RFL
Kigali

Umunyamakuru wo muri Gabon yasutse amarira nyuma yo guhabwa serivisi atakekaga mu bitaro bya Faycal

Yanditswe na: Manirakiza Théogène
Taliki:5/02/2016 10:55
18


Kuri uyu wa Kane tariki 4 Gashyantare 2016, umunyamakuru wo mu gihugu cya Gabon umaze igihe mu Rwanda aho yari yaje gukurikirana imikino y’igikombe cya CHAN ikomeje kubera mu Rwanda, yasutse amarira amarira nyuma yo kubona serivisi atakekaga mu bitaro byitiriwe umwami Faycal.



Uyu munyamakuru wo muri Gabon yagize ikibazo cy'uburwayi bw'amara ajyanwa kuri ibi bitaro byitiriwe Umwami Faysal biherereye ku Kacyiru mu mujyi wa Kigali, nyuma yo kumusuzuma arabagwa yitabwaho bidasanzwe, nyuma yo kubona urugwiro bamwakiranye na serivisi nziza bamuhaye biramurenga asuka amarira y’ibyishimo muri ibi bitaro.

Dr Emmanuel Kayibanda wabaze uyu murwayi yaganiriye n’umunyamakuru wa Inyarwanda.com ahamya iby’aya makuru, ariko ntiyabashije kugira byinshi asobanura kuko yari mu kazi kihutirwa ku kwita ku barwayi b’indembe.

Aha uyu munyamakuru yari ari kumwe na Dr Kayibanda Emmanuel wamuvuye

Aha uyu munyamakuru yari ari kumwe na Dr Kayibanda Emmanuel wamuvuye

Diana Kaneza ushinzwe itangazamakuru mu bitaro byitiriwe umwami Faycal, yatangarije Inyarwanda.om ko uyu mugabo yarijijwe n’uko yaje mu Rwanda mu kazi ko gukurikirana imikino ya CHAN akaza guhura n’ikibazo cy’uburwayi afatiwe mu gihugu cy’amahanga, akaba atarakekaga ko mu Rwanda hari serivisi nziza nk’izo yahawe muri ibi bitaro, ndetse akaba yaramaze gukira neza kuburyo yerekeza iwabo kuri uyu wa Gatanu.

Serivisi nziza yahawe zatumye agenera ibi bitaro impano nk'urwibutso rw'ibyo yakorewe

Serivisi nziza yahawe zatumye agenera abakozi b'ibitaro bamwitayeho impano nk'urwibutso rw'ibyo yakorewe






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • 8 years ago
    Bikomeze no kubene gihugu service nziza ntirangirire Ku banyamahanga
  • tigo8 years ago
    Waouh !!!! Proudly rwandan! iki ni best advert ishobora gukorwa. Uyu munyamakuru nawe azi gushima kabisa.
  • fred8 years ago
    Nukuri mwagize neza mugaragaje isura nziza yuRwanda, mugende muhindura amateka mubikorwa amagambo bazayivugira bo.
  • Natacha8 years ago
    Faycal hari umu docteur nashatse gushimira ndamubura. Muri iyi munsi chan itangira najyanye umwana isaro ryamugiye mu zuru, ;mujyana kuri urgence ngo kuko abaganga bo muri ORL bari batashye kiko nahageze nka 19h. Ariko uwo muganga wundi warikuyemo yabanje kutubwira ko ataribyo avura, Ariko aterefona mugenzi amubwira uko abigenza, maze ajya kuzana ibikoresho, ahita amuvura. Ni ukuri Imana yonyine imerebe imuhe umugisha kuko yatwakiriye neza.
  • Didine8 years ago
    Faisal rwose turabashimye , isura nziza y'igihugu mwayigaragaje. Gusa ibyiza ukwihutisha service byakorerwa n'abenegihugu kuko hajya habamo gutinza service
  • 8 years ago
    service nziza ihabwa abanyamahanga kuruta twe nabyo bazabikosore
  • Rwasibo Nshuti Pacific8 years ago
    Ibi rero birerekana ko u'Rwanda rufite ubukangurambaga bukomeye ndetse bujyanye n'umuco w'abanyarwanda wo kwakira neza.
  • Hakuzimana Jean Pierre8 years ago
    Nibyiza cyane ni ishema ku gihugu cyacu kdi abanyarwanda dukomeje kwihesha agaciro kandi abo abakozi nabo Imana ibahe umugisha
  • Dou28 years ago
    Uku ni ukuri, si bose yego ariko hari abantu bazi gutanga services nziza rwose ku buryo bikurenga ukaba wanarira nk'uyu munyamahanga. Abantu bo muri PSF nabo batanga services nziza cyane. Noneho kuri Plateau Clinic naho hari abaganga bakira abarwayi neza ku buryo wumva uburwayi burimo bugabanuka. Bakkomereze aho Imana ijye ibaha umugisha cyane.
  • 8 years ago
    ibyo ni ukwigaragaza kubanyamahanga, ubwo se niko bimeze mugihugu cyose? cg nugukanga amahanga
  • zogo8 years ago
    byiza cyane Ahubwo nabaganga bo mubitaro byakarere ka rusizi (GIHUNDWE HOSPITAL) minisante izabafate izabazane aho bige uko batanga servisi nziza kuko barakabije umuntu asigaye yemera agafata urugendo akajya kwivuriza kubindi byakure pe.
  • Lydie Abatuje8 years ago
    Ibyo Bintu Nibyo Gushimirwa Cyne.Kdi Ibyo Bitaro Nibikomereze Aho Kuko Si Ubwambere Bitanze Service Nziza.Welcome Kbx!
  • Pierre 8 years ago
    Nshimishijwe cyane nuko uyumurwayi yakize.Twari turwariye mucyumbakimwe kdi byagaragaraga ko arembye cyane.Nukuri nange ndashimira Faisal kuko batwitayeho muburyo bwose bushoboka. Nabanyamwuga.
  • Prince 8 years ago
    Un pay organise.
  • Ctzn8 years ago
    Wao. Uwo ni umusaruro wa Perezida w'u Rwanda udahwema gukebura abantu ngo batange serivisi inoze, ngaho se bazajye no mu bitaro bya Remera Rukoma muri Kamonyi bigishe abaho imikorere isobanutse.
  • Florentino8 years ago
    Ibyo turabikesha leta yacu ndetse nurwego turimo kubaka service zacu mugihugu ndetse no hanze aho badukeneye. buli munyarwanda wese agomba kunva ko ahantu hose akora yaba ashinzwe kwakira abamugana abikore numutima mwiza yaba yishimiye cg atishimira ibyo akora yakire kandi atange service neza atateze ko uwo ayiha amushima cg amugaya kuko iyo amushimye aba ashimye uRwanda yamugaya nabyo murabyunva aba agaye Urwanda. Faycal mukomereze aho nubwo nta "Obligation de Resultat"bivuga ko umurwayi wese ubagana ko mwamukiza harigihe byanga ariko nibura aba akeneye icyambere kwakirwa neza kuva kuli reception-Dr kuko bituma yizera ibyo mumukorera ko byamugirira akamaro. Ndetse ninzego zose mu gihugu zitanga service mubikore neza kuko turacyafite urugendo rwokunvisha isi ko nubwo tutafite Zahabu,Petrol turacyafite ibyo abandi babuze (Kwiha Agaciro no Kwakira neza abatugana)kandi bifite agaciro karengeje zahabu na petrol murakoze. Imana ishimwe ko iduhaye umuvugizi mwiza muli Gabon umunyamakuru afite influance aravuga rikijyana Sf
  • james8 years ago
    Pr Kayibanda we uwiteka akomeze akurinde uri mu baganga dufite bindashyikirwa. Uwaguhanze akomeze nawe uguhe buzima burambye kandi buzira umuze. Faycal igihugu cyacu nubuyobozi bwiza Uwiteka abisigasire kandi natwe tubibumbatire
  • EM8 years ago
    Nukuri rwose KAYIBANDA ni umubyeyi pe, aca bugufi cyane agafasha umuntu uko ashoboye uwabishobora wese yamuha impano, jyewe nabonye abakozi ba Faisal batanga service nziza cyane ababashije kungeraho bose ibyo bankoreye naranyuzwe. So as a gift IMANA ISHOBORA BYOSE KANDI IKAREBERA HOSE ICYARIMWE ijye ibafasha muri byose ibahe umugisha kandi isubize ibyifuzo byanyu byose.





Inyarwanda BACKGROUND