RFL
Kigali

Radio Isango Star yasezereye abanyamakuru 10 icyarimwe kubera ibibazo bijyanye n'ubukungu

Yanditswe na: Manirakiza Théogène
Taliki:4/09/2015 15:31
14


Radio Isango Star yasezereye abakozi bayo bagera ku icumi, barimo abari bamaranye nayo igihe kirekire ndetse ubuyobozi bunemeza ko bari abakozi beza ariko bakaba babahaye rugari ngo bajye kwishakira akazi ahandi, ubu bakaba bagomba guhabwa ibyo babagomba byose ubundi bakagenda.



Aya makuru y’isezererwa ry’aba banyamakuru, yanemejwe na Jean Lambert Gatare; umuyobozi wa Radio Isango Star, mu kiganiro yagiranye na Inyarwanda.com yashimangiye ko aba bakozi batirukanywe ko ahubwo basezerewe kuko nta makosa babashinja. Avuga ko kubera ikibazo cy’ubukungu barebye bagasanga nta bushobozi bafite bwo gukomeza kubahemba, hanyuma bakaganira nabo bakabamenyesha ko biyemeje kubarekura kugirango babe bajya kwishakira akazi ahandi. Yasobanuye ko bibaho ko hari igihe umuyobozi areba agasanga amafaranga ahemba abakozi ari menshi kandi nta mafaranga ahagije arimo kwinjira.

Jean Lambert Gatare wavuganye n’umunyamakuru wa Inyarwanda.com atari mu biro ngo abashe kutugezaho amazina y’abasezerewe bose, mu bo yabashije kutubwira harimo nka Bujyakera Jean Paul bakunda kwita Gutterman, hakabamo umunyamakuru w’imikino Buhani Happy, hakaza Evariste Twagirayezu, Achille Mazimpaka, Isaac Murutampunzi wakoraga ibya tekiniki, Richard Dan Iraguha na Jean Bertrand Niwejambo. Aba bose n’abandi batatu atabashije guhita yibuka, yahamije ko bagomba guhabwa umushahara wabo hanyuma bakazanagenerwa imperekeza zabo mu minsi ya vuba.

Uku gusezerera abakozi icumi bose icyarimwe, Radio Isango Star ibikoze mu gihe nta wundi munyamakuru iteganya guha akazi nk’uko byemejwe na Jean Lambert Gatare. Aba kandi baseserewe mu gihe iyi radiyo yagiye ibura abandi banyamakuru bakomeye bagiye bayikoraho ariko bakayivaho bajya mu bindi bitangazamakuru.

Mu banyamakuru bakomeye bavuye kuri Isango Star mu bihe bishize, harimo nka Sandrine Isheja wahavuye ajya kuri K FM, Mike Karangwa, Claude Kabengera na Antoinette Niyongira bahavuye bajya kuri Radio 10, Rutamu Elie Joe; umunyamakuru w’imikino wahavuye ajya kuri Radio Rwanda, Kazungu Clever wahavuye ajya kuri TV1 n’abandi.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • sugira8 years ago
    Ibibazo by; ubukungu biri hose aho kugirango wambure umuntu wamusezerera
  • Marino8 years ago
    Abanyamakuru bakomeye ni abameze bate?
  • 8 years ago
    Ndumva bafashe icyemezo cya kigabo aho gushwana nabanyarwanda ubambura wakora kuriya
  • claudine8 years ago
    genda radio isango muratubihirije sport yanyu itarimo happy ntakigenda
  • Marshall8 years ago
    Marino ntukabaze ibibazo by'ubucucu ! Ngo umunyamakuru ukomeye Ninde ? Hanyuma se ubundi umunyakuru yoroha gute ?
  • Gasongo8 years ago
    Si nk'umunsi Radio 10 nayo izakubura. Doreko imaze kugira nayo abanyamakuru agahishyi cyane cyane muri sport na Entertainment.
  • Ngabonziza R8 years ago
    Na Happy Bunani Koko Abakunzi Bimikino Tubabaye. Ibimikino Gatare Yarikubareka. HAPPY IMANA IZAGUHA AKANDI KEZA KDI AHO UZAJYA TUZIMURA URUSHINGE.
  • Uwacu8 years ago
    Niba hari Radio yiyubashye nemera ni Isango Star gusa Munana ntimumukoreho ikiganiro cye ibirari by'ubutegetsi kirakungahaye mu Matwi yacu.
  • Samuel8 years ago
    Ni ko bigenda bihane bazabona ahandi bakora
  • isiyaka8 years ago
    ntakitagira impanvu ntawamenya
  • Eric8 years ago
    Ohhhh birababaje kubura akazi. ariko na none bravo k'ubuyobizi bw'isango star kwanga kuzahemuka bambura bakavugisha ukuri. Uwiteka abafashe kubona akandi
  • alpha8 years ago
    muratubeshye kuri Rutamu kbsa yavuye kuri flash.
  • 8 years ago
    munana ntagende weee mwaba mutubihirije
  • 8 years ago
    Nakundi byagenda gusa radio ibuze abanyamakuru bashoboye bazi icyo gukora nukwihangana





Inyarwanda BACKGROUND