RFL
Kigali

Umuhanzikazi Titie yakoze ubukwe aririmbira umugabo we-AMAFOTO

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:21/05/2018 7:30
3


Titie De Marc ni umwe mu bakobwa bafite ubuhanga mu kugorora ijwi hano mu Rwanda. Azwi mu ndirimbo zitandukanye nka Dance With Me yakoranye n’umugande Vamponi, Cherie yakoranye na Peace, Yaragiye yakoranye na Mani Martin, I Can't Wait n’izindi. Mu mpera z’iki cyumweru turangije ni bwo yakoze ubukwe n'uwo biyemeje kubana akaramata.



Uyu muhanzikazi w’umuhanga Titie De Marc utarabona aho apfumurira ngo yinjire mu ruhando rw’ibyamamare hano mu Rwanda yarushinze n’umugabo witwa Safari, gusa ubukwe bwabo bukaba bwaragizwe ibanga rikomeye cyane ko uyu mugabo w’umuhanga mu gutunganya ibijyanye n’amajwi yaba aya filime cyangwa imiziki muri rusange adakunze kugaruka mu itangazamakuru.

Muri ubu bukwe bwabereye mu mujyi wa Kigali, Titie De Marc yafashe Micro maze imbere y’imbaga aririmbira umugabo we agira ati”..Turihariye turatandukanye ohhh baby, uri umufana wanjye, turwanirana ishyaka,…” Ibi ni bimwe mu byashimishije abari batashye ubukwe bw’aba bombi. Titie De Marc w’imyaka 24 y’amavuko arongowe akiri umunyeshuri mu ishami ry’ubukerarugendo muri kaminuza ya UTB yahoze ari RTUC i Kigali

TitieTitieTitietitePeace Jolis banafitanye indirimbo ni we waririmbiye abageniTitieTitieTitie n'umugano we Safari mu muhango w'ubukwe bwabo

REBA HANO UKO UYU MUHANZIKAZI YARIRIMBIYE UMUGABO WE






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Murenzi Ben Adolphe5 years ago
    Ariko rero nka Piano, ugendeye ku ndirimbo yari yarakoze, ntiyari akwiye kuba atakiri mu ruhando rwa muzika nyarwanda, uzi ko bose burya ari bamwe? Reba nka Fazzo, Piano, Nicolas, Maurix, abo bose kimwe n'abandi kubera ubu seriye buke, bagiye bazimira, ubu rero nibwo bari gushaka uko bagarura igihe cyabo, ariko bizabagora tu!
  • Nike5 years ago
    @murenzi unywa irihe tabi wamugingawe baravuga ubukwe nawe ukazana ibya ba producer
  • Tino5 years ago
    Wow. Ndumufana wawe Titie nkwifurije urugo ruhire





Inyarwanda BACKGROUND