RFL
Kigali

Nyina wa Mbonigaba Jackson wishwe n’impanuka avuye kureba umukino w’Amavubi nawe yasezeye ku isi

Yanditswe na: Manirakiza Théogène
Taliki:6/02/2016 13:41
80


Mbonigaba Muyeye Jackson wapfuye avuye kureba umukino w’ikipe y’igihugu Amavubi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, akurikiwe na nyina umubyara nyuma y’icyumweru kimwe gusa, uyu nyina akaba apfuye atarigeze anamenya amakuru y’urupfu rw’umwana we.



Kuwa Gatandatu tariki 31 Mutarama 2016, mu masaha y’umugoroba, nibwo Jackson Muyeye Mbonigaba yavuye kuri Sitade Amahoro i Remera mu mukino wa CHAN wahuzaga u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, atega moto ariko iza kugongwa n’ikamyo ku Kicukiro mu mujyi wa Kigali, ahita ahasiga ubuzima.

jackson

Jackson Mbonigaba Muyeye yapfuye hashize igihe gito akoze ubukwe n’umugore we, bivugwa ko yabanje guca amarenga yo gusezera ku isi kuko mu gihe cyo kumushyingura uyu mugore we yavuze ko nyakwigendera yatabarutse yaraye amubwiye ko yarose apfusha umuntu w’inshuti ye, ndetse ngo yari yanamusabye ko yarushaho gukunda no kwita cyane ku muryango we.

Jackson yapfuye amaze amezi macye akoze ubukwe none na nyina ahise amukurikira

Jackson yapfuye amaze amezi macye akoze ubukwe none na nyina ahise amukurikira

Icyo gihe iyi nkuru ibabaje yanyuze mu bitangazamakuru bitandukanye ndetse n’amafoto ye aherekejwe n’ubutumwa bw’akababaro bicicikana ku mbuga nkoranyambaga, bigaragaza ko urupfu rwe rwashenguye imitima y’abatari bacye barimo n’abatari basanzwe bamuzi mu buzima busanzwe.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 6 Gashyantare 2016, nyuma y’icyumweru uyu mugabo avuye ku isi, nyina wari umaze igihe arembye nawe yashizemo umwuka, umubabaro n’agahinda bikomeza kwibasira umuryango wabo. Uyu nyina wa Jackson yari amaze igihe arwaye kanseri, ndetse ntabwo yigeze amenya amakuru y’urupfu rw’umuhungu we kuko yari ari muri koma nk’uko abo mu muryango we babitangarije Inyarwanda.com.

Ubwo Jackson yamaraga gupfa, hari ibihuha byacicikanye byavugaga ko na nyina wari urwaye yahise apfa akimara kumenya ko impanuka yahitanye umuhungu we, nyamara ibi ntibyari ukuri kuko na mbere y’uko Jackson akora impanuka, nyina yari arembye cyane ari muri koma kuburyo atari kubasha kumenya iby’ibyago byagwiriye umuryango we.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • 8 years ago
    Imana ibahe iruhuko ridashira
  • Aimable 8 years ago
    Mwihangane Mwihangane kandi mukomere, muryango wabo bavandimwe, imana ibahe iruhuko ridashira
  • Yoooo8 years ago
    Bihangane ni ukuri Imana niyo nkuru...
  • 8 years ago
    imana imwakire mubayo
  • simple8 years ago
    Niba koko nyuma yubu buzima haba ubundi reka twizere ko ubu bari kumwe mubyinshimo nkuko abakozi bimana babitubwira!!
  • 8 years ago
    Imana ifashe abasigaye ibongerere imbaraga muri ibi bihe bitoroshye barimo.
  • Pascal8 years ago
    Mubyukuri Imana yo mwijuru niyo ibixi ibigomba kubaho byose birababaza kuburira rimwe abantu babiri mumuryango.bakomeze kwihangana kuko twese niho tugana.
  • Hassan8 years ago
    Birababaje,Imana Izamwakiremubayo! Yitetekubasigaye
  • Bruno8 years ago
    pole xana kuruyu muryango kdi aba bavandimwe imana ibskure mubayo
  • Tumwine Abel8 years ago
    May their souls rest in internal peace
  • amani8 years ago
    Tuzahora tumwibuka
  • pasteur8 years ago
    Mana Data wa twese tabara kandi urengere ndetse unakomeze abasigaye bo muri uyu muryango cyane cyane uyu mugore upfakaye akiri muto. Amen
  • muragwa 8 years ago
    mwisi niko bimera nukwihangana mamadame Kabisa yihangane
  • eric8 years ago
    yoooo!!!! imana imuhe iruhuko ridashira ubuse umufashawe asigaye nande niyingane ? birababaje kbs????
  • 8 years ago
    Imana yongere ibyiringiro byokubaho mu basigaye.
  • yvette8 years ago
    yooh pole sana.imana ibahe ibiruhuko bidashira.gusa biteye agahinda
  • Adrien Twiringiyimana8 years ago
    lmana ibahe ikiruhuko kidashira tuzahora tubibuka murakoze
  • Ishime8 years ago
    Nibihangane mu isi ntamahoro iyi minsi bayibemo nkabafite ibyiringiro byo kuzabona ababo. Bidutere imbaraga zo guhora twiteguye kuko natwe tuzasinzira.
  • 8 years ago
    ni iwabo wa twese ; iruhuko ridashira mukecu....
  • comment8 years ago
    olalala..Imana ibakire mu bwami bwo mwijuru..Umuryango wabo wihangane. Aho bagiye niho heza..Mu bibi no mu byiza tugomba gushima Imana.





Inyarwanda BACKGROUND