RFL
Kigali

Abakinnyi b'ikipe y'igihugu bafashwe nabi bikabije i Nyamata–Amafoto + Video

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:22/11/2016 9:37
18


Mu Rwanda haherutse kubera amarushanwa mpuzamahanga yo koga, irushanwa ryabereye i Nyamata, u Rwanda rurangiza ari urwa nyuma muri iyi mikino yahuje ibihugu byo muri zone 3. Umunyamakuru wa Inyarwanda.com wakurikiranye iyi mikino yiboneye imibereho mibi y’abakinnyi b’ikipe y’igihugu yatumye basiga umugani i Nyamata.



Mbere y’irushanwa abakinnyi uburyo bahamagawemo ni agahomamunwa

Abakinnyi bari mu ikipe y’igihugu batangiye guhamagarwa binyuze mu makipe bakinamo, ubwo bahamagarwaga nkuko Inyarwanda.com yabitangarijwe n’umwe mu bakinnyi bamwe bategereje ko ishyirahamwe ry’uyu mukino riboherereza itike ngo bitabire umwiherero baraheba. Abagiye bagerageza gusaba itike ngo bitabire umwiherero babwirwaga ko utabasha kwitegera yabyihorera aho kugira ngo bamutegere.

swimingAbakinnyi babuze ibyo kurya bahagaze ku muhanda abakuru bihanganisha abato

Mu mwiherero naho abakinnyi babaga ubuzima bw’abakinnyi bwari mu kaga

Aba bakinnyi ubwo bajyaga mu mwiherero bibwiraga ko i Nyamata bagiye kuba muri Hotel abanyamahanga bari bacumbikiwemo ya Golden Trip. Ibi bikaba bihabanye n’ibyabaye kuko aba bakinnyi bajyanywe mu icumbi ry'abagenzi (Lodge), aha havanywemo ibitanda nkuko twabibwiwe n’abakinnyi, basasa matela hasi, batatu bakajya bararana kuri matela imwe bakumbagurika biyoroshe ikiringiti kimwe. Iyi ikaba ariyo kipe y’igihugu ya mbere ibayeho gutya mu gihe igiye kwitabira amarushanwa mpuzamahanga cyane cyane igihe ryateguriwe mu Rwanda.

Mu mwiherero no mu marushanwa kubona  ifunguro byabaye ingume

Ibi byaturutse mu irushanwa ubwo abakinnyi bahabwaga akanya ngo bajye gufungura, abanyamahanga bahise bibeta bugufi mu ruriro rwa Hotel bari bacumbitsemo batangira gufungura, abanyarwanda basabwa kujya kurira mu ma resitora (restaurant) ari mu mujyi aho ubuyobozi bw’ikipe bwari bwasabye ba nyiri aya ma resitora kubikira abakinnyi ibiryo. Ubwo abakinnyi berekezaga gufata amafunguro aho barangiwe n’ubuyobozi  bamwe basanze nta biryo babikiwe abakinnyi barabwirirwa kuko amasaha yo kongera kurushanwa yari abafashe bajya guhatana nyamara mu nda harimo ubusa.

swiming

Abakinnyi b'ikipe y'igihugu bakaga lifuti (lift) bakanayimwa

KANDA HANO UREBE UKO ABAKINNYI BATEGAGA AMAGARE ABANDI BAGENDA N'AMAGURU BAJYA GUSHAKA IBYO KURYA, NUBWO BYARANGIYE BAMWE BABIBUZE

Uburyo bwo kuva kuri Hotel bajya kuri iyo restaurant nabwo bwari busekeje

Aba bakinnyi bari basize bagenzi babo banganya imyaka bahuje irushanwa  batandukanywa n’ibihugu bakomokamo nyamara bo bari iwabo abataye Hotel bajya kurya mu ma resitora yo mu ga santere ko mu mujyi wa Nyamata. Bagenda, abakinnyi bategaga amagare, gusa kuko buri wese byamusabaga kwirwanaho byasabye abakinnyi kumvikana batatu bakagerageza kwicarana ku igare rimwe kugira ngo babageze aho barira ku mafaranga make.

swiming

Kujya kurya ni uku bagendaga

Batatu berekezaga kuri resitora bishyuraga umunyonzi magana abiri y’amanyarwanda (ibiceri bibiri by’ijana) gusa nkuko no mu mashusho bigaragara hari abatarabashije kwishyura aya mafaranga aho bishyuraga ijana ryonyine umunyonzi yavuga agahita yiruka agana muri resitora bivuze ko umunyonzi yambuwe ijana n’umukinnyi w’ikipe y’igihugu.

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO GITEYE AGAHINDA UMUNYAMAKURU YAGIRANYE N'ABAKINNYI B'IKIPE Y'IGIHUGU Y'UMUKINO WO KOGA

Ibi byagaragariraga ijisho ry’umunyamakuru byanivugiwe n’abakinnyi mu kiganiro bagiranye

Byari bigoye ko abakinnyi berura ngo bakubwire agahinda bafite ku mutima, benshi bangaga kwiteranya n’abatoza ndetse n’ubuyobozi bwabo, bamwe bahaye ikiganiro inyarwanda.com bagaragazaga agahinda batewe no kuba barafashwe nk’aho atari ibiremwa muntu mu gihe bari bahagararariye igihugu nyamara abaharanira inyungu z’ibindi bihugu bahanganye bagafatwa neza aho utagereranya ubuzima bari babayeho bose.

Mu marenga n’uburyarya n’abanyamahanga baneguye imitegurire y’iri rushanwa, mu kiganiro umunyamakuru wa Inyarwanda.com yagiranye n’umwe mubaje bahagarariye ishyirahamwe ry’uyu mukino mu gihugu cy’Ubugande.

swimingAbaturage bari bumiwe bareba uko abakinnyi b'ikipe y'igihugu bagenda n'amaguru

Aba bakinnyi bagarutse kuri uku kuntu bafashwe bagaragaza ko umukinnyi wafashwe uko bafashwe adashobora guhangana n'undi ngo bimworohere kumutsinda, ibi rero byaje kwigaragaza aho ikipe y’u Rwanda yaje ku mwanya wa nyuma mu bihugu bitanu.

swiming

Samuel umuyobozi wa Rwanda Swiming Federation

Umunyamakuru wa Inyarwanda.com yagerageje kuvugisha ubuyobozi bw'ishyirahamwe ry'umukino wo koga maze umuyobozi w'iri shyirahamwe bwana Samuel abwira umunyamakuru ko ahuze amurangira Directeur Technic n'umutoza w'ikipe y'igihugu ko bamufasha, aba nabo babwiye umunyamakuru wa Inyarwanda ko bahuze umwe ku wundi avuga ko hari utuntu ahugiyemo bituma tutamenya icyo ubuyobozi buvuga kuri aya mahano yo gufata nabi abakinnyi b'ikipe y'igihugu.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Rita 7 years ago
    Uyu muyobozi ufata abakinyi bigihugu niyegure hajyeho abazi akamaro ko gukorera igihugu ibi bintu birababaje kdi biragayitse cyana rwose Mijespoc yarikwiye kureba uko ihagarika ubu buyobozi ndetse bakajyanwa no mwitorero kwiga amahame n'indagagaciro z'abanyarwanda.
  • Umunyarwandakazi 7 years ago
    Yesu we!!Nukuri atesheje agaciro Urwanda ntabwo atesheje agaciro Abo Bana babakinyi pe!Ahubwo bamukureho maguru ma shya kuko ibi biteye isoni nagahinda .Yerekanye ko ntaterambere ihari mu Rwanda rwose ako nagasuzuguro.Vanaho vanaho uwo muntu arigusuzugurisha igihugu cyacu.Abantu nkabo ntabo tugishaka mwi terambere y Igihugu cyacu
  • anonymous7 years ago
    mwadutuburiye rwose uriya ntabwo bajya ku igare rimwe ari batatu no kuri iriya pic uriya mukobwa arahagaze , kdi ni mu gihe nta mpamvu yo kubashoraho nta musaruro
  • gakuba 7 years ago
    Uyu muyobozi yegure cg basese iyi federation
  • yves7 years ago
    Ibi bintu birababaje pe,ababigize mo uruhari babibazwe,iyi sura nimbi kugihugu
  • nkusi7 years ago
    Ariko niba atari ugusebanya koko ,ni gute umuntu w umuyoboziashobora kohereza ikipe mu mwiherero cg mu myitozo batarabipanze cg ngo bategure budget ;ibi ni ugusebya igihugu nabo ubwabo batiretse kuki barwanira kuyobora ibintu badashoboye.birababaje pe. niba nta budget bajye bategereza bayibone nibyo byoroshye
  • 7 years ago
    Ubwose nkuyu muyobozi wa Rwanda Swimming Federation akora iki?
  • 7 years ago
    Samuel wigisambo koko ninde wamuhaye kuyobora ririya shyirahamwe
  • Kaka7 years ago
    Mbabajwe bidasubirwaho n'iyi nkuru iteye agahinda!! uyu muyobozi wa Federation aricaye ari mu makote, abana b'imyaka 8, 9, 10, 12,....bari kwicwa n'inzara kandi nyamara buriya yari yijuse inyama na za bieres byo muri Hotel!! Aka ni akumiro peeeeee!! Ariko se iyo Federation inaniwe na Ministere irananirwa? ibi ni iki koko ubu? Minister ifite inshingano zayo mu mikino muzatubarize icyo babivugaho, kuko siniyumvisha ukuntu abantu bajya gukoresha imipira yo kwambara nayo wagira ngo yakorewe mu gikari ahantu, hanyuma hakabura amafranga yo kugaburira equipe Nationale? ubu se aba ni bo bazavamo abazajya muri Jeux Olympiques? gute se? binyuze mu zihe nzira? Mwarangiza ngo ngaho Rwanda Nziza, ngo amazu arazamuka, ngo za Drones,...kandi abantu bicwa n'inzara, Malariya ivuza ubuhuha, imyaka yumira mu mirima kandi dufite ibiyaga n'imigezi bitagira ingano, ngo ubukerarugendo kandi mudashobora kugaburira abana bahagarariye igihugu, kandi nyamara muhora musaba kongezwa imishahara,....Ntihakagire abatubeshya ngo bakunda igihugu mu gihe ikibazo nk'iki cyacyemurwa n'utarize primaire mwe mutagikemura!!
  • me7 years ago
    ako nagasuzuguro basuzuguye abo bana cg nibyabindi byo kwigwizaho umutungo byadutse?
  • Mahirwe7 years ago
    Kinimba Samuel Uyobora Ishyirahamwe ry'Umukino wo Koga mu Rwanda (RSF) akwiye kwegura, umuntu udaha agaciro abakinnyi kandi aribo abereyeho yagombye gusezera aho gukomeza kwica umukino. Ariko ntawamurenganya niwe byose, ishyirahamwe yarigize nk'umushinga we, nagende yaduhesheje isura mbi, mu gihe abanyarwanda dusanzwe tuzwiho kwakira neza amarushanwa none yakoze ibintu bibi. Niba inteko rusange ya RSF ikomeye iterane imufatire ingamba. Nibaza niba Kinimba Samuel agira abo bakorana muri Komite ntiwabimenya kuko usanga ari we wigize byose. Ministre Uwacu Julienne ni agire icyo akora kuri aka karengane abakinnyi b'u Rwanda bagiriwe. Murakoze cyane.
  • kora7 years ago
    Ntimukarenganye umuntu. Niba se nta budget bamuhaye yari gukora mu mufuka we akabishyurira? Ikibazo kibazwe ministeri ibishinzwe kuko ibi bintu nta muntu wabyihanganira.
  • Samysky7 years ago
    He can't even tie his tie , ze mofo shit
  • Ntirampaga7 years ago
    Mwiriwe bajyama, njye nari mpibereye,umunsi wa mbere abari bashinzwe kutujyana kurya batubwiye ko imodoka yatinze idutwara,baduhitishamo kuyitegereza cyangwa kuba tumanuka n'amaguru,twahisemo kuba tumanuka kuko hari iminota icumi kujya aho baduteguriye kurya self servise nziza pe,gusa hari abahise bitegera utugare ngo barayakumbuye nk'bana ba Ecole francaise,twasangiye n'abayobozi ba federation,indi minsi nta kibazo twabonye, kandi abanyamahanga bagiye bo bishimye cyane,Uyu munyamakuru banza hari ikindi yishakira,kandi na Royal Tv and Website nabonye yerekana ko byagenze neza.Tureke ibihiha.
  • joe7 years ago
    nakinnye muri iyo team yaturutse I karongi, ndikubonamo abana bimyaka 8 na 12; umukuru rimo afite 20 kandi ndikubona ariwe wenyine gusa uri muri iyo team. kabisa abo bana ntibagakwiye kunanizwa bigeze aho, kuko tekereza nkumubyeyi wahaye umwana we ibihumbi 6.000Frw ngo agiye guhagararira u Rwanda mumarushanwa yo koga maze bakitabwaho nkaho ari abasabirizi. Plz bring this issue to our president paul kagame.
  • joe7 years ago
    nonese nigute bategura irushanwa nta budget bafite? kabisa mukomeze mukurikirane iyo nkuru kuko sinzi ukuntu abantu baba bavuga vision 2020 kandi nabitwa ngo bahagarariye igihugu batitabwaho. could do you do me a favor? plz! why don't you bring this to H E paul kagame on twitter? bring up this to his attention plz.
  • Miguel Karangwa7 years ago
    Ibi biteye agahinda kandi ikibabaje ni uko Ministere na Comite Olympique bakomeza kubirebera gutyooooooooooo, abanyamuryango nabo bakarebera gutyoooooooooooooooooooo hakabura n'umuntu n'umwe habe n'umuvunyi watabara abantu! Uzumve ko hari undi wabimubaza uretse uyu munyamakuru wabaye intwari! Federations nyinshi cyane ziyobowe gutya, abantu ntibashoboye ariko inzego zibakuriye zo zirarebera kubera ruswa, ibimenyane, kutagira intego zigamije iterambera no kudasobanukirwa mu by'ukuri ibya Sport! Ni mu Koga, Handball ni gutyo, Rugby, kwiruka,....abantu baraho, komite ziraho zuzuyemo abantu badashoboye, batitanga badafite intego hanyuma hakabura ubasaba raporo ngo abagenzure ahubwo bakirirwa bagabana amafaranga n'inzego zibakuriye! Imana izageraho yumve amarira y'abahangayikishijwe na Sport mu Rwanda kandi byanze bikunze impinduka zizaba n'ubwo ari cyera! Imana ikomeze ihe umugisha itangazamakuru rigerageza kwandika no kuvuga ibi nubwo benshi mu banyamakuru nabo bafitanye amabanga yanduye n'abayobozi ba za Federations ah kuvugisha ukuri bagahimbahimba ibintu bitukura bakabigira umweru hanyuma ahubwo bagaca intege bacye bagerageza!! Ko hajya hitabazwa impuguke muri gahunda zitandukanye, hatumijwe umuntu wazamuye sport muri Amerika, mu bufaransa, muri Afurika y'epfo akaza akadufasha koko! Murakoze
  • tregga7 years ago
    Ibi nukudindiza umukino,uwo muyobozi ni igisambo. Kuko nta kuntu atahawe amafaranga yo gutegura. Niyegure pee, kuko bitabaye ibyo swimming ntaho yazayigeza





Inyarwanda BACKGROUND