RFL
Kigali

Producer Trackslayer wizihiza isabukuru y’imyaka 7 amaze mu muziki yatangiye gufasha ab’impano badafite amikoro

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:14/11/2017 15:20
0


Trackslayer izina rimaze kumenyekana muri muzika nyarwanda cyane cyane mu njyana ya Hip Hop, nk’umusore ufite ubuhanga mu gutunganya indirimbo z’abaraperi, kuri ubu uyu musore ari kwizihiza isabukuru y’imyaka irindwi amaze muri muzika, yizihiza iyi myaka uyu musore yiyemeje gufasha ab’impano badafite amikoro.



Uyu musore nk'uko ari kubigaragaza muri iyi minsi yaba ku mbuga nkoranyambaga ze aratangaza ko mu rwego rwo kwizihiza imyaka irindwi amaze muri muzika ubu agiye gufasha abanyarwanda bafite impano muri muzika ariko bakaba badafite ubushobozi bwo kuba bakwiyishyurira indirimbo.

trackslayerTrackslayer yashyiriyeho 'promotion' abahanzi badafite amikoro

Uyu musore ubarizwa muri Touch Record ni umwe mu ba producer bakoze indirimbo nyinshi za Hip Hop hano mu Rwanda, yabwiye Inyarwanda.com ko mu myaka  amaze mu muziki amaze kubona ko hari abahanzi bafite impano ariko bakizitiwe no kutagira amikoro bityo ngo agiye gufasha abo ashoboye mu gihe hari cy’amezi abiri iyi gahunda yashyizeho izamara cyane ko yatangiye tariki 15 Ugushyingo 2017  ikazarangira tariki 2 Mutarama 2017.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND