RFL
Kigali

Social Mula abonye Miliyari ngo yakubakamo studio ihenze cyane, Bibiliya ikamuba hafi

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:26/09/2016 10:57
2


Umuhanzi Social Mula umwe mu bari kuzamuka neza mu muziki nyarwanda, yatangaje ko umuhaye Miliyari imwe y’amafaranga y’amanyarwanda, icyo yakora mu buryo bwihuse ngo ari ukubakamo inzu itunganya umuziki (studio) ihenze cyane, hanyuma Bibiliya igahora iruhande rwe.



Mu kiganiro na Ten to night, Mugwaneza Lambert uzwi nka Social Mula wamamaye mu ndirimbo ‘Abanyakigali’, ‘Umuturanyi’, ‘Ku Ndunduro’ n’izindi yabajijwe icyo yakora aramutse agize amahirwe akabona Miliyari y’amanyarwanda (1.000.000.000Frw) atayivunikiye, agasa nk’uyitoraguye, uyu muhanzi mu gusubiza iki kibazo, yavuze ko yakoramo ikintu cyamwinjiriza kikagirira akamaro na Leta n’abanyarwanda batari bacye. Yagize ati:

"Eeeeeh ko yaba ari menshi cyane, (…) Ikintu cy’ingenzi nakora, umuziki wanjye nawuteza imbere mu buryo budasanzwe. Mu bikoresho bitabura harimo studio kandi iri kuri standard (igezweho)." Abajijwe ikindi kintu kitabura hafi ye, yagize ati “Ni Bibiliya”.

Image result for Umuhanzi uzwi nka Social Mula

Umuhanzi Social Mula yifuza cyane kubaka studio ihenze aramutse abonye amafaranga menshi

Nyuma yo kuvuga ko Bibiliya yamuba hafi, Social Mula yabajijwe niba ubusanzwe nta Bibiliya agira, atangaza ko ayifite ahubwo ko iyo studio aramutse ayubatse, Bibiliya yajya ihora iruhande rwe nkuko bari bamubajije ikintu kindi cyahora hafi ye cyane. Nubwo ibyo byari mu buryo bwo kwifuza, Social Mula yavuze ko hamwe n’Imana no gukora cyane, ashobora kubona byinshi byiza bitari ukwifuza gusa, akaba yagera kuri izo ndoto ze.

REBA HANO 'KU NDUNDURO' YA SOCIAL MULA

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • VAVA7 years ago
    niba wibuka IMANA kandi ukaba uyemera,humura inzozi zawe uzazigeraho maze ugire studio nziza ikomeye mu rwanda. ubundi aho ugeze waruziko wahagera?senga ushize amanga IMANA itanga byose
  • muhanga7 years ago
    turagukunda social ibihangano byawe hamwe nimana bizakugeza aho usha humura imana irikumwe nawe





Inyarwanda BACKGROUND