RFL
Kigali

NYUNDO: Imfura 29 mu ntiti za muzika zahawe impamyabushobozi –AMAFOTO

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:18/03/2017 10:09
1


Ishuri rya muzika rya Nyundo riherereye mu murenge wa Nyundo mu kagari ka Nyundo mu karere ka Rubavu, kuri uyu wa Gatanu tariki 17 Werurwe 2017 ryakoze ibirori byo gusoza amasomo ya muzika ku banyeshuri 29 ba mbere barangije muri iri shuri rigengwa n’ikigo cya WDA.



Iri shuri rya muzika ku nyundo riri muri gahunda yo guteza imbere amasomo y’ubumenyingiro mu Rwanda ryatangiye tariki 10 Werurwe 2014. Abaryigamo bafata amasomo mu gihe cy’imyaka itatu bigishwa n’inzobere muri muzika zabyize ndetse by'umwihariko bigiye mu mahanga.

Mu buhamya abanyeshuri barangije aho batanze bashimiye cyane Perezida Paul Kagame ngo watekereje akanashyira imbaraga mu guteza imbere imyuga maze bakiga muzika, amasomo ataratangwaga nk’umwuga mu Rwanda. Bavuze ko na mbere yo kurangiza bari baratangiye kubona ku mafaranga avuye mu bumenyi bafite. Umwe muri aba banyeshuri yagarutse ku bahanzi yagiye afasha kuririmba barimo The Ben uherutse mu Rwanda mu minsi ishize.

Dr James Vuningoma umuyozi w’inteko nyarwanda y’ururimi n’umuco mu izina rya Minisitiri w’Umuco na Siporo yashimiye abanyeshuri barangije anavuga ko Leta ibatezeho byinshi nko kugira abahanzi b'abanyarwanda b'ukuri.

REBA AMAFOTO Y’IBI BIRORI:

NyundoAbayobozi bakigera ahabereye ibiroriNyundoNyundoBamwe mu barimu bigisha aba banyeshuriNyundoSenderi hagati mu babyeyi b'aba banyeshuri barangije kwigaNyundoAbabyeyi inshuti n'abavandimwe bari bitabiriyeNyundoClement wo muri KINA MUSIC yari muri ibi biroriNyundoAbanyeshuri bari baje guhabwa impamyabushoboziNyundoAbanyeshuri biga indi myuga ku NyundoNyundoAbanyeshuri basigaye ku ishuri bari bishimiye bakuru baboNyundoAbanyamakuru bari babukereyeNyundoNyundoUmuziki uraryoha abanyeshuri barangije n'abakiga bishimira bagenzi babo baririmbagaNyundoNyundoNyundoAbakiga ku Nyundo berekanye urwego rwaboNyundoNyundoAbanyeshuri barangije berekanye impano bajyanye hanzeNyundoAbahungu 24 n'abakobwa 5 bose hamwe bakaba 29 bishimira gusoza amasomo yaboNyundoBavaga ku rubyiniro bashimira Might Popo washinze iri shuriNyundoDr Vuningoma James wari uhagarariye RALC yashimiye aba banyeshuriNyundoAba banyeshuri bahaye RALC impanoNyundoIki kigo ukinjiyemo uhita ubona ko higa abanyabugeniNyundoKu Nyundo biragiza Imana iki ni icyumba basengeramoNyundoUyu yiga gushushanyaNyundoAbashoje amasomo yabo bishimira akazi bakoze mu myaka itatu ishize

AMAFOTO: Ashimwe Constantin Shene/Inyarwanda.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • RURANGWA JMV7 years ago
    Nukuri abo banyeshuri turabishimiye birumvikana ko bagiye kujya babikora neza by'umwuga kandi babyumva.





Inyarwanda BACKGROUND