys beherereye ku mugabane w’u Burayi aho bajyanye n’umuraperi Jay Polly, bakomeje kugirira ibihe byiza kuri uyu mugabane, dore ko nyuma y’ibikobwa bitandukanye mu Bubiligi ubu noneho bageze mu Busuwisi aho bakiriwe na Ambasaderi w’u Rwanda muri icyo gihugu.



Kuwa gatandatu tariki 6 Nzeri nibwo Urban Boys na Jay Polly bataramiye abantu basaga igihumbi bari bitabiriye ibirori by’isabukuru ya Team Production, nyuma yaho nabwo bakaba barakomeje ibikorwa bitandukanye bya muzika, muri ibyo hakaba harimo ifatwa ry’amashusho y’indirimbo yitwa “Sinzahinduka” bakoranye n’umuhanzi w’umunyarwanda Kode uzwi cyane nka Faycal, uyu akaba asanzwe aba mu gihugu cy’u Bubiligi ariko indirimbo yakozwe na Producer Piano ubwo Kode yari mu Rwanda.

urban

urban

urban

urban

Urban Boys mu mashusho y'indirimbo bakoranye n'umuhanzi Kode

Urban Boys mu mashusho y'indirimbo bakoranye n'umuhanzi Kode

Amashusho y’iyi ndirimbo yafatiwe muri iki gihugu cy’u Bubiligi, uretse kuba azaba agaragaramo zimwe mu nyubako zidasanzwe zimenyerewe mu Rwanda, Urban Boys banemeza ko arimo gukorwa n’umuhanga kuburyo udushya n’ibintu bidasanzwe bisanzwe bigararagara mu mashusho y’indirimbo zabo bigikomeje. Muri aya mashusho kandi, umuraperi Jay Polly bari kumwe i Burayi nawe azaba agaragaramo.

urban

urban

urban

urban

urban

urban

urban

urban

urban

urban

urban

urban

urban

urban

urban

urban

urban

 urban boys

Ibi byose ni bimwe mu bizagaragara mu mashusho y'indirimbo ya Urban Boys na Kode

Ibi byose ni bimwe mu bizagaragara mu mashusho y'indirimbo ya Urban Boys na Kode

Nyuma yo gufata aya mashusho, Urban Boys bitegura ikindi gitaramo mu gihugu cy’u Busuwisi, bahise berekezayo ndetse banakirwa n’uhagarariye u Rwanda muri icyo gihugu, ibi bikaba byakomeje kubongerera imbaraga n’akanyamuneza mu myiteguro y’igitaramo bazakora kuri uyu wa gatandatu mu Busuwisi, iki gitaramo bakazagikorera hejuru y’amazi magari, aho bazaba bataramira abantu mu bwato.

urban

urban

urban

Urban Boys bakiriwe na Ambasaderi w'u Rwanda mu Busuwisi

Urban Boys bakiriwe na Ambasaderi w'u Rwanda mu Busuwisi

Nyuma y'iki gitaramo bazakorera mu Busuwisi, Urban Boys bazahita basubira mu Bubiligi aho bazasanga mugenzi wabo Jay Polly hanyuma bose bakazahagurukira muri icyo gihugu bagaruka mu Rwanda kuwa mbere tariki 15 Nzeri 2014. Jay Polly nawe akaba akomeje kugira ibihe byiza mu Bubiligi, dore ko yanatumiwe kuri Radio yitwa KIF mu mujyi wa Bruxelles aho yaririmbye indirimbo ze zitandukanye.

Jay Polly

Jay Polly kuri Radio KIF i Bruxelles mu gihugu cy'u Bubiligi

Jay Polly kuri Radio KIF i Bruxelles mu gihugu cy'u Bubiligi

Manirakiza Théogène






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • sandrine9 years ago
    Eeehh, courage basore.ariko se Suisse ntabana bato bahaba.ko nta byuki mutwereka.
  • sandrine9 years ago
    Eeehh, courage basore.ariko se Suisse ntabana bato bahaba.ko nta byuki mutwereka.
  • herve9 years ago
    Courage basore tubari inyuma!!!!!
  • Damascene9 years ago
    turabashyigikiye basore gusa muduhagarire neza
  • Matsiko9 years ago
    Courage mais mfite impungenge!!! nyamuneka muzagaruke mwese basore dore nubushize ko hari udusigne mwagaragaje twokuuu......
  • Alice9 years ago
    Imana ikomeze kubarinda.
  • adojo9 years ago
    mukomereze aho basore nibyiza
  • umurerwa9 years ago
    Courage basore bacu ibyiza birimbere kbs
  • 9 years ago
    ROYAL
  • nshimiyimana lune9 years ago
    Basore murashoboyeee courage kdi abatekereza KO mushobora kugumayo ntabyo bazi
  • nshimiyimana lune9 years ago
    Basore murashoboyeee courage kdi abatekereza KO mushobora kugumayo ntabyo bazi
  • Iradukunda Lambert9 years ago
    Mukomereze aho basore bacu duhore imbere.
  • 9 years ago
    swagger boyz oyeeeeeeeee
  • sibo manasse9 years ago
    ubanza industry yacu imaze gukara nubwo abacantege batabura, kubura muri PGGSS byababereye chance basore, swaga funs turabashyigikiye
  • Claire9 years ago
    Basore courage murashoboye pe ! Ndabakunda.
  • RICHARD9 years ago
    URBAN BOYZ OYEEEEE TURABAKUNDA SANA





Inyarwanda BACKGROUND