RFL
Kigali

Umunyamakuru Fuade (Papa w’abatoto) wa TV10 yasezeranye n’umukunzi we bamaranye imyaka ine-AMAFOTO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:28/09/2018 19:40
1


Uwihanganye Mwene Butare Fuade umunyamakuru wa Radio/TV10 wamenyekanye ku izina rya Papa w’abatoto yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we Bilha bamaze imyaka igera kuri ine baziranye, ibiri muri yo bayimaze mu munyenga w’urukundo.



Umuhango wo gusezerana kw’aba bombi wabereye mu Murenge wa Rwezamenyo i Nyamirambo mu mujyi wa Kigali, kuri uyu wa 28 Nzeri 2018. Fuade ni umunyamakuru uzwi na benshi mu gisata cy’imikino kuri Radio 10. Yumvikana cyane mu kiganiro ’10 Zone”. Kuwa 07 Ukwakira 2018 nibwo hateganyijwe ubukwe nyirizina.

Fuade

Fuade yasezeranye n'umukunzi we

Fuade aherutse kubwira INYARWANDA ko imyaka ishyira itanu aziranye n’uyu mukobwa, ngo ibiri muri yo niyo bamaze bari mu rukundo. Ati :  Tumaranye imyaka 4 turimo kwinjira mu mwaka wa 5 tuziranye, naho mu rukundo turi mu mwaka wa 2."

Yavuze ko nta mpamvu yihariye yatumye akunda uyu mukobwa kuko ngo ‘ibaye ihari ikazaba itagihari byaba bisobanura ko naba ntakimukunda’. Ahamya ko ntawundi mukobwa yigeze agereranya n’umukunzi, ngo abaye ahari yaba ari umunyamahirwe.

Imyaka ine irashize, Fuade ari umunyamakuru wa Radio/TV10. Yivugira ko kuri iyi Radiyo yumvikana ku murongo wa 87.6FM n’indi mirongo itandukanye ariho mu rugo yicara agatuza.

AMAFOTO:

 papa w'abatoto

Papa w'abatoto n'umukunzi we bamaranye imyaka ine

umukunzi

Umukunzi wa Papa w'abatoto

papap

Fuade, Umunyamakuru wa Radio/TV10

byari akanyamunzea

Byari akanyamuneza kuri bombi

akanyamuneza

jpega

joeg a

amaafoy

 AMAFOTO: IRADUKUNDA DESANJO-INYARWANDA.COM






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • iradukunda fabu5 years ago
    kambisa uraberewepe





Inyarwanda BACKGROUND