RFL
Kigali

Umwitozo wa Pompaje (Push ups) wagaraguriye Ama G i Nkumba aho ari mu itorero-Amafoto

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:26/09/2016 14:32
0


Kuva ku itariki 17 Nzeri 2016 abahanzi basaga magana atatu bari kubarizwa i Nkumba mu ntara y’Amajyaruguru aho bari gutorezwa ubutore. Muri uku gutozwa abahanzi bakora imyitozo inyuranye, gusa umwitozo wa Push Ups uzwi nka pompaje mu rubyiruko wagaraguriye Amag The Black i Nkumba nkuko bigaragara mu mafoto ava muri iki kigo.



Amag The Black yagaraguwe na pompaje kuri uyu wa Gatandatu tariki 24 Nzeri 2016 ubwo abahanzi bari mu itorero bakoraga umwitozo ukarishye mbere yuko bahabwa izina ndetse n’ikivugo, muri iyi myitozo yakozwe mu gitondo cya kare harimo nuyu witwa Push Ups cyangwa pompaje nkuko urubyiruko rubyita maze ubwo Amag The Black yagerwagaho na bagenzi be uyu mwitozo uramunanira burundu agera ubwo yipfukamira nkuko bigaragara ku mafoto.

intore

Uyu mwitozo wari ingume ku bahanzi bari mu itorero

Uyu mwitozo wakoreshejwe abahanzi bose byagaragaye ko ari uwmitozo utoroshye kuko washoboye bake, umwe mubo uyu mwitozo wagaraguye ni Amag The Black umuhanzi uzwi cyane mu njyana ya HipHop, kuri ubu uzwiho kuba yariyunze na Jay Polly ndetse nubwo batagiranye ibihe byiza bamaze iminsi bamurika Album yabo nshya bise ‘Ubuzima bwanjye’ ariko ibitaramo byo kumurika iyi album ntibyitabirwe cyane.

intoreAmag The Black umwitozo uramunaniye burundu arisekera n'abandi ariko bamunyuzamo ijisho bakisekeraintoreUmwitozo aba bari kugenda bawumenyera

intore

N'abakobwa uyu mwitozo barawukoze

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND