RFL
Kigali

Abo muri Kaminuza y'u Rwanda i Huye amaso yaheze mu kirere bategereje isezerano rya Chrisopher

Yanditswe na: Editor
Taliki:29/09/2014 9:51
7


Abanyeshuri bo muri Kaminuza y’u Rwanda mu ishami rya Huye amaso yaheze mu kirere bategereje umuhanzi Christopher bavuga ko yababeshye kuzajya kwiga muri iyi Kaminuza, by’umwihariko akaba hari n’umukobwa uhiga yahamirije ko agomba kuhiga ariko kugeza ubu bikaba bigaragara ko nta gahunda yo kujyayo afite.



Tariki 3 Gicurasi 2014 mu gitaramo cya Primus Guma Guma Super Star 4 cyabereye muri Sitade ya Kaminuza y’u Rwanda i Huye, umuhanzi Christopher yabwiye abanyeshuri bo muri iyi Kaminuza ngo bamwitege kuko nawe azaza kwigana nabo mu mwaka w’amashuri utaha, ibi byatumwe umwe mu bakunzi be anamukurikira akabimubaza neza ubwo yari amaze kuririmba, nyuma y’akanya bamaranye baganira uyu musore nawe akaza kumuhamiriza ko ntakabuza azajya kwiga muri iyi Kaminuza, iyi nkuru nziza ikaba imaze iminsi yitezweho gusohozwa ariko bikaba bigaragara ko nta gahunda ihari yo kuba uyu muhanzi yajya kwiga i Huye.

Mu bafana b'i Huye Christopher yabwiye ko azajya kwiga muri iyi Kaminuza, harimo n'abanyeshuri

Mu bafana b'i Huye Christopher yabwiye ko azajya kwiga muri iyi Kaminuza, harimo n'abanyeshuri

Kugeza ubu abanyeshuri bo muri iyi Kaminuza bamaze icyumweru batangiye, Christopher ntiyahageze ndetse ntateganya no kuhagera, abanyeshuri bari bamwiteze ubu bakaba barimo kuririra mu myotsi, by’umwihariko umukobwa baganiriye akamwibariza niba koko azajya kwigayo akabimuhamiriza ko nta gushidikanya ibyo yavuze ari byo.

Mu kiganiro inyarwanda.com yagiranye na Christopher, yadutangarije ko atari agamije kubeshya aba banyeshuri  cyakoze kujya kwigayo byo akaba abona bitazakunda kuko yaje gusanga ari kure cyane ya Kigali kandi agomba gufatanya kwiga no gukora muzika, akaba atabasha gukorera muzika muri Kigali yiga i Huye kuko ubusanzwe akorera ibikorwa bya muzika muri Kina Music iherereye ku Kicukiro mu mujyi wa Kigali.

Christopher ubwo yaririmbaga i Huye

Christopher ubwo yaririmbaga i Huye

Kugeza ubu Christopher ntaramenya neza Kaminuza agiye kwigamo ariko arateganya hagati ya ULK na Mount Kenya University, naho ku bakunzi be biga i Huye akaba abasaba kwihangana kuko nawe yabyifuzaga ariko akabona bitamushobokera, gusa akabizeza ko azajya ajya kubasura kenshi akanabataramira. Ku bijyanye n’uyu mwana w’umukobwa w’umufana we yari yijeje ko azajya kwiga i Huye, Christopher avuga ko ikibazo ari uko adafite nimero ye ya telefone, aramutse ayibonye akaba yamuhamagara akamubwira ko atakije akanamusobanurira impamvu.

Manirakiza Théogène






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • 9 years ago
    aha biratangaje
  • h9 years ago
    kaminuza ya huye nta muntu nagira inama yo kuyigamo akina business
  • dina9 years ago
    uyumwana abure kwiga ngo ategereje christopher azashiduka yirukanwe
  • Clarisse9 years ago
    Ese uyu mukobwa azi icyo yagiye gukora i Huye? Rangara gato urebe ngo urahasekerwa bakwirukanye muri Ur Huye. Gusa nakugira inama yo kumwikuramo ugakurikira amasomo kuko aribwo buzima bwejo hazoza yawe.
  • mix9 years ago
    abanyarwanda wee!!!!mbega Africa ryar???arambabaje
  • patriot Newborn9 years ago
    Nakunda abanyagwanda ariko nasanze bashiki banyu barataye umuco. Baba abize sinzi ico biga. Jew mba mumahanga nabo tubana bose nibicucu pe. Mubasubireko
  • Alphandery Ngenandumwe9 years ago
    Hahaha Crirtoph Ni Danger None Yabahenda Kugira Agere Kuki? Jewe Nkabamba Mu burundi





Inyarwanda BACKGROUND