RFL
Kigali

Basile Uwimana ukorera Televiziyo y'u Rwanda n’umukunzi we bahamije isezerano ryabo imbere y’Imana-AMAFOTO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:12/08/2018 18:42
0


“Bityo rero ntibaba bakiri babiri, ahubwo baba umubiri umwe. Nuko rero icyo Imana yafatanyije, umuntu ntakagitandukanye.”Biboneka muri Matayo (19:06). Ubu ni ubutumwa Basile Uwimana na Carine Umutoni baganirijweho na Padiri mbere y’uko abereka Imana.



Umunyamakuru Basile Uwimana uzwi cyane asoma amakuru kuri Televiziyo y’u Rwanda ndetse no mu kiganiro “Waramutse Rwanda” , yasezeranye imbere y’Imana n’umukunzi we, Carine Umutoni bamaze igihe bakundana byeruye, badasigana, intambuko ku iyindi.

Uyu muhango wabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 12 Kanama 2018, abageni basezeranira imbere y’Imana muri Chapelle Marie-Auxilliatrice Kimihurura (I.F.A.K). Mu gitondo cy’uyu wa Gatandatu, aba bombi basezeranye imbere y’amategeko ya Leta y’u Rwanda.

aba

Aba bombi bahamije isezerano ryabo

Ku wa 28 Nyakanga 2018 nibwo Basile Uwimana wakoreye Radio/TV10 ndetse na RC Nyagatare yasabye anakwa umukunzi mu muhango wabereye mu karere ka Musanze mu Ntara y’Amajyaruguru.

AMAFOTO:

BASILE

PARRAIO

Parrain wa Basile Uwimana

maraine

Marraine wa Carine Umutoni

isoma

Carine yasomye isomo rya mbere ryigishijwe muri iyi misa

uwimana

Uwimana yasomye isomo rya kabiri

ururse

Ahabereye uyu muhango wo gusezerana imbere y'Imana

mu rusenre

bari

Bari banazerewe ku munsi wabo w'amateka

yabubajkiuye







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND