RFL
Kigali

UKO MBIBONA: Kuki inzego zifite aho zihuriye na muzika zitigeze zishimira Yvan Buravan, umunyarwanda wa mbere wegukanye Prix Decouvertes ?

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:15/11/2018 14:10
11


Prix Decouvertes ni igihembo gitegurwa na radiyo mpuzamahanga ya RFI. Iki gihembo muri uyu mwaka wa 2018 cyegukanywe n'umunyarwanda bwa mbere nyuma y'imyaka myinshi ibi bihembo bitangwa dore ko byatangiye gutangwa mu 1981. Cyakora n'ubwo abanyarwanda bagiye bagerageza amahirwe, nta wari warabashije kwegukana iki gihembo uretse Burabyo Yvan.



Buri wese wavukiye  mu Rwanda cyangwa ukunda gusoma amateka, azi neza ko kuva na cyera umunyarwanda wavaga ku rugamba agatahana intsinzi yakirwaga i bwami akagabirwa yewe akanagororerwa ashimirwa intambwe nziza yagejejeho igihugu. Ibi ntaho bitaniye n'iby'ubu kuko kenshi abayobozi banyuranye bakunze kumvikana bavuga ko urugamba abanyarwanda bari kurwana atari urw'amasasu ahubwo ari urwo kwiteza imbere no guteza imbere igihugu muri rusange.

Nkurikije ibi, nsanga umuntu wese uzanye intsinzi imuteza imbere ndetse ikanateza imbere igihugu cye akwiriye kwakirwa ndetse agashimirwa n'inzego zishinzwe ibyo yitwayemo neza. Ibi siko byagendekeye umuhanzi Yvan Buravan uherutse kwegukana igihembo cya Prix Decouvertes ubusanzwe gitegurwa na radiyo mpuzamahanga ya RFI.

Uyu muhanzi kuva yakwegukana iki gihembo iyo ugiye ku mbuga nkoranyambaga zaba iza MINISPOC  n'izindi nzego zifite aho zihuriye n'umuco cyangwa umuziki muri rusange nta n'ubutumwa bumushimira usangaho yewe n'iyo ubajije bamwe mu bagize ikipe imufasha nabo bakubwira ko kugeza ubu nta muntu uranabereka ko yishimiye kwegukana iki gikombe, ni mu gihe abandi bantu baba bahagarariye u Rwanda nko mu mikino cyangwa ibindi bitandukanye iyo begukanye intsinzi bahabwa ubutumwa bwo kubashimira ko bitwaye neza bakazamura ibendera ry'igihugu.

Yvan Buravan

Mu minsi ishize Yvan Buravan yegukanye Prix Decouvertes igihembo gitangwa na RFI

Kuki iyo habaye ibitari byiza inzego zihaguruka uwakoze neza ntashimirwe?

Akenshi iyo umuhanzi hano mu Rwanda akoze ibyo benshi bahurijeho ko ari bibi yamaganirwa kure ndetse inzego zishinzwe umuziki muri rusange zikagaragaza kwitandukanya nawe. Birababaje cyane kubona abantu bose babona icyo kuvuga igihe hari kuba ibintu bitari byiza, nyamara uwakoze neza akanahesha ishema igihugu ntavugwe, abavugaga bakaruca bakarumira nk'aho nta cyabaye. Aha umuntu yakwibaza impamvu uwakoze ibikorwa twanakwita indashyikirwa atabishimirwa mu ruhame bityo bigatera ishyaka abahanzi ndetse n'abandi muri rusange bakunze kwitabira amarushanwa mpuzamahanga bahagarariye igihugu. 

Intore Tuyisenge uhagarariye urugaga rwa muzika aganira na Inyarwanda.com yatangarije umunyamakuru ko muri iyi minsi bari kurwana intambara yo kugira ngo inzego zinyuranye zibone muri muzika bityo n'abayobozi banyuranye bahe agaciro abahanzi. Ahahamya ko bo nk'urugaga rw'abahanzi bakora muzika bari gutegura igikorwa cyo gushimira Yvan Buravan  ku mugaragaro kubera igikorwa yagezeho.

Icyerekana ko Yvan Buravan ibyo yakoze ari igikorwa gifite icyo kivuze ku gihugu ni uko Minisitiri w'Ububanyi n'amahanga Ambasaderi Richard Sezibera nk'umuntu uzi icyo iki gihembo kivuze ku Rwanda mu ruhando mpuzamahanga,  ari we wabaye mu ba mbere bahise bashimira uyu muhanzi akazi yakoze ndetse kanahesheje ishema igihugu cye.

Sezibera

Richard Sezibera agaragaza ko Yvan Buravan wegukanye Prix Decouvertes yahesheje ishema u Rwanda

Iki gihembo Yvan Buravan yegukanye azajya gufata i Paris kizamuhesha  ibihumbi 10 (10,000) by'amayero, Prix Decouvertes izamutegurira ibitaramo 30 mu bihugu binyuranye bya Afurika ndetse n'igitaramo kimwe gikomeye azakorera mu Bufaransa. Ibi byose ubihaye agaciro, wabona ko iyi ari indi ntambwe Buravan azaba ateye mu muziki we, ndetse urebye neza wasanga ari we munyarwanda wa mbere uzaba ukoze ibitaramo byinshi mu bihugu bya Afurika. Iri shema ntiriri kuri we gusa kuko aho azagenda hose azajyana indangagaciro z'abanyarwanda.

Iyi nkuru ishingiye cyane ku gitekerezo cy'umwanditsi, irasoza twibukiranya ko umuco wo gushima uwitwaye neza wakabaye uranga abanyarwanda bityo bikatworohera no kugaya uwitwaye nabi. Gushimira abitwaye neza niho hagakwiye guhera n'ibijyanye no gushimira abari mu nzira zitaberanye n'Ubunyarwanda. Twibukiranye ko kandi uretse kwegukana iki gihembo, Yvan Buravan akomeje imyiteguro yo kumurika Album ye nshya yise Love Lab izajya hanze mu gitaramo kizaba tariki 1 Ukuboza 2018.

REBA HANO INDIRIMBO 'SI BELLE' YVAN BURAVAN AHERUTSE GUSHYIRA HANZE






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Mukiza5 years ago
    Ibi muvuze nibyo kabisa nanjye nibazaga ngo kuki??? Ndibuka alpha rwirangira atwara TPF muri 2009, Ministre habineza yabitangaje mu nama y'aba ministre, ndetse ashimirwa nabantu batandukanye, ariko kuri uyu mwana buravan siko mbibona, Ariko njya numva bavuga ngo ariyemera bigatuma atagira igikundiro mubantu harimo n'abanyamakuru kandi abanyamakuru nibwo batuma ibintu bivugwa,. Ariko byo uyu mwana ntiyashimiwe nkuko bikwiriye. Ikindi Babandi bitorero bajya banenga barihe ndavuga banyakubahwa BAMPORIKI nabandi ko banenga cyane ariko ntibashime?????
  • Christa 5 years ago
    J’espère qu’ils ne vont pas le faire aujourd’hui!! C’est vraiment honteux!!!!
  • Claudine5 years ago
    Buriya wabona inzego zikora neza arizishinzwe kugaya cg guhana abitwaye nabi...abambura abantu ubutore ntago bashobora gushima uwakoze neza c? Ibya ministeri ireba abahanzi byo sinzi, wabona bagihugiye mu bindi cg bataranabimenye
  • Innocent5 years ago
    Ahaaaaa,bivuze ko Bravan ,adakunzwe nabantu basobanutse,yifitemo kwiyemera ukuntu,ace bugufi yumve ari umuntu nkabandi 1st, nyuma bizagenda neza,I wish the best for him
  • 5 years ago
    Ahhh ibyo se birabareba,ariko winsetsa rwose,icyo wita igihembo sicy kuko igihembo ni umuziki mwiza uva kuri nyirawo naho abawubona bati enda iki n iki ntacyo bavuze rwose kandi nukora utegereje ko abandi bakubera abacamanza uzayatamo uzahora urwana nibatagutora kuko wabashyize imbere kandi ibyo bi ukwisuzugura pe,ubundi umusaruro uvaba mu byo ukora niba bigutunga icyo nicyo gihembo wakwishimiye naho iby abanyamahanga uba wagize abacamanza b ibyo ukora ni ubuswa rwose no kwishyira hasi.abo rero uvuga ngo bari kumushimira hahhh ku mpamvu y iki se iyo decouverte ni igiki kuri bo?ngo niwe wambere hahh nawe nushaka uzatangira gutanga ibyo wahimbye amazina yawe maze abantu bishime ko aribo bambere babibonye,abo rwose bakoze neza kutabyitaho kuko sibyo kwitabwaho na gato,uwayabonye ayarye naho kwishimira ngo niwe ugihawe bwa mbere waba ugishyize hejuru kandi nta cyo kivuze kuko ikigira icyo kivuze ni umuziki akora sibyo bamuha.
  • 5 years ago
    Bamporiki mumukure mu kanwa kanyu,ndumva mwarataye umuco kuburyo mubabazwa nuko yahannye uwitwaye nabi;ibyo by ibi bikombe ntibimureba kuko sibyo ashinzwe we ahinzwe kurebera umuco.
  • innocent5 years ago
    Ariko niki mwifuza ko abantu bavuga,ririya rushanwa ni chance winner, nta physical competition ibaho,goharebwe umuhanga cyangwa umuswa baririmba live,nonese umuntu watomboye lottery bavuga ko yahesheje ishema igihugu,?wenda abantu twamwifuriza amahirwe mubuzima to be successful ariko mutandukanye political na individual act,njyewe namwifurije insinzi nkumufana we,ariko mwitegeka abandi gufana uwo badafana,eheeee my ideas !
  • Kabaka5 years ago
    Iki nikibazo kbs hari jyihe njya njyira ngo urwanda ntirwemera umuziki anyway ababishinzwe bayiteho kbs..
  • Omar5 years ago
    sha uyu muhungu akabya kwitumva cyane kandi ni bimwe mubyo society nyarwanda yanga,iyo wiriye cyane bagufata nk'ipede naceho bugufi tero abajyanama be barabe bumva,yigire kuri Kizito
  • My Point of view5 years ago
    Try to be positive my friends. Uyu mu type bagombaga kumushimira rwose yarakoze! Ngirango mu butore dutozwa harimo no kudatererana intore ngenzi zacu! So why not Buravan? Mubona atarakoze neza?
  • Cyuzuzo5 years ago
    Ararengana umuvandimwe ni umwana mwiza cyane njyew twarahuye ni poa kbsa kdi ni umuhanga cyane azi kuririmba so ndumva rero kuba ntacyo baramushimaho no kwirata ntaho bihuriye go buravan waduhesheje ishema nkabanyarwanda kdi dukunda music yawe komez ujye imbere cyane





Inyarwanda BACKGROUND