RFL
Kigali

Muchoma usize aguze inzu mu Rwanda ya Miliyoni 45 yasubiye muri Amerika mu kazi benshi basuzugura-AMAFOTO

Yanditswe na: Niyonkuru Eric
Taliki:19/01/2018 19:29
7


Mu mpera z'umwaka wa 2017 ni bwo umuhanzi nyarwanda Muchoma yasesekagaraga mu Rwanda aho yari amaze imyaka irenga cumi n'irindwi (17) adaheruka mu Rwanda.



Nizeyimana Didier uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Muchoma yari amaze amezi ane mu Rwanda, aho yari amaze igihe ari gukora ibikorwa bigendanye n'umuziki we kugeza tariki 19 Mutarama 2018 ari nabwo yasubiye ku mugabane wa Amerika muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ari naho aba mu mujyi wa Austin muri Leta ya Texas.

Muchoma ageze kukibuga kindege i Kanombe

Muchoma ageze ku kibuga cy'indege i Kanombe  

Muchoma agiye kwinjra

Muchoma agiye kwinjra mu kibuga cy'indege

Mu kiganiro yagiranye n'umunyamakuru wa Inyarwanda.com mbere yo kurira rutemikirere Muchoma, Muchoma yatangaje ko intego zamuzanye mu Rwanda ko yazigezeho. Yagize ati;

Naje mfite gahunda yo gukora cyane nkakorana indirimbo n'abahanzi bo mu  Rwanda ibyo byose nabigezeho, ikindi kandi haba ibitaramo natumiwemo nashimishijwe n'uko nakiriwe neza n'abanyarwanda,yego si umuziki gusa naje nje no gusura umuryango wanjye i Rubavu.

Muchoma akomeza atangariza abakunzi b'ibihangano bye ko agiye gukomeza gukorera umuziki we ku mugabane wa Amerika ari naho akorera akazi ke ka buri munsi ko kuyora imyanda. Bimwe mu bikorwa abakunzi ba Muchoma bamwitegaho nawe yiyemerera ko agiye gukora ni ukujya ashyira hanze indirimbo y'amajwi (Audio) mu cyumweru kimwe mu kindi cyumweru gikurikiyeho agasohora amashusho y'indirimbo ye (Video). Ahamya ko kugeza ubu yamaze no gutegura indirimbo afatanyije n'abahazi yanze gutangaza amazina. Ati:

Hari indirimbo namaze gukorana n'abahanzi ntashaka kuvuga aka kanya, gusa icyo nakwizeza abakunzi b'ibihangano byanjye nzajya mbaha buri cyumweru Audio ikindi cyumweru ni Video.

Twabibutsa ko mu minsi isaga 120 amaze mu Rwanda, Muchoma ntabwo yakoze ibikorwa by'umuziki gusa ahubwo yanaguze inzu ya miliyoni 45 z'amanyarwanda, iyi nzu ikaba iherereye mu karere ka Rubavu nkuko Muchoma yabitangarije Inyarwanda.com.

inzu ya muchoma

Dore inzu Muchoma yaguze miliyoni 45 i Rubavu

Umuhanzi Muchoma urangwa no gusabana, mu ijoro rishyira tariki 19 Mutarama 2018 yatumiye inshuti ze asangira nabo, anabashimra uburyo babanye muri aya mezi ane amaze mu rw'imisozi igihumbi.  

inshuti ze

Mc Tino nawe yari yitabiriye ubutumire bwa Muchoma

Mu mezi asaga ane Muchoma amaze mu Rwanda, yakoze indirimbo eshanu harimo: My love Remix, Ubuhamya, Haraka na Ni Bon. Ikindi nuko amashusho y'indirimbo ye Ni bon aherutse gukora, yadutangarije ko mu gihe cya vuba nayo azaba yageze hanze. 

Yemeza ko akazi nk'aka hari abagafata nk'akabantu batize kandi babuze uko bagira

Kuyora imyanda ni ko kazi Muchoma akora muri Amerika, benshi baragasuzugura ariko we avuga ko kamukijije

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • 6 years ago
    Abenshi hano niko dukora,niyo mpamvu mugomba kubiririmba kugirango abantu ntibakabeshywe n abazungu ngo hano haba ubuzima bwiza rekaaaaa,twe turagaruka vuba kabisa,abaggwa mu nyanja mubaburire rwose ngo ubukene bwifashe nabi cyane mu bazungu
  • Madonna6 years ago
    Icyambere ni cash kandi akagira intego mu kazi ke. Kazi ni kazi muri iyi minsi
  • Jimmy6 years ago
    nanjy uwokampa. uwumuseke azabanze abaz Ababyiyi bba baramubya. umva uko azaba :; mbe mum, _ cg papa. papa waso ubyara so yabayeho ate? yakor iki? azasubize thx kuba mutugezaho byiza. I wish u a good trip Mucoma.
  • MUZIGA6 years ago
    iyo nzu baraguhenze musaza! bakwigirijeho nkana! ntikwiye kurenza 25-30M!
  • 6 years ago
    IMANA IKOMEZE IGUHE IMIGISHA KDI IKOMEZE IKURINDE
  • Ronny6 years ago
    Najye kwikoropera rwose iby’umuzi abazabireke si ibya bose.
  • Kajoina Rangira4 years ago
    Muchoma yakoze neza kwerekana ubuzima bwe bwose ahagereye mu Rwanda, byamufashize kurushaho kubona abaamufasha mu ntego zose yaje afite. Gusa kiriya twabonye avuga ko yararikiye Umwari Karasira biriya byaratuvangiye.ntaho bahuriye namba, azategereze abahwanye nawe. Iminsi gusa mu ndirimbo ze biragoye ppe kwunva ibyashaka kuvuga,message ziri mubyo aririmba byose biceneye ikinyarwanda gicitse numusobanuzi murakoze





Inyarwanda BACKGROUND