RFL
Kigali

Teta Diana agiye kuzenguruka ibihugu bitandukanye i Burayi mu bikorwa bya muzika

Yanditswe na: Editor
Taliki:16/12/2014 8:39
7


Umuhanzikazi Teta Diana agiye kuzenguruka ibihugu bitandukanye byo ku mugabane w’u Burayi mu bikorwa bya muzika yizera ko bizazamura urwego rw’umuziki we, bikaba biteganyijwe ko azabonana n’abahanzi b’ibyamamare ndetse n’inzobere mu bya muzika zo muri ibyo bihugu akanahakorera igitaramo.



Teta Diana azahaguruka mu Rwanda kuri uyu wa Kane tariki 18 Ukuboza 2014 yerekeze mu gihugu cya Suede, akaba ahafite inzu itunganya umuziki bamaze igihe bari mu biganiro by’imikoranire, bikaba biteganyijwe ko azabonana n’inzobere zitandukanye mu gutunganya muzika, ibiganiro byabo bikaba bimaze igihe kuburyo ibi bishobora kuzabyara umusaruro ufatika mu bijyanye n’iterambere rya muzika ya Teta Diana.

Teta yiteguye kuzamura urwego rwa muzika ye nyuma y'ibikorwa agiye gukorera i Burayi

Teta yiteguye kuzamura urwego rwa muzika ye nyuma y'ibikorwa agiye gukorera i Burayi

Nk’uko Teta yabitangaje mu kiganiro kirambuye yagiranye na Inyarwanda.com, azagera no mu gihugu cy’u Bubiligi mu ntangiro z’umwaka utaha wa 2015 maze ahite atangira gutegura igitaramo ahafite mu mpera z’ukwezi kwa mbere (Mutarama), aha akaba yiteze kuzashimisha abazitabira iki gitaramo akabereka urwego rwa muzika agezeho.

teta

Teta kandi ateganya no kuzerekeza mu gihugu cy’u Bufaransa aho azahura n’umuhanzi waho Gael Faye unafite inkomoko mu Rwanda ndetse akaba ari na mubyara wa Teta Diana, bakaba bateganya gukorana indirimbo cyane ko n’ubusanzwe bigeze gukorana ku ndirimbo ye yitwa “Call me” ubwo uyu muhanzi yari yaje mu Rwanda, ibyo byose akaba ayumva ari imishinga izamufasha kugira urwego ageraho mu muziki we.

REBA HANO TETA DIANA NA GAEL FAYE BARIRIMBANA I KIGALI

Teta Diana yizeye ko hari intera ibikorwa azakorera i Burayi bizamugezaho

Teta Diana yizeye ko hari intera ibikorwa azakorera i Burayi bizamugezaho

Muri iki kiganiro na Teta, yaboneyeho kwifuriza abakunzi be by’umwihariko n’abanyarwanda bose muri rusange  kuzagira Noheli Nziza n’umwaka mushya muhire wa 2015, we akaba azagaruka mu Rwanda nyuma y’amezi abiri, bivuga ko azaba ari i Burayi kugeza umwaka utaha mu mpera z’ukwezi kwa kabiri (Gashyantare).

Manirakiza Théogène






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • 9 years ago
    Teta ma chr imana izabane nawe murujyendo rwawe, kd ndagukunda cyane nanjye nkwifurije umwaka mushya uzawuboneremo imugisha myinshi
  • Di9 years ago
    Woww, ndakwishimiye cyane Teta ukomeze utere imbere rwose urabikwiriye
  • 9 years ago
    Ariko ako kantu ahorana mugahanga ke nubwo abantu bavuga ngo ukorana na shitani nange mbona katajya kakuvaho n umunsi numwe. Gusa niba aribyo washakiye izira aho itari rwose kandi niba ari umurimbo wawwe nawo turakarambiwe.
  • Germain9 years ago
    bebe ndagukunda sinzi uko nabivuga teta wampugije abandi bahanzi bose ndagukunda
  • kennedy9 years ago
    uri mwiza we ufite ijwi ryiza mbese ntacyo Imana itaguhaye
  • kamaliza grace9 years ago
    teta nakomezaho tumushyigikiye
  • hakizimana japier8 years ago
    teta nakomerezaho turanushyigikiy ni hakikizimana japier inyanza





Inyarwanda BACKGROUND