RFL
Kigali

Croidja(Just family)yahamije ko yamaze gufata ikemezo ntakuka cyo guhagarika burundu muzika n’ibijyana nayo kubera 'ALLAH'

Yanditswe na: Seleman Nizeyimana
Taliki:4/09/2015 22:47
5


Croidja ni umwe mu basore bamenyekanye cyane mu muziki nyarwanda, aho yari umwe mubagize itsinda rya Just Family kuva ryatangira kugeza risenyutse akaza kwerekeza muri Afrika y’Epfo aho yakomereje umwuga we wo kudoda yari asanzwe afatanya na muzika ariko akavuga ko namara kumenyera neza azasubukuru ibikorwa bye agakora muzika ku giti cye(solo)



Ibi Croidja yongeye kubihamya mu minsi yashize aho yadutangarizaga ko yatangiye kujya mu biganiro na bamwe mu ba producers ndetse n’amazu atunganya muzika muri Afrika yepfo ngo babe bamufasha gukora ibihangano bishya no kubimenyekanisha, gusa kuri ubu uyu muhanzi ahamya ko yamaze gusanga ibi byose ari ubuyobe ahitamo inzira yo gukurikira Allah nkuko abyivugira yaje gusanga idashobora kubangikanywa na muzika.

Croidja

Ubu Croidja ashyize imbere imyemerere ye y'idini no kunoza umwuga we wo kudoda

Ubwo yaganiraga n’umunyamakuru wa inyarwanda.com, kuri uyu wa Gatanu, abajijwe aho ageze ategura gusubukura ubuhanzi bwe. Mu magambo ye yagize ati “ Sinakubeshya rwose nabonye ibintu bya music kabisa wapi”

Mu gusobanura impamvu yatumye afata iki cyemezo. Croidja yakomeje agira ati “ Nafashe icyemezo cyo kuvuga ngo reka mpagarike imiziki kuko byatuma kandi njya muri za nzira zituma umuntu amenyekana kandi bihabanye na Allah. Iki nicyo gituma navuze nti reka umuziki nkuhagarike kuko idini ryanjye rimaze kunyinjiramo cyane kandi Iman(mfite ububyutse/ubushake)indimo cyane ku buryo nafashe icyemezo cyo kureka umuziki kuko ntibijyanye n’idini kandi imbere ya Allah umuntu yabazwa byinshi niyo mpamvu nafashe iki cyemezo kabisa.”

Croidja

Uhereye ibumoso, Jimmy, Croidja, umukobwa wari wabaherekeje ku itapi itukura(red carpet)mu birori bya Salax Awards 2009 na Bahati

Criodja yari azwi cyane muri Just family nk’umuhanzi uyobora bagenzi be(lead vocalist/lead singer), aho benshi bakundaga cyane ijwi rye n’ubuhanga yari afite mukurikoresha. Indirimbo Mama ni mama yakoze mbere y’uko yishyira hamwe na bagenzi be ba Just Family nayo ikaba yaramamaye cyane mu Rwanda.

Reba hano amashusho y'indirimbo 'Mama ni mama'

Croidja

Croidja muri iyi minsi aragaragaza umutima wo guca bugufi ku Mana(Allah)afata nk'umucamanza w'ubuzima bwe

Croidja afashe iki cyemezo cyo kureka muzika kubera ibyo yita imyemerere ye, nyuma y’uko mugenzi we Bahati bahoranye muri Just family nawe yabaye umurokore gusa we agahitamo kuririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana afatanya no gukora film nazo za gospel.

Bahati

Bahati imbere y'iteraniro ubwo yatangaga ubuhamya nyuma yo kwakira agakiza

Uyu akaba yaranatanze ubuhamya bw’uburyo we na bagenzi be bahoze bari muri Just Family ubwo bari bamaze kuba batatu Kim Kizito amaze kuyivamo bayobotse inzira y’ubupfumu batangira gukoresha imbaraga z’umwijima kugirango barusheho kuzamuka.

Bahati

Ubuhamya bwe bamwe barabwemeye abandi babwamaganira kure

Ibi byaje gushimangirwa n’uyu Croidja gusa avuga ko mu buhamya bwa Bahati harimo byinshi by’ibinyoma bitaribyo yagiye agoreka agamije kuryoshya inkuru n’izindi nyungu ze bwite, byatumye aba bagabo bombi batanacana uwaka dore ko nyuma y’ubu buhamya baje guterana amagambo mu itangazamakuru.

Kanda hano wongere urebe ubuhamya bwa Bahati

Croidja

Kibikiratorwa Radjabu wamenyekanye nka Croidja yari asanzwe ari umuyoboke w'idini ya Islam gusa kuri ubu avuga ko yacengewe cyane n'imyemerere bituma abona ko gukora umuziki ari ubuyobe

j 

Aha Just family bari bakiri bane, Uhereye i bumuso ni Bahati, Jimmy(M Green), Kim Kizito na Croidja

Reba hano amashusho y'indirimbo 'Turiho' bamenyekaniyeho cyane ubwo bari bakiri bane

Reba amashusho y'indirimbo 'Bakubwire'

Reba iyo bise 'Bareke'

Nyuma, iyi ndirimbo 'Bareke' baje kuyisubiranamo na Miss Jojo

Reba 'Bindimo' bakoranye na Bull Dogg

Ese wowe ni iyihe ndirimbo ikwibutsa iri tsinda bigaragara ko ritazagaruka ukundi?






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • solange8 years ago
    yeweee mbega groupe yarangiye noble
  • Numviyabagabo Yussuf8 years ago
    Rajabu(croija) yafashe ikemezo nyacyo kandi na Nyagasani azamworohereza ibibazo bye kubera yaretse inzira y'ubuyobe akurikira inzira imuganisha ku Mana gusa nkanagira uriya mugenziwe warokotseko nawe atari byiza kuba abwiriza abakristu ashyiramo amagambo yo kuryoshya ko ataribyo,ahubwo ko agomba kuvuga ibintu auko byabaye kandi bose babiciemo bakabyumva kimwe gusa bose bafashe umwanzuro uboneye mukurangiza navugako ari nk'isomo batugaragarije n'abandi barebereho bamenyeko igsubizo cy'ubuzima ari ukumenya Imana gusa.
  • Cola8 years ago
    Birababaje nuku ntu uyu musore yagiraga ijwi ryiza ntigeze numvana abandi, ahubwo rwowe ni agerageze agaruke.
  • Dada8 years ago
    ababasore baribagizwe nabapfumu ! none barahindutse, niyompamva, uyu yikuriyemo ake karenge, nimuhindukirire Uwiteka kuko niwe byose
  • merci8 years ago
    bindimo bari kumwe na bull dog pe





Inyarwanda BACKGROUND