RFL
Kigali

Tom Close asanga u Rwanda rukeneye Perezida Kagame na nyuma ya 2017- Impamvu n'icyo amwisabira

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:16/04/2015 22:53
7


Mu gihe abanyarwanda bakomeje kwibaza ku muntu ushobora kuzayobora u Rwanda nyuma ya 2017 ubwo Manda ya kabiri ya Perezida Paul Kagame izaba irangiye kandi akaba atemererwa n’Itegeko Nshinga kongera kwiyamamariza iya gatatu,umuhanzi Tom Close mu gushishoza kwe asanga Perezida Kagame agikenewe na nyuma ya 2017.



Muyombo Thomas uzwi nka Tom Close akaba umuhanzi nyarwanda ndetse wubatse izina mu gihugu cy'u Rwanda no hanze yarwo, ikindi ndetse akaba ari n’umuganga w’umwuga, yatangaje ko nubwo atari umunyapolitiki ndetse adakeneye no kuba we  ngo asanga u Rwanda rukeneye Paul Kagame na nyuma ya 2017.

Nkuko yabitangarije inyarwanda.com Tom Close nyuma yo kubinyuza ku rukuta rwe rwa Facebook, Tom Close yagize ati "I am not a politician and I don't intend to be one but I believe Rwanda needs Paul Kagame beyond 2017" Aha akaba yashakaga kuvuga ko Nubwo atari umunyapolitiki ndetse adakeneye no kuba we, ngo abona u Rwanda rukeneye Paul Kagame nyuma ya 2017.

Tom Close
 

Mu kiganiro yagiranye n'umunyamakuru wa inyarwanda.com, Tom Close  atabitewe nuko ari umuhanzi ahubwo nk'umuntu usanzwe w'umunyarwanda yasobanuye impamvu ikomeye ashingiraho avuga ko Perezida Paul Kagame akenewe n'u Rwanda na nyuma ya 2017.

Tom Close yagize ati "Nabivuze nk'umuntu usanzwe not nk'umuhanzi(atari uko ndi umuhanzi). Mfite family(umuryango) ikeneye kuba muri iki gihugu gifite iterambere nk'iri kidafite umutekano muke nk'uko byari bimeze kera, gifite igitinyiro (cyiyubashye) kuruhando mpuzamahanga, mbese igihugu kinteye ishema kucyirirwa nk'umunyarwanda. Imihini mishya itera amabavu ntabwo dukwiriye gufata risk(ingaruka) yo gushakisha abandi mu gihe nta guarantee yuko uwamusimbura(uwasimbura Paul Kagame)yaza akomereza aho we agejeje.

Tom Close

Umuhanzi Tom Close

Yakomeje agira ati "Niba rero dufite amahirwe yo kugira umuyobozi umaze kuba inararibonye muri uko kuyobora kandi ukunda igihugu cye wanacyitangira nkuko yabigenje ataranakiyobora akaba atanashaje kuburyo akwiriye kuruhurwa kuki tutamureka agakomeza akatuyobora niba koko turi igihugu kigera kuri demokarasi kitaboshywe n'amategeko gusa. Buri umwe agira opinion ye. Thats my stand point."

Tom Close mu kiganiro twagiranye, yasabye Perezida Paul Kagame niba atazahitamo gukomeza kuyobora u Rwanda, ko yazereka abanyarwanda uwo abona wagirirwa icyizere mu cyimbo cye. Tom Close ati "Natanahitamo gukomeza kutuyobora azatwereke uwo abona twagirira icyizere mu cyimbo cye."

Gideon N.M

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • gloriah9 years ago
    true
  • Jeannette M9 years ago
    Uwambaye ikirezi ntamenya ko cyera. Paul Kagame Ntidukwiriye kumwitesha.
  • Ganza9 years ago
    Ibyo uvuze ni ukuri. Abanyarwanda turacyamukeneye.
  • Jaliah Mupenzi9 years ago
    wakubwira jyewe ukuntu mbyifuza
  • isimbi9 years ago
    Uko tumukeneye kongeraho uko adukunda njye mbona ari amata atanze amavuta. Turi kumwe muri 2017, tuyamuhundagazaho 100/100.Ikitubereye turakizi kuko tuzi aho tuva, aho turi n'aho twifuza kujya.
  • stopira sunsu9 years ago
    ndabona ibyo tom close avuga aribyo koko
  • 9 years ago
    gd tom ntawa kwitesha Muzehe wacu biratinze ngo tumutore





Inyarwanda BACKGROUND