RFL
Kigali

Ubuhamya bw’uko Jules Sentore yarusimbutse nyina akamutwita ari muri koma bwakoze benshi ku mutima

Yanditswe na: Manirakiza Théogène
Taliki:11/10/2015 10:39
14


Ubuhamya bw’uburyo Jules Sentore yarusimbutse hamwe na nyina umubyara wamutwise ari muri koma, bwakoze benshi ku mutima barimo n’umuhanzi mugenzi we Christopher wari mu bateguye igikorwa cyo kumutungura ku isabukuru ye y’amavuko, yabaye ku itariki 10 Ukwakira 2015.



Jules Bonheur Icyoyitungiye uzwi muri muzika nyarwanda nka Jules Sentore, yavutse tariki 10 Ukwakira 1989, akaba yizihizaga isabukuru y’imyaka 26 y’amavuko kuri uyu wa Gatandatu. Mbere y’iyi tariki ariko, mu ijoro ryo kuwa Gatanu tariki 9 Ukwakira nibwo inshuti ze zamutunguye (Surprise) zikamukorera ibirori by’isabukuru ye y’amavuko.

jules

Jules Sentore yatunguwe ku isabukuru ye y'amavuko. Aha yakatanaga gateau n'uwo babyaranye imfura ye

Jules Sentore yatunguwe ku isabukuru ye y'amavuko. Aha yakatanaga gateau n'uwo babyaranye imfura ye 

Mu nshuti za Jules Sentore zagize uruhare mu kumutungura, hari harimo n’umuhanzi Christopher wari ufite inshingano zo kumujijisha akamugeza mu rugo aho bagombaga kumukorera ibi birori bamutunguye, Christopher nk’uko yabigaragaje akaba yaratunguwe cyane n’ubuhamya bwa nyina wabo wa Jules Sentore, wavuze uburyo yarusimbutse, se agapfa naho nyina akamutwita amezi icyenda yose ari mu bitaro muri Koma.

Christopher n'umubyeyi wa Jules Sentore wamaze amezi icyenda muri Koma atwite uyu muhanzi

Christopher n'umubyeyi wa Jules Sentore wamaze amezi icyenda muri Koma atwite uyu muhanzi

Mu buhamya bw’uyu nyina wabo wa Jules Sentore, mu magambo ye yagize ati: “Twari turyamye ninjoro twumva abantu barakomanze cyane biteye ubwoba turakanguka turakingura batubwira ko mama wa Jules na Se bapfuye, ko imodoka ibagonze bari mu myiteguro y'ubukwe, ubwo duhita twiruka kwa muganga. Papa wa Jules akigera ku bitaro yahise yitaba Imana, mama we agwa muri koma. Uko impanuka yagenze, papa wa Jules yarahindukiye asanga imodoka yabagezeho asunika mama wa Jules kuruhande imodoka iba ari we ihitana. (Icyo gihe Jules Sentore yari ataravuka, impanuka yabaye bitegura gukora ubukwe ngo babane). Mama we yatinze muri koma, ntamuntu n'umwe wari uzi ko atwite ariko uko iminsi igenda ishira tukabona inda iri kungenda ikura gahoro gahoro. Yaje kuva muri koma neza agiye kubyara, ubwo urumva koma yayimazemo amezi icyenda"

jules

jules

jules

Jules Sentore n'umubyeyi we bafitanye amateka n'ubuhamya budasanzwe ku buzima bwabo

Impanuka yahitanye se wa Jules Sentore, yatambamiye ubukwe bw’ababyeyi be inatuma uyu muhanzi atabasha guca iryera se umubyara, uyu se nawe agenda atabashije kureba imfura ye. Kuba Jules Sentore yaramaze amezi icyenda mu nda y’umubyeyi we wari muri Koma, nacyo ni kimwe mu bintu bikomeye byakoze benshi ku mutima ndetse barushaho gushima Imana yakoze ibitangaza, ubu Jules Sentore akaba yarakuze akaba umugabo.

JUles






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • tuyikunde deo8 years ago
    Nukuri benedata Imana nigitangazape ibaze kugirango umuntu amare 9moths muri koma nibintu bitangajecyane.
  • witanene8 years ago
    bole tukurinyuma
  • ramazani nizeyimana8 years ago
    arye ashimirimana pe !
  • 8 years ago
    Yooo!!Maze ntuzayibagirwe, uge uhora uyishima!!!!nkunda Indirimbo zawe!!!
  • thust8 years ago
    Yoooo! !!Imana ninziza cyane, maze ntuzayibagirwe na limwe! !!nkunda Indirimbo zawe.
  • Jean paul8 years ago
    Impamvu yatumye Imana ikurinda ururusoro nukugirango uzabe uwumumaro mugihe cyawe kandi uyikorere bitekereze nurangiza uyishime.
  • ni nsengiyuma8 years ago
    nsengiyumva ikimarakuva murikoma nacyindicyibazo yahuye nacyo
  • Dr Albert8 years ago
    jules urinshuti yanjye ariko sinigeze menyako wavuye kure.Ariko IMANA yarizimpamvu ugomba kuvuka
  • uwamahoro fabiola8 years ago
    imana nigitangaza cyane.ikora ibyo abantu batashobora.jules imana iragukunda usabwe kubahiriza ibyi isaba.ubundi ikagukorera ibitangaza
  • Mulisa8 years ago
    mwa bantu ibi bintu biratangaje, nanjye ubu buhamya bunkoze ku mutima jyewe sinshobora kubyiyumvisha kugeza n'uyu munota. Icyo rero Jules nakubwira ubuzima bwawe kubwumva ni nko kumva ngo habayeho igitangaza. none rero abantu nkamwe iyo witegereje neza usanga muba mwifitemo ibanga runaka kuko ubuzima nk'ubu burihariye cyane. gerageza ukomeze ube intore n'inkotanyi uzagere kure. nindamuka menyanye nawe bizanshimisha cyane. ukomeze ukorane umwete. Imana ishimwe
  • nyandwi alfred8 years ago
    imana irakomeye kuba yavutse numugambi imufiteho ajye ayishima nihabwe icyubahiro iteka ryose amen
  • Oliver 8 years ago
    Mana we nubuhamya burebure niyo mpamvu tugomba gushima imana sasita nanijoro ninyembabazi yaramurengeye
  • Arine uwamahirwe8 years ago
    Mbega!!! Imana Ngo iransetsa ark Ntagitangaje usanzwe Uri umunyamahoro waje mumugambi wImana komeza ube intore tuku inyuma
  • mbega8 years ago
    none se nyina yaje gupha? aracyariho? yashatse undi mugabo se nyuma? yooo!





Inyarwanda BACKGROUND