RFL
Kigali

Sugira Ernest yongeye kubagwa, azamara amezi atatu agendera ku mbago (YAVUGURUWE)

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:6/03/2018 17:04
4


Sugira Ernest ni umukinnyi w’ikjipe ya APR FC akaba na rutahizamu mu ikipe y’igihugu Amavubi. Uyu musore wavunikiye mu myitozo y’ikipe y’Igihugu Amavubi akaza kuvurirwa mu bitaro bya King Faisal ari naho yabagiwe bwa mbere, kuri ubu nyuma y'uko imvune ye yanze gukira biba ngombwa ko ajya kubagirwa mu Buhinde aho amaze iminsi.



Uyu mukinnyi waguzwe n’ikipe ya APR FC mu ntangiriro z’umwaka w’imikino wa 2017/2018, yageze mu Buhinde tariki 28 Gashyantare 2018, aho byari byitezwe ko abaganga bazareba ikibazo afite mu kuguru kw’ibumoso, maze nyuma yo kubona ko ikibazo cye kitakize bafata icyemezo cyo kongera kumubaga akaba yabazwe kuri uyu wa Kabiri tariki 6 Werurwe 2018. Nyuma yo kongera kubagwa, abaganga bo mu Buhinde babwiye Sugira Ernest ko azamara amezi atatu agendera ku mbago. 

Sugira Ernest

Sugira Ernest yabazwe ukuguru

Sugira Ernest uri mu Buhinde, yabagiwe mu bitaro bya Medanta the medecity hospital biri mu mujyi mukuru wa NewDelhi. Uyu mukinnyi yavunitse mu kwezi kwa 8 umwaka ushize, ubwo yari mu myitozo n’ikipe y’igihugu yahataniraga itike y’igikombe cya CHAN, bakaba baragombaga guhura n’ikipe ya Uganda mu mukino wo kwishyura wabereye i Kigali, u Rwanda rukaza kuwutsinda ku bitego 2-0.

Sugira Ernest

Sugira Ernest ku gitanda nyuma yo kubagwa

Uyu rutahizamu yagize ikibazo ari mu myitozo, avunika igufwa ry’ukuguru kw’ibumoso, aza kuvurirwa mu bitaro bya King Faisal, ariko ntibyagenda uko yabiteganyaga, kuko igihe cyo kugaruka mu kibuga, uyu musore yaje kongera gutangira kubabara icyo gihe ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bukaba bwarafashe icyemezo cyo kujya kongera kumuvuza noneho mu Buhinde ari naho ari kubarizwa ndetse akaba ari naho yabagiwe.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • diane6 years ago
    yalaa imana imufashe azaveyo amahoro pe kdturamusengera nkabakunzibumupura murwanda byumwihariko abafana ba epiyala
  • jado6 years ago
    Mbabazwa na Rwatubyaye kdi yarumuhanga pe ariko niwowe wizize unjya muri rayon iyo uba muri Apr uba waravujwe waranakize none baririrwa bagukandisha urusenda ngo uzakira .abakinnyi bacu munjye mumenya ubwenge umukinnyi wese ugize imvune ikomeye ari muri rayon ntavuzwa biba birangiye kdi nandi makipe nuko yose mu rda nuko.
  • Mwiza6 years ago
    Mwaramutse,Imana yo mu ijuru imukozeho ikiganza cyayo akire kuko umukinnyi w'umupira uvunitse biba birangiye ariko hejuru ya byose hari Imana isumba byose wizere ko haricyo ihindura kandi iguhe umunezero wo mu mutima kuku ufite agahinda kaboneka ku maso ariko humura, wowe usenge kdi wizere Imana.murakoze
  • M.claire1 year ago
    Ernest niyihangane lmana izamukiza turakomeza kugusengera humura ntuhangayike mwijuru hari lmana ikiza Kandi igufiteho umugambi mwiza.





Inyarwanda BACKGROUND